Saturday, February 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

radiotv10by radiotv10
14/02/2026
in MU RWANDA
0
Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, aravuga ko Guverinoma igiye kuganira n’inzego zirebwa no kwagura umuhanda Remera-Masaka kugira ngo bitazabangamira serivisi z’ubuvuzi z’ibitaro bya CHUK bigiye kwimukira i Masaka.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa yavuze ko imirimo yo kubaka ahazimukira Ibitaro bya CHUK i Masaka, igeze kuri 98%.

Yemeje ko ibikorwa byo kwimura ibitaro bizatangira mu kwezi kwa gatatu bikazarangira mu kwezi kwa cyenda uyu mwaka wa 2026, kandi bizakorwa mu byiciro bitandukanye kugeza muri Nzeri.

Depite Munyangeyo Theogene yagaragaje impungenge ko umuhanda Remera–Prince House–Masaka uri kubakwa ushobora kuzagira ingaruka kuri serivisi z’ubuvuzi z’ibitaro bya CHUK bigiye kwimukira i Masaka.

Yagize ati: “Uyu muhanda Remera–Prince House–Masaka, abantu batangiye kuwuvamo kubera imirimo yo kuwubaka. Ubusanzwe abantu bahamaraga amasaha abiri kubera umuvundo w’ibinyabiziga, none ushobora kuzajya utwara amasaha ane. Umurwayi uri muri iyo nzira, uwihutirwa, inkomere n’abandi bashobora kumara amasaha abiri cyangwa ane mu muhanda. Ibyo nabyo muzabirebe.”

Minisitiri Murangwa yavuze ko bagiye kuganira n’inzego zirebwa n’ikibazo cy’imihanda kugira ngo bitazabangamira serivisi z’ubuvuzi z’ibitaro bya CHUK zigiye kwimurirwa i Masaka.

Yagize ati: “Ku bijyanye n’umuhanda Remera–Masaka ugiye gukorwa, tuzafatanya n’ababishinzwe bose turebe ko bitegurwa neza kugira ngo bitazateza ikibazo.”

Kuri ubu, imirimo yo kubaka yamaze kurangira, hakurikiyeho iyo kunoza neza inyubako, gukora amasuku no gutegura ubusitani bwo imbere mu bitaro.

Ibi bitaro biri kubakwa n’Ikigo cy’Abashinwa cya Shanghai Construction Group Co. Ltd, bikaba biteganyijwe ko bizuzura bitwaye miliyari 85 Frw.

U Rwanda rufite intumbero yo kubaka urwego rw’ubuvuzi rugateza imbere ubukerarugendo bushingiye kuri serivisi z’ubuvuzi.

Ahazimukira Ibitaro bya CHUK
Bizaba ari Ibitaro bigezweho

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

Related Posts

Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini

Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini

by radiotv10
14/02/2026
0

Abahinzi b’imyumbati bo mu Ntara y’Amajyepfo, by’umwihariko mu Karere ka Ruhango mu bice by’Amayaga, bagaragaza impungenge zikomeye z’ingaruka z’indwara imaze...

The New Definition of “Success” for Young People in 2026

The New Definition of “Success” for Young People in 2026

by radiotv10
14/02/2026
0

For many years, success was easy to define. If someone had a lot of money, a good job title, and...

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

by radiotv10
13/02/2026
0

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda ya 2025-2026 igabanukaho miliyari 80,4 Frw, ari ubushobozi...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwahagaritse ingendo ziruhuza n’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika

Hatangajwe imbogamizi zabayeho mu ngendo z’indege mu Rwanda

by radiotv10
13/02/2026
0

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege (RwandAir) yatangaje ko bitewe n’ibibazo by’ikirere cyagaragayemo ibicu biremereye, ingendo zerecyeza cyangwa ziva ku Kibuga cy’Indege...

Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika

Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika

by radiotv10
13/02/2026
0

Abaturage bo mu Kagari ka Cyarwa, mu Murenge wa Tumba, mu Karere ka Huye, bavuga ko bamaze igihe kinini bafite...

IZIHERUKA

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK
MU RWANDA

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

by radiotv10
14/02/2026
0

Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

14/02/2026
Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini

Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini

14/02/2026
The New Definition of “Success” for Young People in 2026

The New Definition of “Success” for Young People in 2026

14/02/2026
Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

13/02/2026
Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

13/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.