• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

radiotv10by radiotv10
16/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano ya Politiki yanenzwe na bamwe mu babyeyi n’abarezi.

Ni nyuma yuko amwe mu mashuri yo muri Komini ya Kirundo, akorewemo ibyo bikorwa bya Politiki, arimo Ishuri Ribanza rya Gikuyo, Ishuri rya Kavomo, n’ishuri rya Islam ryo muri ako gace.

Amakuru avuga ko ku ya 10 Mutarama umunsi wo ku wa Gatandatu, hateguwe igikorwa cyo kwerekana imbaraga cya CNDD-FDD mu mujyi wa Kirundo, mu Ntara ya Butanyerera, mu majyaruguru y’u Burundi.

Kuri uwo munsi, abanyeshuri bo muri ariya mashuri bashishikarijwe kwitabira isiganwa ryakurikiwe n’urugendo rwa politiki mu mihanda y’umujyi, bituma ibikorwa by’itangwa ry’amasomo ryari riteganyijwe uwo munsi bihagarikwa.

Umubyeyi w’umunyeshuri umwe wiga mu Ishuri Rikuru rya Tekiniki rya Municipal ya Kirundo, yagize “Abana bacu bagombaga gusubira ku ishuri kwiga cyangwa amasomo yo kwiyitaho ku wa Gatandatu. Ahubwo, bajyanywe mu bikorwa bya politiki.”

Ababyeyi benshi bahangayikishijwe no kuba abana bato bacengezwamo ibitekerezo bya bya politiki aho kwigishwa amasomo azabagirira umumaro mu bihe bizaza.

Umubyeyi w’umunyeshuri wiga mu Ishuri Ribanza rya Gikuyo yagize ati “Ndetse n’abana bato bari bahari. Ni gute abanyeshuri bashobora gucengezwamo ibitekerezo bya politiki mu gihe bagomba kurindwa no gucungwa?”

Muri urwo rugendo rwakozwe n’aba banyeshuri, hagendaga havugwa ubutumwa bushyigikira ishyaka CNDD-FDD, nk’aho hari aho bavugaga ko iri shyaka rizaguma ku butegetsi “kugeza igihe Yesu Kristu azagarukira” kandi ko ari ryo “shyaka ryonyine ridashobora kugira uwahangana na ryo” amagambo yafashwe nk’ateye ubwoba na bamwe mu baturage.

 

Bamwe mu barezi na bo bifashe ku munwa

Bamwe mu barimu baganiriye na SOS Médias Burundi dukesha aya makuru, batifuje ko amazina yabo atangazwa, bamagana ibi byakozwe na ririya shyaka, bakavuga ko bihabanye n’umuhamagaro wo kwigisha no kurera.

Umwe yagize ati “Ishuri rigomba kuguma ari ahantu hadafite aho habogamiye. Inshingano zacu ni ukwigisha abaturage bafite inshingano, ntabwo ari ukubakoresha mu nyungu za politiki.”

Undi mwarimu yagize ati “Iyo umuyobozi w’ishuri ashishikariza abanyeshuri gukora ibikorwa bya politiki, bahemukira icyizere cy’ababyeyi kandi barenga ku mahame mbwirizamuco y’uburezi.”

Mu bavuzwe n’ababyeyi harimo Jean Paul Mukezangango, umuyobozi w’Ishuri Rikuru rya Tekiniki rya Kirundo. Ababyeyi basaba ko yirukanwa, bemeza ko yitwara nk’umunyapolitiki kuruta kuba umurezi.

Uhagarariye ababyeyi yagize ati “Umuyobozi w’ishuri agomba kurinda abana bacu, ntabwo abashora mu ntambara za politiki.”

Imiryango itari ya Leta yo muri kariya gace, na yo yanenze cyane ibi bikorwa, ivuga ko ari ukubangamira uburenganzira bw’abana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − ten =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Next Post

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.