Saturday, July 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hashyizweho Komisiyo idasanzwe y’Abasenateri izagenzura uko abatujwe mu midugudu babayeho

radiotv10by radiotv10
29/12/2021
in MU RWANDA
0
Hashyizweho Komisiyo idasanzwe y’Abasenateri izagenzura uko abatujwe mu midugudu babayeho
Share on FacebookShare on Twitter

Sena y’u Rwanda yashyizeho Komisiyo idasanzwe y’Abasenateri ishinzwe kwiga ku bibazo biri mu midugudu y’Ikitegererezo n’indi midugudu ituzwamo abadafite aho baba yakunze kuvugwamo ibibazo byanatumye bamwe bifuza kuva muri iyo midugudu bagasubira aho babaga.

Iki cyemezo cyo gushyiraho Komisiyi idasanzwe y’Abasenateri, cyafashwe kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ukwakira n’Inteko Rusange ya Sena.

Iyi Komisiyo idasanzwe ishinzwe kureba ibibazo binyuranye biri mu midugudu yaba iy’Icyitegererezo (IDP Model Villages) n’indi midugudu Leta ituzamo abantu mu rwego rwo gukemura ibibazo by’abadafite aho baba.

Iyi Komisiyo idasanzwe kandi izagenzura imiterere n’ibikorwa remezo biri mu midugudu nk’Amazi, amashanyarazi, inyubako, biogaz n’imihanda.

Izanagenzura kandi imibereho y’abatujwe mu midugudu harebwa ibijyanye n’ubuzima, gahunda z’iterambere, uburezi, imyidagaduro n’ibindi.

Komisiyo idasanzwe izanareba ibijyanye n’imibanire y’abatuye mu midugudu, uko bakemura amakimbirane na gahunda ya Ndi Umunyarwanda. Izanasuzuma kandi ibijyanye n’imiyoborere, n’uko abayituyemo basobanurirwa uruhare rwabo mu gufata neza ibyo bahawe no kwiteza imbere.

Ni komisiyo igizwe n’Abasenateri batandatu ari bo Mureshyankwano Mari Rose akaba ari na we Perezida wayo, Nsengiyumva Fulgence akaba ari Visi Perezida ndetse n’abandi bayigize ari bo Mupenzi Georges, Kanziza Epiphanie, Dr Havugimana Emmanuel na Uwera Pelagie.

Mureshyankwano Marie Rose yatangaje ko bagiye kumanuka bakajya muri imwe mu midugudu yatujwemo Abanyarwanda kugira ngo barebe imibereho yabo.

Ati “Icy’ingenzi kizaba kitujyanye muri iyi midugudu nk’Abasenateri ni ukureba uburyo abatujwe muri iyi midugudu byahinduye ubuzima bwabo burushaho kuba bwiza, tukareba ibibazo byaba birimo.”

Yavuze ko mu byo bazareba harimo imibereho y’abayitujwemo, imibanire hagati yabo “niba abana babo biga, niba babungabunga ibikorwa remezo bahawe ndetse tukanareba niba ibikorwa remezo byagombaga gushyirwamo byarashyizwemo.”

Abatujwe muri iyi midugudu kandi bahabwa ibikorwa bizabafasha kubaho nko korozwa amatungo maremare ndetse n’amagufi ndetse bakubakirwa n’ibiraro byo kuyororeramo.

Hon Mureshyankwano avuga ko bazagenzura niba ibi bikorwa koko byarahinduye ubuzima bw’aba baturage.

Ati “Ariko tuzanamenya ibibazo biri muri iyo Midugudu nk’uko biri mu nshingano za Sena tugire inama Guverinoma ku cyakorwa kugira ngo icyatumye iyo Midugudu yubakwa kigerweho nk’uko yubatswe hifuzwako abahatujwe ubuzima bwabo buba bwiza bakanarushaho kwiteza imbere.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + ten =

Previous Post

Kigali: Basanze umugabo yapfiriye mu gishanga bikekwa ko na we yazize inzoga y’inkorano

Next Post

Nyanza: Yagiye gukoresha imodoka mu igaraje ayakije ihita ishya irakongoka

Related Posts

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Yagiye gukoresha imodoka mu igaraje ayakije ihita ishya irakongoka

Nyanza: Yagiye gukoresha imodoka mu igaraje ayakije ihita ishya irakongoka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.