Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

radiotv10by radiotv10
06/02/2026
in MU RWANDA
0
Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph yagaragaje ko mu myaka 32 ishize u Rwanda rwateye intambwe ishimishije mu rwego rw’uburezi nk’inkingi ya mwamba haba ku muntu ku giti cye ndetse no ku Gihugu muri rusange.

Ibi Minisitiri w’Uburezi mu Rwanda, Nsengimana Joseph, yabigarutseho mu kiganiro cyagarukaga ku miyoborere myiza, uburezi n’umurimo, cyatangiwe mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano iri kuba ku nshuro ya 20.

Yagize ati “Iyo urebye aho uburezi bwari buri nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bwari ku butaka. Leta yagombaga kubwubaka ihereye ku busa; hari amashuri yari yarasenywe, ariko cyane cyane abarimu benshi bari barishwe, abandi benshi barahunga. Ubwo rero ni ho twahereye. Uretse n’ibyo, politike y’uburezi yari ihari icyo gihe yari politike iheza, uburezi bugenewe bake. Ariko politike yashyizweho mu myaka 32 ishize yari igamije kwagura amarembo y’uburezi kugira ngo Abanyarwanda bose babugane, kandi iyo ntambwe yaratewe.”

Yatanze ingero zisobanura ibyo avuga. Yagize ati “Mbere y’umwaka wa 1994 amashuri y’incuke yari mbarwa, ariko ubu dufite abana basaga ibihumbi 680 biga mu mashuri y’incuke. Bisobanuye ko ubu abana b’Abanyarwanda bategurwa hakiri kare mbere yo kujya mu mashuri abanza, bikabaha amahirwe yo kwiga neza no gutsinda.”

Yakomeje agaragaza ko n’umubare w’abitabira amashuri yisumbuye wiyongereye. Ati “Urundi rugero natanga ni urw’amashuri yisumbuye. Mu 1994, hari Abanyarwanda ibihumbi 37 gusa bigaga amashuri yisumbuye; uyu munsi hari Abanyarwanda basaga ibihumbi 787 biga ayo mashuri, bikaba byikubye inshuro zirenga 20. Ibi bigaragaza ko amarembo y’uburezi yaguwe koko kandi Abanyarwanda bakayagana.”

Ku rwego rw’amashuri makuru na kaminuza na ho, ababyitabira barazamutse. Minisitiri Joseph yagaragaje ko kugeza mu mwaka wa 1994 Abanyarwanda bari barize kaminuza bari ibihumbi 2 gusa, ariko ubu umubare w’abiga kaminuza warazamutse cyane.

Yongeyeho ko mu 2025 Kaminuza y’u Rwanda yonyine yashyize ku isoko ry’umurimo abasaga ibihumbi 9, agaragaza ko ibi byerekana ko ingamba zo guteza imbere uburezi zashyizweho zatanze umusaruro.

Nubwo hari byinshi byakozwe, Minisitiri w’Uburezi yagaragaje ko bataragera aho bifuza kugera. Yagize ati “Turacyafite ibibazo duhanganye na byo mu rwego rwo kuzamura ireme ry’uburezi. Kubera politike yo gufungura amarembo ngo abana bose bagane ishuri, dufite abana benshi mu mashuri, bikaba bitera ubucucike. Leta ikomeje kubaka ibyumba by’amashuri kugira ngo bugabanuke. Urugero, hubatswe ibyumba by’amashuri ibihumbi 27,500 hagati ya 2017 na 2024, ariko ntibirahagije. Turakomeza kubaka kugira ngo ubucucike bugabanuke bugere ku kigero twifuza.”

Minisitiri w’Uburezi yanavuze ko abarimu bazakomeza guhugurwa mu masomo yose bigisha kugira ngo babashe gutanga umusanzu wabo mu gikorwa cyo kurerera u Rwanda.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Abakoresha amafaranga y’u Rwanda mu mitako no mu mpano zirimbishije bongeye kuburirwa

Next Post

Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.