Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

radiotv10by radiotv10
19/01/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera ibyemezo by’umusifuzi bitanyuze bamwe mu bakinnyi.

Ni umukino wabaye mu ijoro ryacyeye ryo kuri iki Cyumweru tariki 18 Mutarama 2026, witabiriwe n’abanyacyubahiro banyuranye barimo Abakuru b’Ibihugu, abayobozi mu mupira w’amaguru ndetse n’abafite amazina azwi muri ruhago.

Perezida Paul Kagame, ni umwe mu banyacyubahiro bitabiriye uyu mukino aho yari muri sitade yitiriwe Prince Moulay Abdellah iri i Rabat mu Murwa Mukuru wa Morocco.

Mu butumwa bwatanzwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, byatangaje ko “Muri iri joro, Perezida Kagame yitabiriye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika hagati ya Morocco na Senegal, aho Senegal yegukanye igikombe cya kabiri cya AFCON.”

Nyuma y’uyu mukino kandi, Perezida Kagame yashimiye ikipe y’Igihugu ya Senegal ku bwo kwegukana iki Gikombe cya Afurika cya 2025.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Perezida Kagame yagize ati “Ndashimira cyane Lions de la Teranga ku ntsinzi yabo ikwiye ya AFCON, intsinzi ishimishije igaragaza kwihangana, ubumwe, n’ubuhanga. Ndashimira kandi Maroc ku bw’uburyo yitwaye neza muri iri rushanwa ryateguwe neza kandi ndabashimira uburyo batwakiriye neza.”

Perezida Kagame yarebye uyu mukino ari kumwe n’abandi bayobozi mu nzego za Siporo mu Rwanda, barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda muri Morocco, Amb. Shakilla Umutoni

Umukuru w’u Rwanda kandi yagaragaye aramukanya n’abayobozi ba ruhago, barimo Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino n’uw’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), Patrice Motsepe.

Uyu mukino warangiye ikipe ya Senegal itwaye igikombe ku gitego 1-0, wabayemo imvururu aho wari uri mu minota ya nyuma umusifuzi wawusifuye Umunyekongo Jean-Jacques Ndala, yahaye penalitiki ikipe y’Igihugu ya Morocco, nyuma yo kwanga igitego cya Senegal, bigatuma abakinnyi b’Ikipe y’iki Gihugu bashaka guhita bareka kuwukina.

Bamwe banavuye mu kibuga basubira mu rwambariro, ariko baza kukigarukamo, bemera ko haterwa Penaliti yatewe n’umukinnyi Brahim Díaz, ariko umupira umunyezamu wa Senegal akawufata.

Iminota 90’ yarangiye bikiri ubusa ku busa, hongerwaho iminota 30’, ikipe ya Senegal iza kubona igitego ku munota wa 94’ cyatsinzwe na Pape Gueye, ari na cyo cyakiranuye amakipe y’Ibihugu byombi.

Perezida Kagame yarebye uyu mupira

Yari kumwe n’abarimo Umunyamabanga wa Leta muri MINISPORTS

Yanahuye n’abarimo Perezida wa FIFA n’uwa CAF

Umukino warangiye Senegal itwaye Igikombe cyabaye icya kabiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + thirteen =

Previous Post

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Next Post

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.