Thursday, March 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare mu Rwanda bwavuze ku iperereza riri gukorwa kuri Brig.Gen.Gakwerere wahoze mu buyobozi bwa FDLR

radiotv10by radiotv10
09/02/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ubushinjacyaha bwa Gisirikare mu Rwanda bwavuze ku iperereza riri gukorwa kuri Brig.Gen.Gakwerere wahoze mu buyobozi bwa FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha Bukuru bwa Gisirikare mu Rwanda bwavuze ko hakiri gukorwa iperereza kuri Brig. Gen. Ezechiel Gakwerere wahoze mu buyobozi bwo hejuru bw’umutwe w’iterabwoba wa FDLR uherutse koherezwa mu Rwanda, ku buryo mu gihe kiri imbere ashobora kuzaburanishwa, kandi akazaburanishirizwa mu ruhame.

Brig. Gen. Gakwerere wahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa FDLR, yafatiwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23, rimwohereza mu Rwanda muri Werurwe 2025.

Uyu wahoze ari umwe mu bayobozi bakomeye muri FDLR, yahise atangira gukorwaho iperereza n’inzego z’umutekano z’u Rwanda, nk’uko byemejwe n’Umushinjacyaha Mukuru wa Gisirikare, Col. Charles Sumanyi.

Col. Charles Sumanyi, mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 09 Gashyantare 2025, yavuze ko Brig. Gen. Ezechiel Gakwerere yari afite umwanya wo hejuru muri uriya mutwe w’iterabwoba, ku buryo “afite amakuru menshi ajyanye n’ibikorwa byabo byo mu bihe byashize n’ibiri gukorwa ubu.”

Col. Charles yagize ati “Inzego z’umutekano ziracyakomeza kumubaza ibibazo bimwe na bimwe, mu gihe kitari kirekire kandi kitazwi, igihe kizagera azashyikirizwa ubutabera bwa gisirikare.”

Umushinjacyaha Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, avuga ko imanza za RDF zikunze kubera mu ruhame, ku buryo n’uru rwa Gen, Gakwerere ruzakorwa muri ubu buryo “kandi buri wese ubyifuza azashobora kuzikurikirana.”

Brig. Gen. Gakwerere ni umwe mu bagize uruhare runini muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba kandi ari umwe mu basirikare boherejwe kwica Umwamikazi Rosalie Gicanda ku itariki 20 Mata 1994.

Uyu wari ufite ipeti rya Lieutenant ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaga, anakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’uwahoze ari Perefe w’iyahoze ari Peregegitura ya Butare, Jean-Baptiste Habyarimana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

Next Post

Amakuru mashya: Urukiko rwateye utwatsi ubujurire bwa Dj Toxxyk

Related Posts

Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

by radiotv10
11/03/2026
0

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Uwera Jean Maurice yatangaje ko igitero cy’indege zitagira abapilote cyabereye i Goma muri DRC,...

Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

by radiotv10
11/03/2026
0

Umuhanda Nyamasheke- Nyamagabe (hagati y’Intara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo) nturi nyabagendwa nyuma yuko imodoka y’ikamyi igiriye ikibazo ahaziwa nka Gisakura, ikabuza ibindi...

U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

by radiotv10
11/03/2026
0

I Kigali mu Rwanda hari kubera inama y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare zo mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba...

Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Umunyeshuri w’umukobwa wabuze muri weekend yose yasanzwe aryamye kwa mwarimu

by radiotv10
10/03/2026
0

Umwarimu wigisha mu ishuri riherereye mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, yatawe muri yombi nyuma yuko mu icumbi...

Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Umugore w’i Kigali uregwa gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yafatiwe icyemezo

by radiotv10
10/03/2026
0

Umugore w’imyaka 34 wo mu Karere ka Gasabo ukurikiranyweho gusambanya inshuro ebyiri umwana w’umuhungu w’imyaka 14, wireguraga avuga ko babikoze...

IZIHERUKA

Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga
MU RWANDA

Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

by radiotv10
11/03/2026
0

Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga

Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga

11/03/2026
Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

11/03/2026
BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

11/03/2026
BREAKING: Uwo bikekwa ko ari umusirikare wa Congo yarashe urufaya rw’amasasu mu Rwanda

Umusirikare wa Congo yishe arashe abarwanyi b’umutwe ukorana na FARDC

11/03/2026
U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

11/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya: Urukiko rwateye utwatsi ubujurire bwa Dj Toxxyk

Amakuru mashya: Urukiko rwateye utwatsi ubujurire bwa Dj Toxxyk

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuvugizi Wungirije w’u Rwanda yavuze ko igitero cyagabwe i Goma cyashimangiye impungenge rwakunze kuvuga

Israel yemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran yakomeretse ubwo Se yicwaga

Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.