Tuesday, February 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Impungenge z’abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye

radiotv10by radiotv10
10/02/2026
in MU RWANDA
0
Rubavu: Impungenge z’abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batujwe mu mudugudu w’abatishoboye wa Nyamwishyura, uherereye mu Kagari ka Bisizi, mu Murenge wa Nyakiriba, mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bamaze imyaka itandatu bawutujwemo ariko inzu babakiwe zikaba zaratangiye gusenyuka ku buryo zimwe zamaze kugwa.

Ni imiryango igera kuri 20 y’abaturage bakennye yatandukanye n’ahandi yari ituye igatujwa muri uyu mudugudu wubatswe mu buryo bwa 2 in 1. Abaturage bavuga ko mu myaka itatu ishize ari bwo batangiye kubamo bafite ubwoba, nyuma y’uko inzu ya mbere iguye. Mukabera Zipora, wari utuye muri imwe mu nzu zaguye, asobanura uko guhera icyo gihe ubuzima bwe bwahindutse akaga.

Zipora ati: “Nayimazemo imyaka 2 ihita igwa, maze gitifu ankodeshereza umwaka umwe, arangije arambwira ngo nishakemo ibisubizo. Ndakodesha, ariko bigeze aho birananira ku buryo ubu ndara aho mbonye.”

Umunyamakuru wa RADIOTV 10 yasanze hari n’izindi nzu zisaga ebyiri zamaze gusenyuka, ku buryo ba nyirazo bazihunze, ibintu byongereye ubwoba ku miryango ikizirimo igasigara ikavuga ko ishobora kugwirwa na zo.

Ntamunoza Daphrose ati “Ubundi bazituzanyemo zituzuye neza bakajya bazikora tuzirimo. Ubwo rero ejo bundi twari turi kurandura utuboga hafi y’inzu, tukihava kiba kiraguye. Tugira amahirwe tuba turarokotse njye n’umwana, ariko cyaguye ku nkoko zari zirimo.”

Mukasine Budensiyana ati “Ntabwo nsinzira kuko ndara mfite ubwoba ngo irangwaho, kandi ndi incike, mba njyenyine mu nzu simfite n’umpumuriza! N’iyo ukoze ku gikuta uri nko gusasa igitaka kirundumukirira ku buriri.”

Nyirabahutu Beatrice ati “Izi nzu zatangiye kutugwaho tukizigeramo, kuko nk’iyi mureba yaguye ejobundi, yari iguye ubwa kabiri. Duhorana ubwoba, kuko abafite nka bene wabo bashobora kubacumbikira bo bamaze guhunga; twe tukizirimo rero nta kundi twabigenza. Uwo izagwaho azapfa, nta kundi twabigira.”

Uretse ikibazo cy’inzu, abaturage banavuga ko bafite ikibazo gikomeye cy’ubwiherero. Bavuga ko ubwiherero bwinshi bwangiritse cyane ku buryo hasigaye butarenze butatu bwifashishwa n’abaturage bose batuye muri uyu mudugudu, bikaba biteza impungenge ku isuku n’ubuzima rusange.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyakiriba, Tuyishime Jean Bosco, yavuze ko ubuyobozi buzi iki kibazo kandi ko bakwiye kwihangana mu gihe hagishakishwa ubufasha bwo gusana izo nzu.

Gitifu Tuyishime Jean Bosco ati “Ntawe uhunga inzu, bo nibakomeze bihangane, kuko twasannye imwe, izindi turacyashaka ubufasha bwo kuzisana, kuko gufasha abaturage ari inshingano za Leta.”

Abaturage basaba Leta n’abandi bafatanyabikorwa kubatabara byihuse, bagasanirwa izo nzu ndetse n’ubwiherero bwangiritse, kugira ngo bagire umutekano n’ubuzima bwiza.

Inzu bubakiwe zimaze imyaka itandatu
Zarangiritse cyane
Baratabaza

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + twenty =

Previous Post

How Rwanda’s Digital ID will let citizens control their personal information

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

How Rwanda’s Digital ID will let citizens control their personal information

by radiotv10
09/02/2026
0

The Director General of the National Identification Agency (NIDA), Mukesha Josephine, has clarified how the digital national ID will work,...

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

by radiotv10
09/02/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho ubujura baherutse kwinjira muri rigore iherereye i Nyamirambo mu Mujyi...

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare mu Rwanda bwavuze ku iperereza riri gukorwa kuri Brig.Gen.Gakwerere wahoze mu buyobozi bwa FDLR

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare mu Rwanda bwavuze ku iperereza riri gukorwa kuri Brig.Gen.Gakwerere wahoze mu buyobozi bwa FDLR

by radiotv10
09/02/2026
0

Ubushinjacyaha Bukuru bwa Gisirikare mu Rwanda bwavuze ko hakiri gukorwa iperereza kuri Brig. Gen. Ezechiel Gakwerere wahoze mu buyobozi bwo...

Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

by radiotv10
09/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bidasobanutse kuba umunyamakuru Hariana Verás Victória avuga ko avuganirana Abanyafurika muri...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ko hari ibice bigiye kuzaburamo umuriro w’amashanyarazi mu Rwanda

by radiotv10
09/02/2026
0

Sosiyete y’Igihugu ishinzwe Ingufu REG, yagaragaje ibice bizagaragaramo ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bihe bitandukanye hagati ya tariki 09 n’iya 17...

IZIHERUKA

Rubavu: Impungenge z’abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye
MU RWANDA

Rubavu: Impungenge z’abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye

by radiotv10
10/02/2026
0

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

How Rwanda’s Digital ID will let citizens control their personal information

09/02/2026
Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

09/02/2026
Amakuru mashya: Urukiko rwateye utwatsi ubujurire bwa Dj Toxxyk

Amakuru mashya: Urukiko rwateye utwatsi ubujurire bwa Dj Toxxyk

09/02/2026
Ubushinjacyaha bwa Gisirikare mu Rwanda bwavuze ku iperereza riri gukorwa kuri Brig.Gen.Gakwerere wahoze mu buyobozi bwa FDLR

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare mu Rwanda bwavuze ku iperereza riri gukorwa kuri Brig.Gen.Gakwerere wahoze mu buyobozi bwa FDLR

09/02/2026
Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

09/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rubavu: Impungenge z’abamaze imyaka itandatu mu nzu bubakiwe zituma barara badasinziriye

How Rwanda’s Digital ID will let citizens control their personal information

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.