Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku masezerano y’i Doha, aho rwakoresheje indege zitagira abapilote zigashanyaguza bimwe mu bikorwa byo muri Uvira, zikanahitana ubuzima bw’abaturage.
Byatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, kuri uyu wa Kane wavuze ko ibi bitero by’indege zitagira abapilote (Drone) byaberete mu gace ko muri Uvira.
Kanyuka watangiye avuga ko “Ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano” yavuze ko biriya bitero byabaye ku manywa y’ihangu ku ya 14 Mutarama 2026 saa munani n’iminota makumyabiri.
Yagize ati “Indege zitagira abapilote z’abarwanyi b’impuzamugambi z’ubutegetsi (bwa DRC) zateye ibisasu ku cyambu cya Kalundu muri Uvira, bitera kwangirika gukomeye kw’ibikoresho ndetse binahitana ubuzima bw’abantu.”
Kanyuka wanagaragaje amafoto y’ibikorwa byangijwe na biriya bitero bya drones za FARDC n’abambari bayo, yakomeje avuga ko iri Huriro rya AFC/M23 risaba abarimo Umuryango Mpuzamahanga kwirebera ibiriho bikorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje kurenga ku masezerano bwishyiriyeho umukono i Doha muri Qatar.
Ubutegetsi bwa Congo n’ababurwanirira, bakomeje kuvugwaho kurenga kuri ariya masezerano, mu gihe iri Huriro rwa AFC/M23 riherutse kurekura Umujyi wa Uvira ryari ryafashe, akaba ari na wo warashwemo biriya bisasu byarashwe na za drones.
Iri Huriro kandi ryakunze kuvuga ko ridashobora kwihanganira kubona ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeza gukora ibikorwa nka biriya bibangamira Abanyekongo, kuko rizajya rijya guhangana na byo ku isoko y’aho bitegurirwa.
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga aherutse kuvuga ko urugamba rwo kobohora DRC, rukomeje, kandi ko abakekaga ko rwarangiye, ahubwo bakwiye kumva ko ari bwo rugitangira.


RADIOTV10










