Friday, February 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

radiotv10by radiotv10
06/02/2026
in MU RWANDA
0
Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph yagaragaje ko mu myaka 32 ishize u Rwanda rwateye intambwe ishimishije mu rwego rw’uburezi nk’inkingi ya mwamba haba ku muntu ku giti cye ndetse no ku Gihugu muri rusange.

Ibi Minisitiri w’Uburezi mu Rwanda, Nsengimana Joseph, yabigarutseho mu kiganiro cyagarukaga ku miyoborere myiza, uburezi n’umurimo, cyatangiwe mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano iri kuba ku nshuro ya 20.

Yagize ati “Iyo urebye aho uburezi bwari buri nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bwari ku butaka. Leta yagombaga kubwubaka ihereye ku busa; hari amashuri yari yarasenywe, ariko cyane cyane abarimu benshi bari barishwe, abandi benshi barahunga. Ubwo rero ni ho twahereye. Uretse n’ibyo, politike y’uburezi yari ihari icyo gihe yari politike iheza, uburezi bugenewe bake. Ariko politike yashyizweho mu myaka 32 ishize yari igamije kwagura amarembo y’uburezi kugira ngo Abanyarwanda bose babugane, kandi iyo ntambwe yaratewe.”

Yatanze ingero zisobanura ibyo avuga. Yagize ati “Mbere y’umwaka wa 1994 amashuri y’incuke yari mbarwa, ariko ubu dufite abana basaga ibihumbi 680 biga mu mashuri y’incuke. Bisobanuye ko ubu abana b’Abanyarwanda bategurwa hakiri kare mbere yo kujya mu mashuri abanza, bikabaha amahirwe yo kwiga neza no gutsinda.”

Yakomeje agaragaza ko n’umubare w’abitabira amashuri yisumbuye wiyongereye. Ati “Urundi rugero natanga ni urw’amashuri yisumbuye. Mu 1994, hari Abanyarwanda ibihumbi 37 gusa bigaga amashuri yisumbuye; uyu munsi hari Abanyarwanda basaga ibihumbi 787 biga ayo mashuri, bikaba byikubye inshuro zirenga 20. Ibi bigaragaza ko amarembo y’uburezi yaguwe koko kandi Abanyarwanda bakayagana.”

Ku rwego rw’amashuri makuru na kaminuza na ho, ababyitabira barazamutse. Minisitiri Joseph yagaragaje ko kugeza mu mwaka wa 1994 Abanyarwanda bari barize kaminuza bari ibihumbi 2 gusa, ariko ubu umubare w’abiga kaminuza warazamutse cyane.

Yongeyeho ko mu 2025 Kaminuza y’u Rwanda yonyine yashyize ku isoko ry’umurimo abasaga ibihumbi 9, agaragaza ko ibi byerekana ko ingamba zo guteza imbere uburezi zashyizweho zatanze umusaruro.

Nubwo hari byinshi byakozwe, Minisitiri w’Uburezi yagaragaje ko bataragera aho bifuza kugera. Yagize ati “Turacyafite ibibazo duhanganye na byo mu rwego rwo kuzamura ireme ry’uburezi. Kubera politike yo gufungura amarembo ngo abana bose bagane ishuri, dufite abana benshi mu mashuri, bikaba bitera ubucucike. Leta ikomeje kubaka ibyumba by’amashuri kugira ngo bugabanuke. Urugero, hubatswe ibyumba by’amashuri ibihumbi 27,500 hagati ya 2017 na 2024, ariko ntibirahagije. Turakomeza kubaka kugira ngo ubucucike bugabanuke bugere ku kigero twifuza.”

Minisitiri w’Uburezi yanavuze ko abarimu bazakomeza guhugurwa mu masomo yose bigisha kugira ngo babashe gutanga umusanzu wabo mu gikorwa cyo kurerera u Rwanda.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

Next Post

Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

by radiotv10
06/02/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we Ngabo Eric amugongeye ku kabari ko...

Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

by radiotv10
06/02/2026
0

Banki Nkuru y'u Rwanda (BNR) irasaba abakoresha inoti z’amafaranga y’u Rwanda mu bikorwa by’imitako n’imirimo mu birori, ko baba bakoze...

Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire-Min.Nduhungirehe yongeye kwizeza ko u Rwanda rurinzwe bihagije

Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire-Min.Nduhungirehe yongeye kwizeza ko u Rwanda rurinzwe bihagije

by radiotv10
06/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire, yavuze ko nubwo hari ibyashatse guhungubanya umutekano w’u Rwanda, ariko iki Gihugu cyashyizeho...

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umugabo washakishwaga akekwaho kwica uwo basangiraga inzoga muri Muhanga yafatiwe i Rubavu

by radiotv10
06/02/2026
0

Umugabo w’imyaka 40 ukekwaho kwicira mugenzi we mu isantere yo mu Murenge wa Kiyumba mu Karere ka Muhanga, aho basangiraga...

Love at work: Is it good or bad for the job?

Love at work: Is it good or bad for the job?

by radiotv10
06/02/2026
0

People spend a large part of their day at work, often more time than they spend at home. Because of...

IZIHERUKA

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi
AMAHANGA

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

by radiotv10
06/02/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

06/02/2026
Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

06/02/2026
Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

06/02/2026
Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

06/02/2026
Umusirikare urinda urugo rw’Umuvunyi Mukuru mu Burundi yarashe umuturage aramwica

Umusirikare urinda urugo rw’Umuvunyi Mukuru mu Burundi yarashe umuturage aramwica

06/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.