Wednesday, February 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

radiotv10by radiotv10
04/02/2026
in MU RWANDA
0
Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Save mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bahangayikishijwe n’inzoga z’inkorano bahimbye izina ‘Nyirantare’, bavuga ko zirangwa n’ingaruka mbi zirimo guteza urugomo n’umutekano muke, cyane cyane mu Midugudu ya Kivumu na Nyabitare, aho zinywerwa cyane mu mashyamba.

Aba baturage bo mu Kagari ka Rwanza bavuga ko uwanyoye izi nzoga akenshi arangwa n’imyitwarire idasanzwe irimo gusagarira abantu bose ahuye na bo, amakimbirane n’intonganya, ndetse rimwe na rimwe hakabaho n’ibikorwa by’ubujura n’urugomo.

Niyonsenga avuga ko izi nzoga zateye ikibazo gikomeye mu baturage, aho usanga abenshi bazinywera ndetse bakanazicururiza mu mashyamba.
Ati: “Usanga banazicururiza bakanazinywera mu mashyamba. Nyirantare ni inzoga mbi cyane; uwazinyoye aba asa n’uwatakaje ubwenge, arwana n’abantu bose, akavuga amagambo mabi, rimwe na rimwe akagera no ku gukubita abantu. Ibi bituma umutekano mu baturage uba muke cyane.”

Urayeneza na we yemeza ko izi nzoga z’inkorano zinywerwa ahanini mu mashyamba, bikagora inzego z’umutekano kuzikurikirana.
Ati: “Usanga abantu bajya kuzinywera mu mashyamba bagahurirayo mu ibanga, ariko bagarutse mu ngo batangiye guteza urugomo. Abana n’abagore batinya kugenda nijoro kubera aba banyoye Nyirantare.”

Undi muturage witwa Habimana avuga ko, uretse izinywerwa mu mashyamba, hari n’aho zicururizwa mu ngo z’abantu ku giti cyabo.
Ati: “Hari n’abantu bazicuruza mu ngo zabo rwihishwa, bikabigora kuzirwanya. Iyo abazinyoye basohotse, bariba abaturage bakabangamira umutekano, bigatuma dutinya kugenda mu masaha ya nimugoroba.”

Aba baturage bose basaba ko izi nzoga z’inkorano zacibwa burundu, hakongerwa imbaraga mu kuzirwanya kuko zibangamira ituze n’umutekano w’abaturage.

Ku ruhande rw’ubuyobozi, Umuyobozi w’Umurenge wa Save, Murenzi Augustin, avuga ko iki kibazo kiri mu byo bashyize imbere mu bufatanye n’inzego z’umutekano.
Ati: “Turaza gufatanya na Polisi; gusa bakunda kuza cyane mu gihe cyo gusarura umuceri. Twari twagerageje kubahashya, ariko niba bagihari, turashyiramo imbaraga bikemuke. Inzoga z’inkorano turimo kuzirwanya bikomeye, ku buryo n’abagisigaye bagomba guhashya bigacika.”

Aba baturage bavuga ko izi nzoga z’inkorano zibahangayikishije cyane, kuko uretse izinywerwa zikanacururizwa mu mashyamba, zinacururizwa rwihishwa mu ngo hirya no hino, maze abazinyoye bakarangwa n’ibikorwa byo guteza umutekano muke no kwiba abaturage. Basaba ko hashyirwamo imbaraga na buri wese bireba kugira ngo zicibwe burundu.

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + one =

Previous Post

Eng.-AFC/M23 confirms it launched an attack to destroy FARDC military installations in Kisangani

Next Post

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Abarimo mutekano bakurikiranyweho urupfu rw’uwari amaze amezi abiri abuze akaza kuboneka mu cyobo kiri mu nzu y’uwo yakoreraga

by radiotv10
04/02/2026
0

Ngendahayo Evariste wari ushinzwe umutekano mu mudugudu wa Batura mu kagari ka Karenge ho mu murenge wa Rwimbogo mu Karere...

Why many marriages are ending in divorce

Why many marriages are ending in divorce

by radiotv10
04/02/2026
0

Divorce is not something that happens overnight. In most cases, it is the result of problems that grow slowly over...

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

by radiotv10
03/02/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yatanze ubufasha burimo ibiribwa n’imiti nyuma y’ibiza by’imyuzure byibasiye iki Gihugu byasize abakabakaba ibihumbi 400 badafite aho...

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
03/02/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yibukije abantu ko kuba ababyeyi bitabaha uburenganzira bwo guhohotera abana babo,...

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

by radiotv10
03/02/2026
0

Nzabamwita Foromina wo mu kagari ka Mpumbu mu murenge wa Bushekeri uherutse kubwirwa n’uwo abereye nyina wabo  bapfaga umugabo ko ukwezi...

IZIHERUKA

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo
IBYAMAMARE

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

by radiotv10
04/02/2026
0

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

04/02/2026
Eng.-AFC/M23 confirms it launched an attack to destroy FARDC military installations in Kisangani

Eng.-AFC/M23 confirms it launched an attack to destroy FARDC military installations in Kisangani

04/02/2026
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko yagabye igitero cyo gusenya ibikorwa bya Gisirikare bya FARDC i Kisangani

04/02/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Abarimo mutekano bakurikiranyweho urupfu rw’uwari amaze amezi abiri abuze akaza kuboneka mu cyobo kiri mu nzu y’uwo yakoreraga

04/02/2026
Umunyarwenya 5k Etienne yambitse impeta umukunzi we nyuma y’igihe gito amugaragaje

Umunyarwenya 5k Etienne yambitse impeta umukunzi we nyuma y’igihe gito amugaragaje

04/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by'agateganyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Eng.-AFC/M23 confirms it launched an attack to destroy FARDC military installations in Kisangani

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.