Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

radiotv10by radiotv10
13/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran kizashyirirwaho umusoro wa 25% ku bicuruzwa byose gicuruzanya na Amerika.

mu gihe Washington iri gusuzuma uko yakwitwara ku bibera muri Iran, aho kuri ubu imyigaragambyo irwanya ubutegetsi ikomeje gufata indi ntera.

Abinyujije ku rubuga Truth Social, Trump yagize ati: “Kuva aka kanya, igihugu icyo ari cyo cyose gikora ubucuruzi na Repubulika ya Islamu ya Iran kizishyura umusoro wa 25% ku bucuruzi bwose kizakorana na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kandi iri tegeko ni ntakuka.”

Iyo misoro ya gasutamo kandi izajya yishyurwa n’abatumiza ibicuruzwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika babivanye muri ibyo bihugu.

Igihugu cya Iran, kiri mu muryango w’ibihugu bitunganya peteroli bya OPEC, cyari kimaze imyaka myinshi n’ubundi cyarafatiwe ibihano bikomeye na Washington, ndetse cyari gisanzwe cyohereza igice kinini cya peteroli yacyo mu Bushinwa, mu gihe Turikiya, Iraq, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) n’u Buhinde biri mu bihugu bikomeye ikorana na byo mu bucuruzi.

Ambasade y’u Bushinwa i Washington yanenze iki cyemezo cya Trump, ivuga ko u Bushinwa buzafata ingamba zose zikenewe mu kurengera inyungu zabwo, ndetse yamagana ibihano byose bitemewe bishyirwaho ku ruhande rumwe n’uburyo Trump akoresha ububasha afite no hanze y’imbibi z’igihugu cye.

Abinyujije ku rubuga X, Umuvugizi wa Ambasade y’u Bushinwa i Washington yagize ati: “Uko u Bushinwa buhagarara burwanya ishyirwaho ry’imisoro ya gasutamo mu buryo butarobanura ni ihame ridahinduka kandi risobanutse. Intambara z’imisoro n’iz’ubucuruzi nta batsinzi zigira, kandi igitutu n’igitugu ntibishobora gukemura ibibazo.”

Ni mu gihe ibihugu by’u Buyapani na Koreya y’Epfo, byombi biheruka kumvikana na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku masezerano y’ubucuruzi umwaka ushize, byatangaje kuri uyu wa Kabiri ko bihanze amaso ikigiye gukurikiraho.

Minisiteri y’Ubucuruzi ya Koreya y’Epfo yagize iti: “Twiteguye kuzafata ingamba zose zikenewe, mu gihe ibikorwa bya Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika bizaba bimaze gusobanuka.”

Trump atangaje ibi bihano ku bihugu bikorana ubucuruzi na Iran, mu gihe imibare ya vuba ya Banki y’Isi igaragaza ko mu mwaka wa 2022 Iran yohereje ibicuruzwa mu bihugu 147 byari abafatanyabikorwa bayo mu bucuruzi.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 3 =

Previous Post

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Next Post

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage
AMAHANGA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.