Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

radiotv10by radiotv10
16/01/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
Share on FacebookShare on Twitter

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa kuko atazi icyo isobanura, kandi ko nta mbabazi asaba abamutwamye bavuga ko yabatengushye kuko yaririmbye indirimbo y’ubusambanyi, kuko atari cyo yabikoreye.

Indirimbo Po Pom y’umuhanzi Bruce Melodie yakoranye n’abarimo Diamond iri no mu zigezweho muri iki gihe, ikimara kujya hanze mu minsi ishize, Umuhanzi w’Indirimbo z’Imana Theo Bosebabireba, yagaragaye mu mashusho ayiririmba.

Ni ibintu byatunguye benshi kubona uyu muhanzi uzwiho kuririmba indirimbo z’Imama, asubiramo iyi y’isi, bamwe banavuga ko ivuga ku busambanyi.

Mu kiganiro Theo Bosebabireba yagiranye na YouTube Channel yitwa Isimbi TV, yavuze ko abasamiye hejuru ariya mashusho yagaragaye aririmbamo iyi ndirimbo, bagahita bamwitirira ko yamamaje ubusambanyi, bamuhoye ubusa, kuko yasubiyemo iriya ndirimbo ‘Pom Pom’ atazi ko ari iy’ubusambanyi.

Ati “Kuko ntabwo nzi ngo Pom Pom aho ihuriye no kuba ari ubusambanyi, ntabyo njye nzi. Nanjye nkibona indirimbo nayisamiye hejuru, nk’uko bansamye nanjye.”

Theo Bosebabireba avuga ko asanzwe akunda umuziki, ku buryo ntacyamubuza gushyigikira cyangwa kumva igihangano cya buri muhanzi, atitaye ku wo ari we cyangwa ibyo aririmbamo.

Avuga ko asanzwe yikundira umuhanzi Bruce Melodie, ku buryo kuririmba iriya ndirimbo ye ntawe bikuye gutungura.

Avuga ko we asanzwe yumva n’izindi ndirimbo ziri mu zindi ndimi, aba atanumva ubutumwa buzirimo, ariko ko bitamubuza kuzikunda.

Ati “Njye nta rurimi rw’abazungu nzi, ariko numva indirimbo ya Celine Dion ikarangira. Mbabarira umbwire mba numvisemo iki? […]”

Avuga ko ubwo yaririmbaga iriya ndirimbo Pom Pom, yumvaga ari gushyigikira umuhanzi w’Umunyarwanda mugenzi we, byumwihariko Bruce Melodie asanzwe akunda.

Ati “Numvaga ndi gushyigikira umuhanzi nyarwanda bita Bruce Melodie nkanabarangira nti ‘mujye kubishaka’ umunota utarashira nti mujye kumva iyi ndirimbo ndumva iryoshye.”

The Bosebabireba avuga ko yatunguwe no kuba abantu baramututse, kandi batatutse nyiri kuyiririmba, kandi ko yumva ntacyo yishinja.

Ati “Njye umutima nabikoranye, ntabwo wari umutima wo gukora icyaha […] urukundo nkunda umuziki, nta mbabazi nasabira biriya bintu. Nta cyaha njye nakoze.”

Theo Bosebabire asaba abantu kuva mu mitekerereze iciriritse, bagashyira imbere urukundo rwo gushyigikirana na we yakoranye kiriya gikorwa bamwe bamutwamiye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 2 =

Previous Post

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby'ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.