Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye

radiotv10by radiotv10
03/02/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yo guhanura ubukwe bwa Papa Sava na Mama Sava byavugishije benshi, agahanurira Bushali gukorana indirimbo Jason Derulo, uwitwa Prophet Akimu yahanuriye Bruce Melodie ko azaba umuhanzi wa mbere ku Isi, no kuzatunga televiziyo ye bwite.

Uyu wiyita umuhanuzi, yahanuye ibi ubwo bari kuri Live y’urubuga rwa TikTok, yari inariho umuhanzi Bruce Melodie, Bushali, Godfather n’abandi bantu batandukanye baganiraga kuri iyo live.

Uyu wiyita Umupasiteri yaje muri iki kiganiro, akihagera Umuhanzi Bushali atamworoheye bitewe n’ibyo na we yamuhanuriye mu minsi ishize ariko ntibisohore, gusa ntibyabujije Akimu kongera guhanura.

Bushali wari warakijijwe nyuma yo gusengerwa n’uyu prophet, akibona aje gukurikirana iki kiganiro kuri Live, yamubajije impamvu yamubeshye ko azakorana indirimbo na Jason Deruro akaba yaramwandikiye kuri Email ariko ntasubizwe.

Akomeza amubwira ati “Nubwo nari nakijijwe nyuma yuko wansengeye ariko ntangiye gukemanga iyo Mana ukorera kuko ishobora kuba ibeshya.”

Uyu mupasiteri yahise amenyesha Bruce Melodie ko hari ubuhanuzi amufitiye, bamuha akanya atangira kumuhanurira na we atega amatwi.

Prophet Akimu yamuhanuriye ko azaba umuhanzi wa mbere ku isi anamubwira ko azarusha ubwamamare Diamond platnumz.

Ati “N’Abanyarwanda bose bari ahangaha babyumve uri uwo hejuru, Imana izakurindire amagara, ukiranuke imbere y’Imana yawe, impano ufite si umwana w’umuntu wayiguhaye ni data wayiguhaye. Ubwiza bw’Imana bukubeho ni nawe muhanzi wa mbere mu Rwanda, uzaba n’umuhanzi wa mbere ku isi muri East Africa, reka n’aba ba Diamond uri gukorana na bo ni abana imbere yawe. Imana igushyize hejuru byakire.”

Akimara kuvuga ibi, Bruce Melodie yamusubije ko ibyo bintu amubwiye yabiririmbye mu ndirimbo yise “Nzaguha umugisha”.

Prophet Akimu yakomeje avuga ko Bruce Melodie ari mu gihe cye ndetse yemeza ko ari umuhanzi mpuzamahanga.

Ati “Ndumva ijwi ry’Uwiteka rivugana nanjye ngo akira indi minsi yo kubaho no guhimba ibintu bishya bizakundwa n’Isi yose, uzaririmba mu gifaransa, mu gitaliyani, mu cyongereza, mu ndimi nyinshi, ahubwo babe bagufata neza kuko uyu Mujyi wa Kigali ugiye kubaka televiziyo yitwa Melodie TV, ugiye gushyiraho amamodoka yitwa Melodie Transports. Hri ibintu ugiye gukora bizaba bifitiye agaciro isi.”

Nyuma yo kumva ubwo buhanuzi, Melodie yashimiye Pasitoro avuga ijambo Amena, Akimu amusaba ko yamukurikira (Follow) akazamubwira ubundi buhanuzi busigaye atamubwiye.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 8 =

Previous Post

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Next Post

Umunyamerika Ron Kenoly wamamaye mu muziki wa Gospel yitabye Imana

Related Posts

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mu rugo rw’umuhanzi w’umuraperi Ngenzi Serge wamenyekanye nka Neg G The General, utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamerika Ron Kenoly wamamaye mu muziki wa Gospel yitabye Imana

Umunyamerika Ron Kenoly wamamaye mu muziki wa Gospel yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.