Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

radiotv10by radiotv10
19/01/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera ibyemezo by’umusifuzi bitanyuze bamwe mu bakinnyi.

Ni umukino wabaye mu ijoro ryacyeye ryo kuri iki Cyumweru tariki 18 Mutarama 2026, witabiriwe n’abanyacyubahiro banyuranye barimo Abakuru b’Ibihugu, abayobozi mu mupira w’amaguru ndetse n’abafite amazina azwi muri ruhago.

Perezida Paul Kagame, ni umwe mu banyacyubahiro bitabiriye uyu mukino aho yari muri sitade yitiriwe Prince Moulay Abdellah iri i Rabat mu Murwa Mukuru wa Morocco.

Mu butumwa bwatanzwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, byatangaje ko “Muri iri joro, Perezida Kagame yitabiriye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika hagati ya Morocco na Senegal, aho Senegal yegukanye igikombe cya kabiri cya AFCON.”

Nyuma y’uyu mukino kandi, Perezida Kagame yashimiye ikipe y’Igihugu ya Senegal ku bwo kwegukana iki Gikombe cya Afurika cya 2025.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Perezida Kagame yagize ati “Ndashimira cyane Lions de la Teranga ku ntsinzi yabo ikwiye ya AFCON, intsinzi ishimishije igaragaza kwihangana, ubumwe, n’ubuhanga. Ndashimira kandi Maroc ku bw’uburyo yitwaye neza muri iri rushanwa ryateguwe neza kandi ndabashimira uburyo batwakiriye neza.”

Perezida Kagame yarebye uyu mukino ari kumwe n’abandi bayobozi mu nzego za Siporo mu Rwanda, barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda muri Morocco, Amb. Shakilla Umutoni

Umukuru w’u Rwanda kandi yagaragaye aramukanya n’abayobozi ba ruhago, barimo Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino n’uw’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), Patrice Motsepe.

Uyu mukino warangiye ikipe ya Senegal itwaye igikombe ku gitego 1-0, wabayemo imvururu aho wari uri mu minota ya nyuma umusifuzi wawusifuye Umunyekongo Jean-Jacques Ndala, yahaye penalitiki ikipe y’Igihugu ya Morocco, nyuma yo kwanga igitego cya Senegal, bigatuma abakinnyi b’Ikipe y’iki Gihugu bashaka guhita bareka kuwukina.

Bamwe banavuye mu kibuga basubira mu rwambariro, ariko baza kukigarukamo, bemera ko haterwa Penaliti yatewe n’umukinnyi Brahim Díaz, ariko umupira umunyezamu wa Senegal akawufata.

Iminota 90’ yarangiye bikiri ubusa ku busa, hongerwaho iminota 30’, ikipe ya Senegal iza kubona igitego ku munota wa 94’ cyatsinzwe na Pape Gueye, ari na cyo cyakiranuye amakipe y’Ibihugu byombi.

Perezida Kagame yarebye uyu mupira

Yari kumwe n’abarimo Umunyamabanga wa Leta muri MINISPORTS

Yanahuye n’abarimo Perezida wa FIFA n’uwa CAF

Umukino warangiye Senegal itwaye Igikombe cyabaye icya kabiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Next Post

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23
AMAHANGA

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.