Umukwabu wo gushaka abakekwaho ibikorwa by’urugomo n’ubujura wakozwe mu isantere y’ubucuruzi ya Kinini mu Kagari ka Rwesera mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, wafatiwemo abantu 12 barimo abana batandatu bavuye mu ishuri.
Ni umukwabu wakozwe muri iyi santere iri mu Mudugudu wa Mutuza muri kariya Kagari ka Rwesero, nyuma yuko hamaze iminsi havugwa ibikorwa by’urugomo bikorwa n’abiganjemo abana bataye ishuri.
Iki gikorwa cyakozwe ku bufatanye bw’inzego z’Ibanze, iz’umutekano n’abaturage bari bamaze iminsi bavuga ko barembejwe n’ibi bikorwa bibi bikorwa n’aba bana.
Bamwe muri aba bafashwe, barimo abana bataye ishuri, bakishora muri izi ngeso mbi z’ubujura bakoraga burimo ubw’amatungo magufi ndetse n’ibikoresho byo mu nzu.
Umwe mu baturage bo muri aka gace avuga ko n’ikigo cy’ishuri cya APEKA Complex na cyo cyahoraga gitaka ubujura bw’ibikoresho.
Ati “Bahoraga bataka kwibwa no kwangirizwa bimwe mu bikoresho ntibamenye ababikora, abo bana bafashwe bemeye ko ari bo babikoraga.”
Aba baturage bavuga ko aba bana bakwiye kubanza kuganirizwa, kugira ngo hamenyekane n’abakorana na bo, kuko ibyo bibaga babigurishaga n’abandi.
Undi ati “bishoboka ko hari ababatuma ibyibano bakabaha udufaranga tw’intica ntikize, byose bimenyekane kuko abamaze iminsi bataka kwibwa ni benshi.”
Mukamusabyimana Marie Jeanne uyobora Umurenge wa Kagano, yavuze ko uyu mukwabu wakozwe hagamijwe gushakisha bariya bana bataye ishuri bakishora mu ngeso mbi, kandi ko bizakomeza gukorwa.
Uyu muyobozi avuga ko ubuyobozi kimwe n’ababyeyi bafite inshingano zo gukurikirana ko abana bose bari mu ishuri, abataririmo bagakurikiranwa kugira ngo hamenyekane ibyo barimo.
Ati “Ahantu hose tuba tugomba kuhagera, tugakurikirana umwana wese uri hanze, utari mu ishuri yari ari mu kigero cyo kwiga akarisubizwamo.
Yavuze kandi ko aba bafatiwe mu ngeso mbi, bagiye kuganirizwa kugira ngo hamenyekane impamvu yari yabibateye, ubundi bakazasubizwamo kuko ari bo Rwanda rw’ejo.
RADIOTV10






