• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

radiotv10by radiotv10
04/02/2026
in MU RWANDA
0
Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Save mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bahangayikishijwe n’inzoga z’inkorano bahimbye izina ‘Nyirantare’, bavuga ko zirangwa n’ingaruka mbi zirimo guteza urugomo n’umutekano muke, cyane cyane mu Midugudu ya Kivumu na Nyabitare, aho zinywerwa cyane mu mashyamba.

Aba baturage bo mu Kagari ka Rwanza bavuga ko uwanyoye izi nzoga akenshi arangwa n’imyitwarire idasanzwe irimo gusagarira abantu bose ahuye na bo, amakimbirane n’intonganya, ndetse rimwe na rimwe hakabaho n’ibikorwa by’ubujura n’urugomo.

Niyonsenga avuga ko izi nzoga zateye ikibazo gikomeye mu baturage, aho usanga abenshi bazinywera ndetse bakanazicururiza mu mashyamba.
Ati: “Usanga banazicururiza bakanazinywera mu mashyamba. Nyirantare ni inzoga mbi cyane; uwazinyoye aba asa n’uwatakaje ubwenge, arwana n’abantu bose, akavuga amagambo mabi, rimwe na rimwe akagera no ku gukubita abantu. Ibi bituma umutekano mu baturage uba muke cyane.”

Urayeneza na we yemeza ko izi nzoga z’inkorano zinywerwa ahanini mu mashyamba, bikagora inzego z’umutekano kuzikurikirana.
Ati: “Usanga abantu bajya kuzinywera mu mashyamba bagahurirayo mu ibanga, ariko bagarutse mu ngo batangiye guteza urugomo. Abana n’abagore batinya kugenda nijoro kubera aba banyoye Nyirantare.”

Undi muturage witwa Habimana avuga ko, uretse izinywerwa mu mashyamba, hari n’aho zicururizwa mu ngo z’abantu ku giti cyabo.
Ati: “Hari n’abantu bazicuruza mu ngo zabo rwihishwa, bikabigora kuzirwanya. Iyo abazinyoye basohotse, bariba abaturage bakabangamira umutekano, bigatuma dutinya kugenda mu masaha ya nimugoroba.”

Aba baturage bose basaba ko izi nzoga z’inkorano zacibwa burundu, hakongerwa imbaraga mu kuzirwanya kuko zibangamira ituze n’umutekano w’abaturage.

Ku ruhande rw’ubuyobozi, Umuyobozi w’Umurenge wa Save, Murenzi Augustin, avuga ko iki kibazo kiri mu byo bashyize imbere mu bufatanye n’inzego z’umutekano.
Ati: “Turaza gufatanya na Polisi; gusa bakunda kuza cyane mu gihe cyo gusarura umuceri. Twari twagerageje kubahashya, ariko niba bagihari, turashyiramo imbaraga bikemuke. Inzoga z’inkorano turimo kuzirwanya bikomeye, ku buryo n’abagisigaye bagomba guhashya bigacika.”

Aba baturage bavuga ko izi nzoga z’inkorano zibahangayikishije cyane, kuko uretse izinywerwa zikanacururizwa mu mashyamba, zinacururizwa rwihishwa mu ngo hirya no hino, maze abazinyoye bakarangwa n’ibikorwa byo guteza umutekano muke no kwiba abaturage. Basaba ko hashyirwamo imbaraga na buri wese bireba kugira ngo zicibwe burundu.

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

Next Post

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.