Perezida Paul Kagame yongeye kugaruka ku bibazo byo mu karere u Rwanda ruherereyemo by’umwihariko ibyarwo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko n’u Burundi bwahoze ari umuvandimwe w’u Rwanda, bukaza guhitamo gufatanya na kiriya Gihugu cyo mu burengerazuba bwarwo, mu migambi mibi.
Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Kane ubwo yavugaga ku ishusho y’u Rwanda mu karere, n’ibibazo byarwo n’Abanyarwanda.
Yavuze ku hari ibibazo byugarije u Rwanda nk’Igihugu, avuga ko hari ibyo ubundi iki Gihugu gikwiye kwishakira ibisubizo, ariko hakaba n’ibindi giterwa n’abandi.
Yagarutse ku mateka y’u Rwanda, avuga ko bimwe mu bibazo byarugwiwiriye biturutse hanze, bityo ko nta mpamvu yo kudashaka umuti w’ibyo bibazo biri mu bushobozi bwacyo.
Yagerageje kubigereranya, avuga ko 50% ari ibizo ubundi by’Igihugu ubwacyo indi 50% bikaba ibiyuruka hanze giterwa n’abandi bifuza ko Abanyarwanda babaho uko babyifuza.
Ati “Ariko ibituruka hanze byo, biranakaze kurushaho, kugira ngo mwemere ko mwabaho kubera abandi, dukwiye kubigira icyaha, ntabwo twaremwe n’abantu abo ari bo bose, ntabo. Ntitaye ku buhanganye waba ufite, ntitaye ku bukire waba ufite, ntitaye ku ntego runaka waba ufite, twebwe nk’igihugu gito nk’u Rwanda, tugomba guhagurukira tugahangana na byo.”
Yavuze ko muri aya mateka, u Rwanda rufite umwihariko ku Isi yose, bikaze mu buryo bwabyo, ariko hakiyongeraho n’ibibazo ruterwa n’abandi.
Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga
Perezida Kagame yagarutse ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rimwe na rimwe bikazamo n’u Burundi na bwo bwahisemo umurongo mubi nyamara ubundi ari Igihugu gisangiye byinshi n’u Rwanda.
Ati “Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi babita ko ari impanga, ariko Abarundi bo bahisemo ngo kuvuga ngo ‘No, ntabwo tugishaka kuba impanga namwe, turashaka kuba impanga n’Abanyekongo’.”
Avuga ko ibi ubwabyo ntakibazo kirimo kuko “niba umuntu afite guhitamo uwo avukana na we cyangwa uwo abana na we impanga ibyo ntacyo nabikorera njyewe, urabyemera”, ariko ko ikibazo kizira ku kuba byarajemo politiki mbi, yo “kwiyanga no kwanga abandi, ibyo bakabihuriraho.”
Yavuze kandi ko abayobozi b’ibyo Bihugu, ubwabo babyivugira bakagaragaza bafitiye imigambi mibisha ku Rwanda ko bashaka kurutera bagakuraho ubutegetsi buriho, bitwaje intambara imaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, ariko bakirengagiza umuzi wazo ko ntaho uhuriye n’u Rwanda.
Ati “Iyi ntambara yo muri Congo mureba, ntabwo yatangijwe n’u Rwanda, ntabwo yaturutse mu Rwanda […] iyi ntambara yaturutse ahandi ntabwo yaturutse mu Rwanda. Aho handi sinirirwa mpasubiramo, narahavuze. Yaturutse kuri Congo ariko ituruka n’ahandi uko babigenje hagati yabo ibyo ntabwo bindeba.”
Yavuze ko ikibazo u Rwanda rufite muri Congo, “kijyanye n’Intarahamwe ziri hariya, na politiki, n’ingengabitekerezo ishingiye kuri Jenoside, kandi bagahora iteka batunga urutoki u Rwnada ngo ‘turaje tubagenze nk’uko twabagenje ubushize’.”
Perezida Kagame yavuze ko iyi migambi mibisha yose, ituma u Rwanda rushyiraho ingamba zo kwirinda no kurinda abarutuye kuko ari yo ntego rushyira imbere.
RADIOTV10






