• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira

radiotv10by radiotv10
15/02/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza w’Umunya-Tunisia Afahmia Lotfi wirukanywe mu ikipe ya Rayon Sports FC mu kwezi k’Ukwakira 2025, yanze akazi gashya ko kuba umuyobozi wa tekinike (directeur technique) yari yahawe na komite nshya y’agateganyo y’iyi kipe iyobowe na Murenzi Abdallah.

Afahmia Lotfi yirukanwe ku butoza bwa Rayon Sports FC abanje guhagarikwa n’ubuyobozi bwariho bwari buyobowe na perezida Twagirayezu Thaddée.

Murenzi Abdallah amaze guhabwa iyi kipe mu nzibacyuho izarangira kuya 25 Gashyantare 2026 yifuje guha akazi uyu mutoza ariko akaba Directeur technique kuko ubu Bruno Ferry ariwe ufite akazi nk’umutoza mukuru.

Afahmia Lotfi yemereye Radio /TV 10 ko Rayon Sports FC yamusabye ko yayibera Directeur technique ariko akayihakanira.

Ati “ Yego yarabinsabye ariko ubu ndi kuruhuka, ndananiwe , nkeneye kubanza gutuza nkaruhuka, umuryango wanjye wari unkeneye.”

Uyu mutoza yavuze ko Rayon Sports FC itaramwishyura nkuko yari yabyemeye ko izamwishyura mu bice ariko ikaba itaramuha n’igice na kimwe, gusa nabyo ngo ntaramenya niba azayirega kuko ubu icyo ashyize imbere ari ukuruhuka.

Aho ari iwabo muri Tuniziya yavuze ko Imana nibishaka azagaruka gutoza mu Rwanda , ariko igihe atazi.

Afahmia Lotfi yageze mu Rwanda aje gutoza Mukura VS, nyuma aza gukomereza muri Rayon Sports FC atatinzemo ahita yirukanwa.

Taliki ya 14 Ugushyingo 2025, nibwo Rayon Sports FC yatangaje ku mugaragaro ko yirukanye Afahmia Lotfi n’uwari umwungiriza we Azouz Lotfi nawe w’umunyatuniziya, hari hashize ukwezi kumwe abanje guhagarikwa.

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − five =

Previous Post

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

Next Post

AI in recruitment: Are machines choosing who gets hired?

Related Posts

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

by radiotv10
03/07/2026
0

Rurangiranwa mu mupira w’amaguru ku Isi, Cristiano Ronaldo yabajijwe ikibazo n’umunyamakuru w’Umunyarwanda uri muri Canada ahari kubera Igikombe cy’Isi, kirebana...

Ikipe ya Police FC yibitseho abakinnyi batanu ku munsi umwe

Ikipe ya Police FC yibitseho abakinnyi batanu ku munsi umwe

by radiotv10
03/07/2026
0

Ikipe ya Police FC yatangaje ko yamaze gusinyisha abakinnyi batanu bashya biganjemo abanyamahanga,n'Umunyarwanda ukina nka myugariro Rushema Chris wari usanzwe...

Hagiye kujya hakorwa isuzuma ritunguranye mu Rwanda rishobora gutahura abakinnyi bakoresha ibiyobyabwenge

Hagiye kujya hakorwa isuzuma ritunguranye mu Rwanda rishobora gutahura abakinnyi bakoresha ibiyobyabwenge

by radiotv10
03/07/2026
0

Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yatangaje mu guhera mu mwaka w’imikino wa 2026-2026 abakinnyi bazajya bakorerwa isuzuma...

Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n’ikipe ya Etoile de l’Est

Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n’ikipe ya Etoile de l’Est

by radiotv10
02/07/2026
0

Nyuma y’uko ikipe ya Kiyovu Sports isoje umwaka w’imikino idafite umutoza mukuru, yatangiye kurambagiza uwatozaga Amagaju, gusa amakuru aravuga ko...

FERWAFA yirukanye Peggy Kagwire wari ushinzwe umutungo

FERWAFA yirukanye Peggy Kagwire wari ushinzwe umutungo

by radiotv10
30/06/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryirukanye Peggy Kagwire wari ushinzwe umutungo, rimuziza kuwucunga nabi. Ibi bibaye nyuma y’aho kompanyi...

Next Post
AI in recruitment: Are machines choosing who gets hired?

AI in recruitment: Are machines choosing who gets hired?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.