• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari

radiotv10by radiotv10
02/02/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bizihije Umunsi w’Intwari bibukiranya ibisabwa kugira ngo umuntu agaragareho ibikorwa by’ubutwari
Share on FacebookShare on Twitter

Mu kwizihiza umunzi w’Intwari z’u Rwanda ku rwego rw’Akarere ka Ruhango, abagatuye bibukijwe kugira umuco w’ubutwari, barangwa no gukunda Igihugu, kwimakaza ubumwe ndetse no kwiteza imbere.

Ubwo hizihizwaga Umunsi w’Intwari z’Igihugu mu Karere ka Ruhango, mu Murenge wa Ntongwe, hasobanuwe amateka yaranze Intwari z’Igihugu mu rwego rwo kuzirikana indangagaciro z’ubutwari zaranze Intwari z’u Rwanda.

Abaturage basabwe guharanira kugira umuco w’ubutwari, barangwa no gukunda igihugu, ndetse bakora ibikorwa byo kwiteza imbere no kwimakaza indangagaciro z’ubumwe, nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango wungirije ushinzwe ubukungu, Rusilibana Jean Marie Vianney.

Ati “Na mbere mu butwari haremerwaga utishoboye kugira ngo agendane n’abandi mu iterambere. Gufasha abandi ni ukugira ngo babashe kuzamuka bajyane n’abandi mu iterambere, ndetse nabo babashe korora inka.”

Rutsisi Prudence wo mu Murenge wa Ntongwe avuga ko ku munsi w’Intwari, kuba yarorojwe inka bigiye kumufasha kwiteza imbere.

Ati: “Iyi nka igiye guhindura ubuzima bw’umuryango wanjye. Tugiye kubona amata yo guha abana, ndetse n’ifumbire izadufasha kongera umusaruro mu buhinzi.”

Undi worojwe witwa Claudine yavuze ko iki gikorwa kigaragaza ko kwizihiza Umunsi w’Intwari ari umunsi utazibagirana kuri we, dore ko iyi nka izamufasha kwiteza imbere.

Ati “Umunsi w’Intwari ni umunsi wanshimishije, kuko nari narabuze ubushobozi bwo kwigurira inka, none ndayibonye. Ndashimira Perezida wa Repubulika wazanye gahunda yo kutworoza inka.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwasabye abahawe inka kuzifata neza, gukomeza gahunda yo korozanya, no gusigasira indangagaciro zaranze Intwari z’u Rwanda binyuze mu bikorwa bifatika bigamije kwiteza imbere no guteza imbere igihugu muri rusange.

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − nine =

Previous Post

Ibyamenyekanye ku gikorwa cyatumye havugwa urukundo hagati y’ibyamamare Kim Kardashian na Lewis Hamilton

Next Post

Mu nkambi y’impunzi z’Abanyekongo i Burundi imibereho mibi n’ingaruka zayo byafashe urundi rwego

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Mu nkambi y’impunzi z’Abanyekongo i Burundi imibereho mibi n’ingaruka zayo byafashe urundi rwego

Mu nkambi y’impunzi z’Abanyekongo i Burundi imibereho mibi n'ingaruka zayo byafashe urundi rwego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.