• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

radiotv10by radiotv10
14/02/2026
in MU RWANDA
0
Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, aravuga ko Guverinoma igiye kuganira n’inzego zirebwa no kwagura umuhanda Remera-Masaka kugira ngo bitazabangamira serivisi z’ubuvuzi z’ibitaro bya CHUK bigiye kwimukira i Masaka.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa yavuze ko imirimo yo kubaka ahazimukira Ibitaro bya CHUK i Masaka, igeze kuri 98%.

Yemeje ko ibikorwa byo kwimura ibitaro bizatangira mu kwezi kwa gatatu bikazarangira mu kwezi kwa cyenda uyu mwaka wa 2026, kandi bizakorwa mu byiciro bitandukanye kugeza muri Nzeri.

Depite Munyangeyo Theogene yagaragaje impungenge ko umuhanda Remera–Prince House–Masaka uri kubakwa ushobora kuzagira ingaruka kuri serivisi z’ubuvuzi z’ibitaro bya CHUK bigiye kwimukira i Masaka.

Yagize ati: “Uyu muhanda Remera–Prince House–Masaka, abantu batangiye kuwuvamo kubera imirimo yo kuwubaka. Ubusanzwe abantu bahamaraga amasaha abiri kubera umuvundo w’ibinyabiziga, none ushobora kuzajya utwara amasaha ane. Umurwayi uri muri iyo nzira, uwihutirwa, inkomere n’abandi bashobora kumara amasaha abiri cyangwa ane mu muhanda. Ibyo nabyo muzabirebe.”

Minisitiri Murangwa yavuze ko bagiye kuganira n’inzego zirebwa n’ikibazo cy’imihanda kugira ngo bitazabangamira serivisi z’ubuvuzi z’ibitaro bya CHUK zigiye kwimurirwa i Masaka.

Yagize ati: “Ku bijyanye n’umuhanda Remera–Masaka ugiye gukorwa, tuzafatanya n’ababishinzwe bose turebe ko bitegurwa neza kugira ngo bitazateza ikibazo.”

Kuri ubu, imirimo yo kubaka yamaze kurangira, hakurikiyeho iyo kunoza neza inyubako, gukora amasuku no gutegura ubusitani bwo imbere mu bitaro.

Ibi bitaro biri kubakwa n’Ikigo cy’Abashinwa cya Shanghai Construction Group Co. Ltd, bikaba biteganyijwe ko bizuzura bitwaye miliyari 85 Frw.

U Rwanda rufite intumbero yo kubaka urwego rw’ubuvuzi rugateza imbere ubukerarugendo bushingiye kuri serivisi z’ubuvuzi.

Ahazimukira Ibitaro bya CHUK
Bizaba ari Ibitaro bigezweho

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

Next Post

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

Related Posts

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

by radiotv10
03/07/2026
0

Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo yasuye Inzego z'Umutekano z'u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado, azishimira...

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

by radiotv10
03/07/2026
0

Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda ARJ ryagaragaje impungenge “zikomeye” rifite ku kwibasirwa, gukorerwa bamwe mu banyamakuru bikorwa mu mvugo za bamwe...

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

by radiotv10
02/07/2026
0

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza, bashima ishuri ritagira ikintu na kimwe ryishyuza abana baryigamo, aho ryakira abari baracikirije...

Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

by radiotv10
02/07/2026
0

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki Gihugu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho akekwaho...

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

by radiotv10
01/07/2026
0

Umugore n’umugabo we bo Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, bakurikiranyweho kwica umwana w’umuturanyi wabo w’imyaka ibiri bakoresheje icyuma...

Next Post
Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.