• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
07/01/2026
in MU RWANDA
0
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu mugabo afite ubumuga ahubwo ko ari amayeri yakoreshaga kugira ngo asabe abantu ubufasha, ariko yemeza ko uburyo yafashwemo bigomba gukurikiranwa ubwabwo.

Ni nyuma yuko umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa X, ashyizeho amashusho agaragaza uyu mugabo ari gufatwa n’abantu bambaye imyambaro ya gisivile mu Mujyi wa Kigali, bakamujugunya mu modoka y’umweru.

Nubwo ntakigaragaza ko aba bantu ari abo mu nzego z’umutekano, uyu ukoresha konti yitwa Roger Official 48 kuri X, yabajije izi nzego niba bikwiye ko muntu ufite ubumuga yafatwa muri buriya buryo.

Muri ubu butumwa yanditse abaza inzego nka Polisi y’u Rwanda Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ndetse n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, n’abavugizi b’izi nzego, yagize ati “Ibi bintu birakwiye koko ku muntu ufite ubumuga koko? Ubu bunyamwuga buke tubwite Gati ki?!!”

Mu kumusubiza, Polisi y’u Rwanda yahakanye aya makuru yatangaje ko uriya muntu afite ubumuga, ivuga ko atari ukuri, ahubwo ko uriya muntu yakoreshaga ayo mayeri kugira ngo abone uko asaba.

Uru rwego rushinzwe umutekano w’abantu n’ibyabo, rwagize ruti “Uwafashwe nta bumuga afite. Yigaragaje nk’ufite ubumuga akabikoresha asaba abantu ubufasha cyangwa amafaranga. Uburyo yafashwemo bikurikiranwa ukwabyo.”

Uyu wari watangaje ariya makuru, na we yongeye kugaruka ku uru rubuga nkoranyambaga, atangaza ko yari yahawe amakuru atari ukuri, kuko na we yaje kumenya ko uriya muntu adafite ubumuga.

Mu butumwa yongeye gushyira kuri X, uyu Roger Official 48 yagize ati “Gukosora Inkuru: Uwagaragaye mu mashusho ntabwo afite ubumuga ahubwo yigira ko afite ubumuga nk’uko Polisi y’u Rwanda ibivuga.”

Nubwo Polisi y’u Rwanda yatangaje ko uburyo uriya muturage yafashwemo bizakurikiranwa, kugeza ubu, ntiharatangazwa icyaba cyakozwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Next Post

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk'Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.