Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

radiotv10by radiotv10
14/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Hariana Verás Victória ugaragaza kubogamira kuri butegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Tshisekedi, yongeye kubaza Perezida Donald Trump ikibazo cyumvikanamo ibinyoma ashinja u Rwanda.

Uyu munyamakuru wakunze kujya muri White House, akanabaza Perezida Trump ibibazo byerecyeye ibibazo biri hagati y’u Rwanda na DRC, kuri uyu wa Gatanu yongeye kubaza Umukuru w’Igihugu cya America.

Mu kibazo cye, Hariana Verás Victória yateruye ashinja u Rwanda kugira uruhare bibazo byo muri DRC, arushinja ibinyoma ngo “u Rwanda ruri kurenga ku masezerano y’amahoro, ni iki ugiye kubikoraho?”

Yakomeje avuga ku byo yari yabwiwe na Trump mu bihe bishize, ati “Ubushize wari wambwiye ko hazabaho ingaruka.” Akomeza ashinja u Rwanda ibinyoma ko ngo “bari kwica Abanyekongo muri DRC…”

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, wihutaga anabazwa ibibazo n’abandi banyamakuru benshi, yirinze gusubiza uyu munyamakuru, amubwira ko agiye kubikurikirana.

Si rimwe cyangwa kabiri uyu munyamakuru yibasiye u Rwanda abaza ibibazo byumvikanamo ibirego by’ibyoma, byakunze kuzamurwa n’ubutegetsi bwa DRC na Perezida Felix Tshisekedi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe aherutse kugaragaza ibyo kwibaza kuri uyu munyamakuru wagaragaje ko yamaze kuba igikoresho cy’ubutegetsi bwa Congo.

Agaragaza bimwe mu bishimangira ko uyu munyamakuru ari igikoresho cya DRC, Minisitiri Nduhungirehe yagize ati “Yiyita ko avuganira Abanyafurika i Washington. Ariko amaze kujya i Kinshasa inshuro ebyiri mu mwaka umwe, aho yahuye na Perezida Tshisekedi; akanakira impano ye imbere ya za camera, akaba yaranatangaje ikiganiro yagiranye na Perezida Ndayishimiye kuri Televisiyo ya DRC (RTNC).”

Uyu munyamakuru kandi aherutse kugaragara mu Nteko Ishinga Amategeko ya America abaza bamwe mu bayigize n’ubundi ibibazo byibasira u Rwanda.

Minisitiri Nduhungirehe, ubwo yanengaga iburabunyamwuga ry’uyu munyamakuru, yagize ati “None uyu munsi turi kumubona afashe microphone ya RTNC muri White House, ariko nta na rimwe yigeze agaragaza ko ahemberwa i Kinshasa.”

Abasesenguzi mu bya politiki mu karere, barimo Umunyamakuru Andrew Mwenda, baherutse kuuga ko Hariana Verás Victória yamaze gusa nk’aho yiyambura umwambaro w’itangazamakuru ahubwo akayoboka politiki ya propaganda kubera indonke.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − eighteen =

Previous Post

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

Next Post

Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

by radiotv10
08/04/2026
0

Jean-Claude Nzobaneza wahoze ari Minisitiri ushinzwe Ibikorwa Remezo mu Burundi, n’umucuruzi ukomeye; bombi bo mu ishyaka CNDD-FDD, batawe muri yombi,...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge
AMAHANGA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

08/04/2026
Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira

Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.