• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

radiotv10by radiotv10
16/02/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanga mu buhanzi bw’imideri, Moses Turahirwa wanashinze inzu y’imideri ya Moshions izwiho kwambika abakomeye, yitabye Urukiko ngo aburane ku bujurire bw’igifungo cy’imyaka itatu, ariko avuga ko atiteguye kuburana.

Urubanza rw’ubujurire ruregwamo uyu muhanga mu guhimba imideri, rwari ruteganyijwe kuburanishwa n’Urukiko Rukuru kuri uyu wa Mbere tariki 16 Gashyantare 2026 ku cyicaro cyarwo.

Uyu musore wahamijwe ibyaha birimo guhimba cyangwa guhindura urwandiko rw’inzira n’icyo gukoresha ibiyobyabwenge, akatirwa igifungo cy’imyaka itatu no kwishyura ihazabu ya miliyoni 2 Frw.

Iki gihano yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugengemu mu kwezi k’Ukuboza 2024, ni na cyo yajuririye mu Rukiko Rukuru, yagombaga kuburana ubujurire bwacyo uyu munsi.

Ubwo yazaga imbere y’Urukiko kuri uyu wa Mbere, Moses yavuze ko atiteguye kuburana kuko afite umunyamategeko umwuganira mushya ari we Me Mukeshimana Albertine wasimbuye Me Bayisabe Irene wamwunganiraga mbere.

Uregwa yavuze ko anafite uburwayi, bityo ko atabonye umwanya wo gutegurana urubanza n’uyu munyamategeko we mushya, bakaba bakeneye igihe cyo kwicarana ngo bategure urubanza.

Ibi kandi byanashimangiwe n’uyu munyamategeko wavuze ko batabonye umwanya uhagije wo kwiga dosiye no gutegura urubanza, bityo ko bakeneye umwanya.

Ubushinjacyaha na bwo buvuga ko kunganirwa k’uregwa ari uburenganzira bwe, buvuga ko mu gihe Urukiko rwabeyemera uregwa n’umunyamategeko we bahabwa umwanya. Urukiko rwahise rufata icyemezo cyo gusubira uru rubanza, rurwimurira tariki 16 Werurwe 2026.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

Next Post

Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%

Related Posts

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

by radiotv10
03/07/2026
0

Abanyamakuru Hitimana Jean Claude uzwi nka Hit na Adelaide Ishimwe Muhayimpundu uzwi nka Ida, bazwi mu biganiro bya siporo, bagiye...

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

by radiotv10
02/07/2026
0

Umukinnyi wa filimi akaba n’umurwenya uzwi nka Mitsutsu, yashyize ku isoko umuyoboro we wa YouTube n’ikinyabiziga cye cya moto, kugira...

Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

by radiotv10
02/07/2026
0

Couple y'Abarusiya Angela Nikolau w’imyaka 33 na Ivan Beerkus w’imyaka 32 buriye umunara w’inyubako ya Empire State izwi cyane mu...

Umusore ukekwaho gusambanya ku ngufu Shaddyboo yafunzwe

Dosiye iregwamo Umukaraza ukekwaho gusambanya ku gahato Shaddyboo yazamuwe mu Bushinjacyaha

by radiotv10
30/06/2026
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Iradukunda Aimable uzwi nka Yugi Umukaraza ushinjwa gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato Mbabazi Shadia uzwi nka...

Undi munyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yafashe ikiruhuko

Igitekerezo cy’umuhanzi akaba n’umunyamakuru Uncle Austin cyazamuye impaka

by radiotv10
29/06/2026
0

Umuhanzi wanamanyekanye mu mwuga w’itangazamakuru, Uncle Austin yanenze abategura ibitaramo byitabirwa ku buntu, mu gihe ababitangaho ibitekerezo bavuga ko mu...

Next Post
Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%

Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.