Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

radiotv10by radiotv10
19/01/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera ibyemezo by’umusifuzi bitanyuze bamwe mu bakinnyi.

Ni umukino wabaye mu ijoro ryacyeye ryo kuri iki Cyumweru tariki 18 Mutarama 2026, witabiriwe n’abanyacyubahiro banyuranye barimo Abakuru b’Ibihugu, abayobozi mu mupira w’amaguru ndetse n’abafite amazina azwi muri ruhago.

Perezida Paul Kagame, ni umwe mu banyacyubahiro bitabiriye uyu mukino aho yari muri sitade yitiriwe Prince Moulay Abdellah iri i Rabat mu Murwa Mukuru wa Morocco.

Mu butumwa bwatanzwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, byatangaje ko “Muri iri joro, Perezida Kagame yitabiriye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika hagati ya Morocco na Senegal, aho Senegal yegukanye igikombe cya kabiri cya AFCON.”

Nyuma y’uyu mukino kandi, Perezida Kagame yashimiye ikipe y’Igihugu ya Senegal ku bwo kwegukana iki Gikombe cya Afurika cya 2025.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Perezida Kagame yagize ati “Ndashimira cyane Lions de la Teranga ku ntsinzi yabo ikwiye ya AFCON, intsinzi ishimishije igaragaza kwihangana, ubumwe, n’ubuhanga. Ndashimira kandi Maroc ku bw’uburyo yitwaye neza muri iri rushanwa ryateguwe neza kandi ndabashimira uburyo batwakiriye neza.”

Perezida Kagame yarebye uyu mukino ari kumwe n’abandi bayobozi mu nzego za Siporo mu Rwanda, barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda muri Morocco, Amb. Shakilla Umutoni

Umukuru w’u Rwanda kandi yagaragaye aramukanya n’abayobozi ba ruhago, barimo Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino n’uw’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), Patrice Motsepe.

Uyu mukino warangiye ikipe ya Senegal itwaye igikombe ku gitego 1-0, wabayemo imvururu aho wari uri mu minota ya nyuma umusifuzi wawusifuye Umunyekongo Jean-Jacques Ndala, yahaye penalitiki ikipe y’Igihugu ya Morocco, nyuma yo kwanga igitego cya Senegal, bigatuma abakinnyi b’Ikipe y’iki Gihugu bashaka guhita bareka kuwukina.

Bamwe banavuye mu kibuga basubira mu rwambariro, ariko baza kukigarukamo, bemera ko haterwa Penaliti yatewe n’umukinnyi Brahim Díaz, ariko umupira umunyezamu wa Senegal akawufata.

Iminota 90’ yarangiye bikiri ubusa ku busa, hongerwaho iminota 30’, ikipe ya Senegal iza kubona igitego ku munota wa 94’ cyatsinzwe na Pape Gueye, ari na cyo cyakiranuye amakipe y’Ibihugu byombi.

Perezida Kagame yarebye uyu mupira

Yari kumwe n’abarimo Umunyamabanga wa Leta muri MINISPORTS

Yanahuye n’abarimo Perezida wa FIFA n’uwa CAF

Umukino warangiye Senegal itwaye Igikombe cyabaye icya kabiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 1 =

Previous Post

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Next Post

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.