Bamwe mu batujwe mu mudugudu w’abatishoboye wa Nyamwishyura, uherereye mu Kagari ka Bisizi, mu Murenge wa Nyakiriba, mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bamaze imyaka itandatu bawutujwemo ariko inzu babakiwe zikaba zaratangiye gusenyuka ku buryo zimwe zamaze kugwa.
Ni imiryango igera kuri 20 y’abaturage bakennye yatandukanye n’ahandi yari ituye igatujwa muri uyu mudugudu wubatswe mu buryo bwa 2 in 1. Abaturage bavuga ko mu myaka itatu ishize ari bwo batangiye kubamo bafite ubwoba, nyuma y’uko inzu ya mbere iguye. Mukabera Zipora, wari utuye muri imwe mu nzu zaguye, asobanura uko guhera icyo gihe ubuzima bwe bwahindutse akaga.
Zipora ati: “Nayimazemo imyaka 2 ihita igwa, maze gitifu ankodeshereza umwaka umwe, arangije arambwira ngo nishakemo ibisubizo. Ndakodesha, ariko bigeze aho birananira ku buryo ubu ndara aho mbonye.”
Umunyamakuru wa RADIOTV 10 yasanze hari n’izindi nzu zisaga ebyiri zamaze gusenyuka, ku buryo ba nyirazo bazihunze, ibintu byongereye ubwoba ku miryango ikizirimo igasigara ikavuga ko ishobora kugwirwa na zo.
Ntamunoza Daphrose ati “Ubundi bazituzanyemo zituzuye neza bakajya bazikora tuzirimo. Ubwo rero ejo bundi twari turi kurandura utuboga hafi y’inzu, tukihava kiba kiraguye. Tugira amahirwe tuba turarokotse njye n’umwana, ariko cyaguye ku nkoko zari zirimo.”
Mukasine Budensiyana ati “Ntabwo nsinzira kuko ndara mfite ubwoba ngo irangwaho, kandi ndi incike, mba njyenyine mu nzu simfite n’umpumuriza! N’iyo ukoze ku gikuta uri nko gusasa igitaka kirundumukirira ku buriri.”
Nyirabahutu Beatrice ati “Izi nzu zatangiye kutugwaho tukizigeramo, kuko nk’iyi mureba yaguye ejobundi, yari iguye ubwa kabiri. Duhorana ubwoba, kuko abafite nka bene wabo bashobora kubacumbikira bo bamaze guhunga; twe tukizirimo rero nta kundi twabigenza. Uwo izagwaho azapfa, nta kundi twabigira.”
Uretse ikibazo cy’inzu, abaturage banavuga ko bafite ikibazo gikomeye cy’ubwiherero. Bavuga ko ubwiherero bwinshi bwangiritse cyane ku buryo hasigaye butarenze butatu bwifashishwa n’abaturage bose batuye muri uyu mudugudu, bikaba biteza impungenge ku isuku n’ubuzima rusange.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyakiriba, Tuyishime Jean Bosco, yavuze ko ubuyobozi buzi iki kibazo kandi ko bakwiye kwihangana mu gihe hagishakishwa ubufasha bwo gusana izo nzu.
Gitifu Tuyishime Jean Bosco ati “Ntawe uhunga inzu, bo nibakomeze bihangane, kuko twasannye imwe, izindi turacyashaka ubufasha bwo kuzisana, kuko gufasha abaturage ari inshingano za Leta.”
Abaturage basaba Leta n’abandi bafatanyabikorwa kubatabara byihuse, bagasanirwa izo nzu ndetse n’ubwiherero bwangiritse, kugira ngo bagire umutekano n’ubuzima bwiza.




Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10







