Thursday, February 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze

radiotv10by radiotv10
05/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yongeye kugaruka ku bibazo byo mu karere u Rwanda ruherereyemo by’umwihariko ibyarwo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko n’u Burundi bwahoze ari umuvandimwe w’u Rwanda, bukaza guhitamo gufatanya na kiriya Gihugu cyo mu burengerazuba bwarwo, mu migambi mibi.

Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Kane ubwo yavugaga ku ishusho y’u Rwanda mu karere, n’ibibazo byarwo n’Abanyarwanda.

Yavuze ku hari ibibazo byugarije u Rwanda nk’Igihugu, avuga ko hari ibyo ubundi iki Gihugu gikwiye kwishakira ibisubizo, ariko hakaba n’ibindi giterwa n’abandi.

Yagarutse ku mateka y’u Rwanda, avuga ko bimwe mu bibazo byarugwiwiriye biturutse hanze, bityo ko nta mpamvu yo kudashaka umuti w’ibyo bibazo biri mu bushobozi bwacyo.

Yagerageje kubigereranya, avuga ko 50% ari ibizo ubundi by’Igihugu ubwacyo indi 50% bikaba ibiyuruka hanze giterwa n’abandi bifuza ko Abanyarwanda babaho uko babyifuza.

Ati “Ariko ibituruka hanze byo, biranakaze kurushaho, kugira ngo mwemere ko mwabaho kubera abandi, dukwiye kubigira icyaha, ntabwo twaremwe n’abantu abo ari bo bose, ntabo. Ntitaye ku buhanganye waba ufite, ntitaye ku bukire waba ufite, ntitaye ku ntego runaka waba ufite, twebwe nk’igihugu gito nk’u Rwanda, tugomba guhagurukira tugahangana na byo.”

Yavuze ko muri aya mateka, u Rwanda rufite umwihariko ku Isi yose, bikaze mu buryo bwabyo, ariko hakiyongeraho n’ibibazo ruterwa n’abandi.

 

Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga

Perezida Kagame yagarutse ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rimwe na rimwe bikazamo n’u Burundi na bwo bwahisemo umurongo mubi nyamara ubundi ari Igihugu gisangiye byinshi n’u Rwanda.

Ati “Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi babita ko ari impanga, ariko Abarundi bo bahisemo ngo kuvuga ngo ‘No, ntabwo tugishaka kuba impanga namwe, turashaka kuba impanga n’Abanyekongo’.”

Avuga ko ibi ubwabyo ntakibazo kirimo kuko “niba umuntu afite guhitamo uwo avukana na we cyangwa uwo abana na we impanga ibyo ntacyo nabikorera njyewe, urabyemera”, ariko ko ikibazo kizira ku kuba byarajemo politiki mbi, yo “kwiyanga no kwanga abandi, ibyo bakabihuriraho.”

Yavuze kandi ko abayobozi b’ibyo Bihugu, ubwabo babyivugira bakagaragaza bafitiye imigambi mibisha ku Rwanda ko bashaka kurutera bagakuraho ubutegetsi buriho, bitwaje intambara imaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, ariko bakirengagiza umuzi wazo ko ntaho uhuriye n’u Rwanda.

Ati “Iyi ntambara yo muri Congo mureba, ntabwo yatangijwe n’u Rwanda, ntabwo yaturutse mu Rwanda […] iyi ntambara yaturutse ahandi ntabwo yaturutse mu Rwanda. Aho handi sinirirwa mpasubiramo, narahavuze. Yaturutse kuri Congo ariko ituruka n’ahandi uko babigenje hagati yabo ibyo ntabwo bindeba.”

Yavuze ko ikibazo u Rwanda rufite muri Congo, “kijyanye n’Intarahamwe ziri hariya, na politiki, n’ingengabitekerezo ishingiye kuri Jenoside, kandi bagahora iteka batunga urutoki u Rwnada ngo ‘turaje tubagenze nk’uko twabagenje ubushize’.”

Perezida Kagame yavuze ko iyi migambi mibisha yose, ituma u Rwanda rushyiraho ingamba zo kwirinda no kurinda abarutuye kuko ari yo ntego rushyira imbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 16 =

Previous Post

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

Related Posts

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

by radiotv10
05/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi REB, bwavuze ko umunyeshuri wigaga mu Ishuri ryisumbuye ryigamo abakobwa ryo mu Murenge wa Rusiga mu...

Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

by radiotv10
05/02/2026
0

Perezida Paul Kagame avuga ko Abanyarwanda bakwiye guhora bumva ko kubaho neza nk’uko benshi ku Isi babayeho ari intego ihoraho,...

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

by radiotv10
05/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b'Abanyamulenge bahuriye na Patrick Muyaya-Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC i...

Umukwabu wo gushakisha abanyarugomo n’abajura wasize hafashwe abarenga 10 barimo abana bataye ishuri

Umukwabu wo gushakisha abanyarugomo n’abajura wasize hafashwe abarenga 10 barimo abana bataye ishuri

by radiotv10
05/02/2026
0

Umukwabu wo gushaka abakekwaho ibikorwa by’urugomo n’ubujura wakozwe mu isantere y’ubucuruzi ya Kinini mu Kagari ka Rwesera mu Murenge wa...

RUBAVU: Hari abarembejwe n’abiyise abuzukuru ba shitani

Abayobozi batatu mu Karere ka Rubavu banditse basezera ku mpamvu zabo bwite

by radiotv10
05/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwemeje ko abakozi bako batatu barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo, banditse basezera akazi, gusa buvuga...

IZIHERUKA

Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze
MU RWANDA

Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze

by radiotv10
05/02/2026
0

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

05/02/2026
Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

05/02/2026
Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

05/02/2026
Umukwabu wo gushakisha abanyarugomo n’abajura wasize hafashwe abarenga 10 barimo abana bataye ishuri

Umukwabu wo gushakisha abanyarugomo n’abajura wasize hafashwe abarenga 10 barimo abana bataye ishuri

05/02/2026
RUBAVU: Hari abarembejwe n’abiyise abuzukuru ba shitani

Abayobozi batatu mu Karere ka Rubavu banditse basezera ku mpamvu zabo bwite

05/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.