Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

radiotv10by radiotv10
16/01/2026
in SIPORO
0
Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda, ababwira ko batagomba kugendera ku kwishimira kwakira iri rushanwa gusa, ahubwo bagomba no guhatana.

Iki Gikombe cya Afurika kizatangira gukinirwa mu Rwanda kuva ku wa Gatatu w’icyumweru gitaha, tariki ya 21 kugeza kuya 31 Mutarama 2026.

Minisitiri Mukazayire yabahaye uyu mukoro kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Mutarama 2026, ubwo yabakiraga muri BK Arena bari kumwe n’umutoza wabo Umunyatunisia Hafedh Zouabi, ndetse baherekejwe na Perezida wa Federasiyo ya Handball, Twahirwa Alfred.

Madamu Mukazayire yasabye abakinnyi kuzakinana umuhate kandi bakibuka ko bahagarariye Abanyarwanda bose kandi na bo biteguye kubashyigikira.

Ati: “Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa, tugomba kwakira neza tukanitwara neza tukaza mu ba mbere. Ni ishema kuba dushoboye kwakira iri rushanwa, dufite ikipe ikina kandi ifite ubushobozi bwo kongera kwitabira igikombe nk’iki atari ukwitabira gusa kuko twakiriye.”

Yongeyeho ati: “Handball ni umukino dushyigikiye kandi ni siporo tubonamo ejo heza. Iri muri siporo itwereka ko gutangirira mu bato bishoboka, ikaba ari siporo ishobora gutuma tugira icyizere. Iyo wabonye aho ufite amahirwe, urushaho kuhashyira imbaraga. Mu myaka itatu iri imbere, dushobora kuba turi mu bihugu bitatu bya mbere muri Afurika bishobora kwinjira mu Gikombe cy’Isi banabitsindiye.”

Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Kwisanga Peter, wavuze ahagarariye abakinnyi, na we yijeje Minisitiri ko abakinnyi bose bameze neza kandi biteguye guhagararira neza igihugu muri iri rushanwa.

Kwisanga yabwiye Minisitiri ko intego ya mbere bihaye ari ukubanza kurenga imikino y’amatsinda bakaza mu makipe umunani ya mbere, nyuma bakazabona kwihangira izindi ntego.

U Rwanda ruri mu itsinda rimwe na Algeria, Nigeria na Zambia, ari na yo ruzaheraho mu mukino ufungura irushanwa ku wa Gatatu w’icyumweru gitaha.

Ibihugu bitanu bya mbere muri iri rushanwa bizabona itike y’Igikombe cy’Isi.

Mu kwitegura, u Rwanda rumaze gukina imikino ibiri ya gicuti. Umukino wa mbere rwatsinzwe na Gabon ibitego 31 kuri 29, uwa kabiri rutsinda Cameroun ibitego 27–26.

Umukino wa gatatu, ari na wo wa nyuma wo kwitegura, u Rwanda rurongera gukina na Gabon kuri uyu wa Gatanu tariki ya 16 Mutarama 2026, umukino uzabera muri Petit Stade saa 19:00.

Ku ikubitiro, u Rwanda rwari rugiye gukina na Congo Brazzaville ku wa Gatatu tariki ya 14/01/2026, ariko Congo iza gutangaza ko itazagera mu Rwanda.

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu bizeje Minisitiri kuzitwara neza
Abayobozi muri Federasiyo ya Handball na bo bavuga ko ikipe ihagaze neza
Minisitiri Mukazayire yasabye abakinnyi kuzibuka ko bazaba bahetse ibendera ry’u Rwanda

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Next Post

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.