Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

radiotv10by radiotv10
06/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe watangaje ko wababajwe n’igitero cy’indege zitagira abapilote Ihuriro AFC/M23 riherutse kugaba ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi wa AU (Africa Union) kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Gashyantare 2026.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Perezida wa Komisiyo ya AU, Mahmoud Ali Youssouf yavuze ko “atewe impungenge bikomeye kandi anenga cyane igitero cya drone cyagabwe ku kibuga cy’indege cya Kisangani, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi gishinjwa Ingabo za AFC/M23.”

Yakomeje avuga ko kiriya gitero cyagabwe ku bikorwa remezo by’ikibuga cy’indege giherereye mu mujyi munini kandi gishyira mu kaga ubuzima bw’abaturage b’abasivili, ari ukurenga ku mategeko mpuzamahanga y’ikiremwamuntu.

Yakomeje avuga ko mu gihe nta bimenyetso bifatika ko kuri kiriya kibuga cy’indege cyakorerwagaho ibikorwa bya gisirikare, ibikorwa bya kiriya kibuga cy’indege byakomeza gufatwa nk’icya gisivile nk’uko biteganywa n’amategeko mpuzamahanga.

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23, mu itangazo buherutse gushyira hanze bwemera iki gitero, bwavuze ko kiriya kibuga cy’Indege cyakoreshwaga n’uruhande bahanganye rugizwe na FARDC mu buryo bwo gutegura ibikorwa bya gisirikare by’ibitero rwagiye rugaba mu bice binyuranye byahitanye inzirakarengane z’abasivile ndetse no mu bice bigenzurwa n’iri Huriro.

Iri Huriro kandi ryavuze ko ritazigera ryihanganira ibikorwa nka biriya, ndetse ko rizajya rijya kubiburizamo ribisanze aho bitegurirwa nk’uko byakozwe hariya i Kisangani.

Perezida wa Komisiyo ya AU, muri iri tangazo yashyize hanze, yavuze ko imitwe yitwaje intwaro yose itari igisirikare cya Leta, idashobora gukoresha impamvu iyo ari yo yose yaba politiki, iy’umutekano cyangwa iya gisirikare kugira ngo yemeze ibikorwa byibasira cyangwa bibangamira abaturage cyangwa ibikorwa remezo by’abaturage.

Ati “Ibikorwa nk’ibyo bishobora kandi gushinja icyaha ku giti cy’ababikoze n’abaterankunga babo, hakurikijwe amategeko mpuzamahanga akurikizwa.”

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yakomeje avuga kandi ko atewe impungenge no kuba ibibazo by’umutekano bikomeje kwiyongera mu mijyi imwe n’imwe, kandi ko bishyira mu kaga umutekano wo mu Burasirazuba bwa DRC ndetse n’akarere kose.

Ati “Ku bw’iyo mpamvu, Perezida wa Komisiyo arasaba AFC/M23 guhagarika vuba na bwangu imirwano yose, kureka gukoresha impamvu iyo ari yo yose nk’uburyo bw’intambara budasobanutse, no kubahiriza byimazeyo amasezerano yashyizweho mu biganiro by’amahoro bikomeje.”

Yanasabye kandi ko impande zombi zubahiriza amasezerano y’i Doha yasinywe hagati ya Leta ya Congo n’iri Huriro rya AFC/M23, nka bumwe mu buryo bwo guhagarika intambara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

Next Post

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.