• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abayobozi batatu mu Karere ka Rubavu banditse basezera ku mpamvu zabo bwite

radiotv10by radiotv10
05/02/2026
in MU RWANDA
0
RUBAVU: Hari abarembejwe n’abiyise abuzukuru ba shitani
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwemeje ko abakozi bako batatu barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo, banditse basezera akazi, gusa buvuga ko harimo uwasezeye nyuma yo kugaragaraho amakosa.

Uretse Nyaransengiyumva Monique wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo, abandi basezeye ni Umunyababanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Terimbere, Mujawase Annualite ndetse na Dushimire Donatien wari Umukozi w’Urwego rushinzwe kunganira Akarere mu mutekano (DASSO) mu Murenge wa Bugeshi.

Isezera ry’aba bakozi b’Akarere ka Rubavu, ryemejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Mulindwa Prospère,wavuze ko aya makuru ari impamo.

Aganida n’Ikinyamakuru cyitwa Imvaho nshya dukesha aya makuru, Mulindwa yagize ati “Bose uko ari batatu banditse bavuga ko basezeye ku mpamvu zabo bwite.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, avuga ko ku ruhande rw’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Terimbere Mujawase Annualite we yasezeye kubera amakosa.

Yagize ati “We yanasezeye hashingiwe kuri raporo z’ubugenzuzi zigaragaza amakosa ye mu kubahiriza ishyirwa mu bikorwa ry’igishushanyo mbonera cy’imikoreshereze y’ubutaka mu ifasi yayoboraga.”

Avuga ko iyo umuyobozi yikoreye isuzuma akabona hari ibyo atuzuza kandi biri mu nshingano ze, ntacyo biba bitwaye kuba yagira ubwo butwari bwo gusezera.

Ati “Abayobozi basigaye bazirikane ko icyo dusabwa ari ugushyira umuturage ku isonga, gukurikiza amategeko no kubazwa inshingano.”

Abayobozi mu nzego zinyuranye, bakunze kugirwa inama ko mu gihe babona batabashije kugenda n’umuvuduko Igihugu kiriho mu kwihutisha iterambere ryacyo n’iry’abagituye, baba bakwiye guhigama, bakegura bagaha umwanya abashoboye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + seventeen =

Previous Post

Dore bimwe mu byamamare muri ruhago y’Isi byizihiza isabukuru

Next Post

Umukwabu wo gushakisha abanyarugomo n’abajura wasize hafashwe abarenga 10 barimo abana bataye ishuri

Related Posts

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Next Post
Umukwabu wo gushakisha abanyarugomo n’abajura wasize hafashwe abarenga 10 barimo abana bataye ishuri

Umukwabu wo gushakisha abanyarugomo n’abajura wasize hafashwe abarenga 10 barimo abana bataye ishuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.