Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

radiotv10by radiotv10
06/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Nicolás Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela uherutse gufatwa na Leta Zunze Ubumwe za America zimusanze mu Gihugu cye, ubwo yagezwaga imbere y’Urukiko ku nshuro ya mbere, yavuze ko akiri Perezida, anagaragaza agahinda k’ibyo yakorewe.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere aho Maduro n’umugore we Cilia bagezwaga imbere y’Urukiko rwo ku Rwego rw’Akarere mu Majyepfo ya New York.

Aba bombi bahakanye ibyaha byose baregwa nk’uko bikubiye mu kirego cy’ibyaha bashinjwa birimo umugambi w’iterabwoba ushingiye ku biyobyabwenge, umugambi wo kwinjiza Cocaine mu Gihugu, n’ibyaha bibiri bijyanye n’intwaro.

Maduro aregwa ibyaha byose bine, mu gihe umugore we Flores ashinjwa kwinjiza Cocaine mu Gihugu n’ibyaha byo gutunda intwaro, ariko we akaba adashinjwa iterabwoba rishingiye ku biyobyabwenge, icyaha gihanishwa igihano kirekire. Inyandiko y’ibirego ivuga abandi bane, batashyikirijwe urukiko uyu munsi.

Mu magambo ye ya mbere, Maduro yagize ati “Ndi perezida wa Repubulika ya Venezuela… Nashimutiwe iwanjye i Caracas, muri Venezuwela. Ndi perezida washimuswe, imfungwa y’intambara. Ndi umwere. Nta cyaha nakoze. Ndi indakemwa.”

Umucamanza w’Urukiko Alvin Hellerstein, yaciye mu ijambo Maduro, amubwira ko ibyo yari atangiye kuvuga byo gushimutwa bizaganirwaho n’Urukiko “mu izindi nzira z’amategeko” mu iburanisna rizaba nyuma. Urubanza rutaha ruza tariki 17 Werurwe.

Umunyamategeko wunganira Maduro, Barry Pollack, yavuze ko hari “ibibazo bijyanye n’amategeko y’ishimutwa rye rya gisirikare.” Bikwiye kubanza kuganirwaho.

Naho Flores, Madamu wa Maduro, we yagize ati “Ndi Madamu wa Perezida wa Repubulika ya Venezuela.” Ubwo yasabwaga kwiregura ku byaha bitatu aregwa, yasubije ati “Nta cyaha nigeze nkora, nta na kimwe.”

Maduro na Madamu we Flores bajyanywe muri Leta Zunze Ubumwe za America, ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, nyuma yuko itsinda ry’abakomando kabuhariwe b’igisirikare cya America, babasanze mu rugo rwabo ruri i Caracas, umurwa mukuru wa Venezuela.

Maduro n’umugore we ubwo bajyanwaga ngo bagezwe imbere y’Urukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby'ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y'umukino utegerejwe na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.