Valens Rwamukwaya wamaze imyaka 38 mu mwuga w’itangazamakuru, irimo 28 yakoreye ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA nk’umukozi ufata amashusho, yitabye Imana.
Amakuru y’itabaruka rya Rwamukwaya wamaze imyaka irenga 26 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yatangiye kuvugwa mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Gashyantare 2026, na bamwe mu bo bakoranye muri RBA.
Umwe mu bo bakoranye mu Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yavuze ko Rwamukwaya yitabye Imana azize uburwayi.
Umwana wa nyakwigendera, Lyse Jennifer Muhorakeye yemeje ko umubyeyi we yatabarutse, ariko ntiyagira amakuru menshi avuga ku rupfu rwe.
Rwamukwaya yari yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru muri Kamena 2020, asezerwaho n’ubuyobozi bwa RBA yari amaze imyaka 26 akorera.
Nyakwigendera wavutse mu 1956, yatangiye umwuga w’Itangazamakuru mu 1982, awutangiriye mu Gihugu cy’u Burundi, aho yari yarahunganye n’ababyeyi be.
Mu 1994 ubwo yagarukaga mu Rwanda, yagiye gukorera icyahoze ari ORINFOR cyaje kuvamo RBA, kuva icyo gihe yakoreye iki Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru kugeza muri 2020 ubwo yajyaga mu kiruhuko cy’izabukuru.



RADIOTV10








