Sunday, February 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira

radiotv10by radiotv10
15/02/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza w’Umunya-Tunisia Afahmia Lotfi wirukanywe mu ikipe ya Rayon Sports FC mu kwezi k’Ukwakira 2025, yanze akazi gashya ko kuba umuyobozi wa tekinike (directeur technique) yari yahawe na komite nshya y’agateganyo y’iyi kipe iyobowe na Murenzi Abdallah.

Afahmia Lotfi yirukanwe ku butoza bwa Rayon Sports FC abanje guhagarikwa n’ubuyobozi bwariho bwari buyobowe na perezida Twagirayezu Thaddée.

Murenzi Abdallah amaze guhabwa iyi kipe mu nzibacyuho izarangira kuya 25 Gashyantare 2026 yifuje guha akazi uyu mutoza ariko akaba Directeur technique kuko ubu Bruno Ferry ariwe ufite akazi nk’umutoza mukuru.

Afahmia Lotfi yemereye Radio /TV 10 ko Rayon Sports FC yamusabye ko yayibera Directeur technique ariko akayihakanira.

Ati “ Yego yarabinsabye ariko ubu ndi kuruhuka, ndananiwe , nkeneye kubanza gutuza nkaruhuka, umuryango wanjye wari unkeneye.”

Uyu mutoza yavuze ko Rayon Sports FC itaramwishyura nkuko yari yabyemeye ko izamwishyura mu bice ariko ikaba itaramuha n’igice na kimwe, gusa nabyo ngo ntaramenya niba azayirega kuko ubu icyo ashyize imbere ari ukuruhuka.

Aho ari iwabo muri Tuniziya yavuze ko Imana nibishaka azagaruka gutoza mu Rwanda , ariko igihe atazi.

Afahmia Lotfi yageze mu Rwanda aje gutoza Mukura VS, nyuma aza gukomereza muri Rayon Sports FC atatinzemo ahita yirukanwa.

Taliki ya 14 Ugushyingo 2025, nibwo Rayon Sports FC yatangaje ku mugaragaro ko yirukanye Afahmia Lotfi n’uwari umwungiriza we Azouz Lotfi nawe w’umunyatuniziya, hari hashize ukwezi kumwe abanje guhagarikwa.

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 4 =

Previous Post

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

Related Posts

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

by radiotv10
13/02/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwashimiye Ngabo Roben wari umukozi ushinzwe itumanaho n’Itangazamakuru muri iyi kipe, akaba aherutse gusezera kuri izi...

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

by radiotv10
12/02/2026
0

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League, bwashyize hanze urutonde rw’ibigo bitanu by’amaradiyo yemerewe kogeza imikino mu buryo bw’amajwi. Iri tangazo ryashyizwe...

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

by radiotv10
12/02/2026
0

Abanyamakuru Rutamu Elie Joe na Rugimbana Theogene bamenyekanye mu biganiro bya siporo mu Rwanda, bakaba bamaze igihe batumvikana muri uyu...

Imvune ya rurangiranwa Lionel Messi yatumye ikipe ye ifata icyemezo ku mukino wa gicuti ifite

Imvune ya rurangiranwa Lionel Messi yatumye ikipe ye ifata icyemezo ku mukino wa gicuti ifite

by radiotv10
12/02/2026
0

Inter Miami CF yatangaje ko umukino wa gicuti wagombaga kuyihuza na Independiente del Valle muri Puerto Rico wasubitsweho ibyumweru bibiri,...

Haravugwa isezera ry’abandi bakozi ba Rayon Sports

Haravugwa isezera ry’abandi bakozi ba Rayon Sports

by radiotv10
12/02/2026
0

Abandi bakozi babiri b’ikipe ya Rayon Sports basezeye, nyuma ya Ngabo Roben wari ushinzwe itumanaho n’itangazamakuru by’iyi kipe, wafashe icyemezo...

IZIHERUKA

Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira
FOOTBALL

Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira

by radiotv10
15/02/2026
0

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

14/02/2026
Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

14/02/2026
Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

14/02/2026
Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini

Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini

14/02/2026
The New Definition of “Success” for Young People in 2026

The New Definition of “Success” for Young People in 2026

14/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.