Thursday, February 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

radiotv10by radiotv10
05/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bahuriye na Patrick Muyaya-Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC i Washington bakamubwira ko bari inyuma y’ubutegetsi bw’iki Gihugu, ko bari bakwiye gusura ibice bigenzurwa n’abarwanyi bwanirira leta ya Congo, bakirebera ibihabera.

Ni nyuma yuko Patrick Muyaya, Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agaragaje yahuye n’aba Banyekongo, bahuriye i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Muyaya wagaragaje ibyo yavuze ko byavuzwe n’aba Banyekongo bo mu muryango w’Abanyamulenge, yavuze ko ngo bamaganye umutwe wa wa M23 ngo ufashwa n’u Rwanda.

Yatangaje kandi ko ngo bavuze ko “bamwe mu bandimwe bacu bajyanwe n’Ingabo z’u Rwanda ku mbaraga, bahatiwe kuva muri Uvira.”

Muyaya kandi yavuze ko aba Banyekongo bashimye Perezida wabo Tshisekedi na Guverinoma y’Igihugu cyabo, ngo kuba babasha guhangana n’ibibazo bicyugarije.

Muyaya wavuze ko ibi aba Banyekongo b’Abanyamulenge babivugiye mu kiganiro bagiranye cy’isaha i Washington, yavuze ko abashimira ku bwo gukunda Igihugu n’imbaraga zabo mu guhangana n’ibibazo bicyugarije.

Ni mu gihe kuva cyera Abanyekongo b’Abanyamulenge, bagiye bakorerwa ibikorwa bibi n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, n’ubu bigikomeje gukorwa ku bufatanye bwa FARDC n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, asubiza ku butumwa bwanditswe na Muyaya wanagaragaje amafoto ari kuganira na bariya Banyekongo, yabagiriye inama ko byaba byiza bigereye muri Congo bakirebera ibiri kuberayo.

Yagize ati “Inama yatangajwe mu itangazamakuru mu ruganiriro rwiza i Washington, ni byiza, ariko gusura ibice bigenzurwa n’abahuzamugambi FARDC-FDLR-Wazalendo-FDNB [ingabo z’u Burundi], byaba byiza kurushaho.”

Abanyekongo b’Abanyamulenge bari mu bakomeje kugirwaho ingaruka n’ibikorwa bibi by’ubutegetsi bwa Congo bufatanyije n’abasanzwe bafasha FARDC mu rugamba ihanganyemo na AFC/M23, aho bakomeje kugirirwa nabi, bamwe bakicwa, abandi bagasahurwa n’abatwikirwa inzu zabo ku manywa y’ihangu.

Minisitiri Nduhungirehe
Patrick Muyaya ubwo yaganiraga n’aba Banyekongo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 15 =

Previous Post

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

Next Post

Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

Related Posts

Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

by radiotv10
05/02/2026
0

Perezida Paul Kagame avuga ko Abanyarwanda bakwiye guhora bumva ko kubaho neza nk’uko benshi ku Isi babayeho ari intego ihoraho,...

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

by radiotv10
05/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi REB, bwavuze ko umunyeshuri wigaga mu Ishuri ryisumbuye ryigamo abakobwa ryo mu Murenge wa Rusiga mu...

Umukwabu wo gushakisha abanyarugomo n’abajura wasize hafashwe abarenga 10 barimo abana bataye ishuri

Umukwabu wo gushakisha abanyarugomo n’abajura wasize hafashwe abarenga 10 barimo abana bataye ishuri

by radiotv10
05/02/2026
0

Umukwabu wo gushaka abakekwaho ibikorwa by’urugomo n’ubujura wakozwe mu isantere y’ubucuruzi ya Kinini mu Kagari ka Rwesera mu Murenge wa...

RUBAVU: Hari abarembejwe n’abiyise abuzukuru ba shitani

Abayobozi batatu mu Karere ka Rubavu banditse basezera ku mpamvu zabo bwite

by radiotv10
05/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwemeje ko abakozi bako batatu barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo, banditse basezera akazi, gusa buvuga...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Umwarimu wa Kaminuza ukurikiranyweho gusambanya abana biga mu yisumbuye yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
05/02/2026
0

Dr Manirakiza Benjamin wigisha muri Kaminuza, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge nyuma yo kubisabwa n’Ubushinjacyaha bumukurikiranyeho...

IZIHERUKA

Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero
MU RWANDA

Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

by radiotv10
05/02/2026
0

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

05/02/2026
REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

05/02/2026
Umukwabu wo gushakisha abanyarugomo n’abajura wasize hafashwe abarenga 10 barimo abana bataye ishuri

Umukwabu wo gushakisha abanyarugomo n’abajura wasize hafashwe abarenga 10 barimo abana bataye ishuri

05/02/2026
RUBAVU: Hari abarembejwe n’abiyise abuzukuru ba shitani

Abayobozi batatu mu Karere ka Rubavu banditse basezera ku mpamvu zabo bwite

05/02/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Umwarimu wa Kaminuza ukurikiranyweho gusambanya abana biga mu yisumbuye yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

05/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.