Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

radiotv10by radiotv10
16/01/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
Share on FacebookShare on Twitter

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa kuko atazi icyo isobanura, kandi ko nta mbabazi asaba abamutwamye bavuga ko yabatengushye kuko yaririmbye indirimbo y’ubusambanyi, kuko atari cyo yabikoreye.

Indirimbo Po Pom y’umuhanzi Bruce Melodie yakoranye n’abarimo Diamond iri no mu zigezweho muri iki gihe, ikimara kujya hanze mu minsi ishize, Umuhanzi w’Indirimbo z’Imana Theo Bosebabireba, yagaragaye mu mashusho ayiririmba.

Ni ibintu byatunguye benshi kubona uyu muhanzi uzwiho kuririmba indirimbo z’Imama, asubiramo iyi y’isi, bamwe banavuga ko ivuga ku busambanyi.

Mu kiganiro Theo Bosebabireba yagiranye na YouTube Channel yitwa Isimbi TV, yavuze ko abasamiye hejuru ariya mashusho yagaragaye aririmbamo iyi ndirimbo, bagahita bamwitirira ko yamamaje ubusambanyi, bamuhoye ubusa, kuko yasubiyemo iriya ndirimbo ‘Pom Pom’ atazi ko ari iy’ubusambanyi.

Ati “Kuko ntabwo nzi ngo Pom Pom aho ihuriye no kuba ari ubusambanyi, ntabyo njye nzi. Nanjye nkibona indirimbo nayisamiye hejuru, nk’uko bansamye nanjye.”

Theo Bosebabireba avuga ko asanzwe akunda umuziki, ku buryo ntacyamubuza gushyigikira cyangwa kumva igihangano cya buri muhanzi, atitaye ku wo ari we cyangwa ibyo aririmbamo.

Avuga ko asanzwe yikundira umuhanzi Bruce Melodie, ku buryo kuririmba iriya ndirimbo ye ntawe bikuye gutungura.

Avuga ko we asanzwe yumva n’izindi ndirimbo ziri mu zindi ndimi, aba atanumva ubutumwa buzirimo, ariko ko bitamubuza kuzikunda.

Ati “Njye nta rurimi rw’abazungu nzi, ariko numva indirimbo ya Celine Dion ikarangira. Mbabarira umbwire mba numvisemo iki? […]”

Avuga ko ubwo yaririmbaga iriya ndirimbo Pom Pom, yumvaga ari gushyigikira umuhanzi w’Umunyarwanda mugenzi we, byumwihariko Bruce Melodie asanzwe akunda.

Ati “Numvaga ndi gushyigikira umuhanzi nyarwanda bita Bruce Melodie nkanabarangira nti ‘mujye kubishaka’ umunota utarashira nti mujye kumva iyi ndirimbo ndumva iryoshye.”

The Bosebabireba avuga ko yatunguwe no kuba abantu baramututse, kandi batatutse nyiri kuyiririmba, kandi ko yumva ntacyo yishinja.

Ati “Njye umutima nabikoranye, ntabwo wari umutima wo gukora icyaha […] urukundo nkunda umuziki, nta mbabazi nasabira biriya bintu. Nta cyaha njye nakoze.”

Theo Bosebabire asaba abantu kuva mu mitekerereze iciriritse, bagashyira imbere urukundo rwo gushyigikirana na we yakoranye kiriya gikorwa bamwe bamutwamiye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Related Posts

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

by radiotv10
14/01/2026
0

Umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi, yambitse impeta umukunzi we Nkurunziza Retina, amusaba kuzamubera umugore, na we...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.