Sunday, July 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyanza: Yagiye gukoresha imodoka mu igaraje ayakije ihita ishya irakongoka

radiotv10by radiotv10
29/12/2021
in MU RWANDA
0
Nyanza: Yagiye gukoresha imodoka mu igaraje ayakije ihita ishya irakongoka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu igaraje riherereye mu Kagari ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza habereye inkongi y’umuriro yafashe imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yahiye ubwo umushoferi yayatsaga.

Iyi nkongi yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ukuboza 2021 ubwo iyi modoka yagiraga ikibazo bigatuma umushoferi wayo ajya kuyikoresha.

Ubwo yari mu igaraje ya Kompanyi yitwa Smart Garage, umushoferi watwaraga iyi modoka isanzwe yifashishwa mu ngendo rusange, yayakije ihita ifatwa n’umuriro irashya irakongoka.

Bamwe mu bazi iby’ibinyabiziga bari muri iri Garaje batangaza ko umuriro watangiriye muri moteri y’iyi modoka ndetse ko ari ho hari ikibazo.

Umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme yavuze ko iyi mpanuka yabaye koko ari ko nta muntu yahitanye ndetse ko nta bindi byangiritse uretse iyi modoka gusa yahiye igakongoka ariko ibindi byose biri mu igaraje ntacyo byabaye.

Ntazinda Erasme atangaza ko ubwo iyi nkongi yabaga, Polisi ishinzwe kuzimya inkongi yahatabaranye ingoga ikaza kuzimya uyu muriro kugira ngo utaza gufata inyubako za ririya garaje.

Yagize ati “Inzu z’iryo garaje zirimo ibikoresho byifashishwa ntizagira icyo ziba gusa imodoka yo yahiye irakongoka.”

Hamaze iminsi hagaragara inkongi zibasira imodoka zo muri ubu bwoko. Mu mpera z’ukwezi gushize, imodoka na yo yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yari isanzwe itwara abanyeshuri, yafatiwe n’inkongi y’umuriro ubwo yari igeze mu Kagari ka Karembure mu Murenge wa Gahanda mu Karere ka Kicukiro.

Iyi modoka yari irimo n’abanyeshuri yari ijyanye ku ishuri, na yo yarahiye irakongoka ariko ku bw’amahirwe nta muntu n’umwe wagiriye ikibazo muri iyi mpanuka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − twelve =

Previous Post

Hashyizweho Komisiyo idasanzwe y’Abasenateri izagenzura uko abatujwe mu midugudu babayeho

Next Post

MINEDUC yasabye Abarimu kuzatangira igihembwe gitaha barikingije urukingo rwa gatatu

Related Posts

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Every girl and woman who goes through the menstruation period knows the feeling, the shift in the body and the...

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

IZIHERUKA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period
MU RWANDA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

12/07/2025
Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MINEDUC yasabye Abarimu kuzatangira igihembwe gitaha barikingije urukingo rwa gatatu

MINEDUC yasabye Abarimu kuzatangira igihembwe gitaha barikingije urukingo rwa gatatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.