• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

radiotv10by radiotv10
13/01/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo bari mu rugamba n’ihuriro AFC/M23.

Amakuru dukesha ikinyamakuru SOS Médias Burundi, avuga ko abo basirikare b’u Burundi, batangiye koherezwa hagati ya tariki ya 29 Ukuboza 2025, na tariki ya 4 Mutarama 2026.

Iki kinyamakuru kivuga ko aba basirikare bu Burundi barimo koherezwa mu rwego rwo gushyigikira abasanzweyo mu rugamba rwo guhangana na M23 no gushimangira umutekano mu duce dufatwa nk’aho ari ingenzi, cyane cyane mu gace ka Fizi (Bibokoboko, Point Zéro, Milimba) no mu Ntara ya Tanganyika, cyane cyane umujyi wa Kalemie, umurwa mukuru w’iyi Ntara.

Nk’uko amakuru aturuka kuri polisi n’igisirikare abivuga, imodoka za gisirikare zigera ku icumi n’imodoka zitwara abasirikare b’u Burundi byatangiye gukoreshwa kuva tariki ya 31 Ukuboza 2025 zijyana abo basirikare.

Amakuru avuga ko izi modoka zatundaga abo basirikare mu bihe bya nijoro. Iki kinyamakuru kivuga ko umwe mu basirikare, utarashatse ko izina rye ritangazwa, yavuze ko iki gikorwa cyabanjirijwe n’icyiciro cyo gusubiza kongera kubyutsa ibikorwa by’igisirikare gicunga umutekano wo mu mazi.

Nanone kandi amakuru avuga ko mu cyumweru gishize, amato y’u Burundi yatwaye inshuro ebyiri abasirikare ba FARDC ndetse n’abarwanyi ba Wazalendo bari bahungiye mu birindiro bya gisirikare by’u Burundi, cyane cyane mu birindiro bizwi nka “camp chinois” no mu birindiro bya Gatumba, mu burengerazuba bw’u Burundi, hafi y’umupaka na DRC.

Izi ngabo za Kongo zajyanywe mu bwato zijya Kalemie zivuye mu birindiro by’ingabo z’u Burundi mu mazi biri hafi y’icyambu mpuzamahanga cya Bujumbura.

Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano ashimangira ko iyi mikorere mishya y’ingabo ije nyuma yuko hari abasiriakre benshi b’u Burundi bahunze urugamba nyuma yo gukubitwa incuro na AFC/M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 3 =

Previous Post

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Next Post

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.