• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

radiotv10by radiotv10
08/01/2026
in IMYIDAGADURO
0
Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda muri iki Gihugu, ku isonga haza Perezdia Paul Kagame “kuko afata Abanyarwanda bose nk’abana be.”

Uyu Munyasudanikazi uvuga ikinyarwanda ijambo ku rindi nk’uwakuze avuga uru rurimi ruhuza Abanyarwanda, akunze kugaragara ku mbuga nkoranyambaga, avuga uburyo akunda u Rwanda, ndetse agaragaza ko yamaze gutora Umuco w’iki Gihugu irimo kubyina imbyino gakondo.

Mu butumwa bw’amashusho yashyize hanze, Kuecky William AKA Gaju, yatangiye agira ati “Ndabasuhuje cyane, kandi umwaka mushya kuri twese, ndi Gaju Nyakuecky wo muri Sudani y’Epfo, kandi ndi Umunyarwanda.”

Yakomeje avuga ibintu bitatu akunda mu Rwanda, ati “Icya mbere, nkunda Perezida wacu, ndamukunda cyane kuko afata Abanyarwanda nk’abana be, akunda Igihugu cyane.”

Akomeza avuga ko icya kabiri ari umuco w’Abanyarwanda wihariye wo kugira urugwiro, aho avuga ko bawihariyeho agereranyije n’abandi Banyafurika.

Ati “Mufite umuco utandukanye cyane muri Afurika yose; mukunda abantu, mufata abantu neza pe, muri abantu beza.”

@kuecky.william.de

#creatorsearchinsights

♬ original sound – kuecky William deng

Yavuze kandi icya gatatu na cyo u Rwanda rukihariyeho ku Mugabane wose wa Afurika, ati “Isuku. Mu Rwanda ni hezaaa, umva Abanyarwanda mufite isuku, nkunda Abanyarwanda cyane.”

Nyakuecky William AKA Gaju, avuga ko rimwe aba yifuza gusubira muri Sudani y’Epfo kuko ari Igihugu cye cy’amavuko, ariko urukundo afitiye u Rwanda na rwo rukahamwibagiza.

Ati “Ukuntu nkunda mu Rwanda njyewe, ntabwo nashobora kubivuga. Ikindi ni Perezida. Muri Afurika yose, ntabwo wabona umuntu nka Perezida wacu Kagame.”

Abanyamahanga hafi ya bose bagera mu Rwanda, bararutangarira, ku buryo hari n’aba bafite gahunda zizamara igihe runaka nko kwiga, barangiza bagafata icyemezo cyo kuguma muri iki Gihugu cy’imisozi Igihumbi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − two =

Previous Post

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Next Post

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.