• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Saturday, July 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

radiotv10by radiotv10
14/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Hariana Verás Victória ugaragaza kubogamira kuri butegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Tshisekedi, yongeye kubaza Perezida Donald Trump ikibazo cyumvikanamo ibinyoma ashinja u Rwanda.

Uyu munyamakuru wakunze kujya muri White House, akanabaza Perezida Trump ibibazo byerecyeye ibibazo biri hagati y’u Rwanda na DRC, kuri uyu wa Gatanu yongeye kubaza Umukuru w’Igihugu cya America.

Mu kibazo cye, Hariana Verás Victória yateruye ashinja u Rwanda kugira uruhare bibazo byo muri DRC, arushinja ibinyoma ngo “u Rwanda ruri kurenga ku masezerano y’amahoro, ni iki ugiye kubikoraho?”

Yakomeje avuga ku byo yari yabwiwe na Trump mu bihe bishize, ati “Ubushize wari wambwiye ko hazabaho ingaruka.” Akomeza ashinja u Rwanda ibinyoma ko ngo “bari kwica Abanyekongo muri DRC…”

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, wihutaga anabazwa ibibazo n’abandi banyamakuru benshi, yirinze gusubiza uyu munyamakuru, amubwira ko agiye kubikurikirana.

Si rimwe cyangwa kabiri uyu munyamakuru yibasiye u Rwanda abaza ibibazo byumvikanamo ibirego by’ibyoma, byakunze kuzamurwa n’ubutegetsi bwa DRC na Perezida Felix Tshisekedi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe aherutse kugaragaza ibyo kwibaza kuri uyu munyamakuru wagaragaje ko yamaze kuba igikoresho cy’ubutegetsi bwa Congo.

Agaragaza bimwe mu bishimangira ko uyu munyamakuru ari igikoresho cya DRC, Minisitiri Nduhungirehe yagize ati “Yiyita ko avuganira Abanyafurika i Washington. Ariko amaze kujya i Kinshasa inshuro ebyiri mu mwaka umwe, aho yahuye na Perezida Tshisekedi; akanakira impano ye imbere ya za camera, akaba yaranatangaje ikiganiro yagiranye na Perezida Ndayishimiye kuri Televisiyo ya DRC (RTNC).”

Uyu munyamakuru kandi aherutse kugaragara mu Nteko Ishinga Amategeko ya America abaza bamwe mu bayigize n’ubundi ibibazo byibasira u Rwanda.

Minisitiri Nduhungirehe, ubwo yanengaga iburabunyamwuga ry’uyu munyamakuru, yagize ati “None uyu munsi turi kumubona afashe microphone ya RTNC muri White House, ariko nta na rimwe yigeze agaragaza ko ahemberwa i Kinshasa.”

Abasesenguzi mu bya politiki mu karere, barimo Umunyamakuru Andrew Mwenda, baherutse kuuga ko Hariana Verás Victória yamaze gusa nk’aho yiyambura umwambaro w’itangazamakuru ahubwo akayoboka politiki ya propaganda kubera indonke.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 14 =

Previous Post

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

Next Post

Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira

Related Posts

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

by radiotv10
03/07/2026
0

Guverinoma ya Tanzaniya yohereje abasirikare n'abapolisi benshi i Dar es salaam, no mu yindi mijyi minini, ngo bajye gukumira imyigaragambyo...

Uganda yacyuye abaturage bayo ba mbere bari mu Gihugu gikomeje kuvugwamo ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga

Uganda yacyuye abaturage bayo ba mbere bari mu Gihugu gikomeje kuvugwamo ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga

by radiotv10
03/07/2026
0

Abanya-Uganda 273 bacyuwe mu Gihugu cyabo bakuwe muri Afurika y'Epfo, bakaba ari abagize icyiciro cya mbere cy’abo Guverinoma ya Uganda...

Ntibisanzwe: Umugore yabyabe abana babiri mu minsi ibiri itandukanye

Ntibisanzwe: Umugore yabyabe abana babiri mu minsi ibiri itandukanye

by radiotv10
03/07/2026
0

Umugore w’imyaka 32 wo muri Leta Zunze Ubumwe za America, yabyaye abana babiri mu minsi ibiri, nyuma yo kumara amasaha...

Icyorezo cya Ebola kimaze iminsi gica ibintu muri Congo gishobora kubonerwa umuti

Icyorezo cya Ebola kimaze iminsi gica ibintu muri Congo gishobora kubonerwa umuti

by radiotv10
03/07/2026
0

Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ryatangaje ko muri Repeburika Iharanira Demokarasi ya Congo, hatangiye igeragezwa ry'imiti ibiri ishobora...

PYROMANE – POMPIER:OPEN LETTER TO ICJ JUDGES

PYROMANE – POMPIER:OPEN LETTER TO ICJ JUDGES

by radiotv10
02/07/2026
0

The arsonist-firefighter (pyromane-pompier) strategy: Understanding a persistent model of political and strategic manipulation. How DRC is manipulating the ICJ and...

Next Post
Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira

Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.