Monday, February 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

radiotv10by radiotv10
16/02/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanga mu buhanzi bw’imideri, Moses Turahirwa wanashinze inzu y’imideri ya Moshions izwiho kwambika abakomeye, yitabye Urukiko ngo aburane ku bujurire bw’igifungo cy’imyaka itatu, ariko avuga ko atiteguye kuburana.

Urubanza rw’ubujurire ruregwamo uyu muhanga mu guhimba imideri, rwari ruteganyijwe kuburanishwa n’Urukiko Rukuru kuri uyu wa Mbere tariki 16 Gashyantare 2026 ku cyicaro cyarwo.

Uyu musore wahamijwe ibyaha birimo guhimba cyangwa guhindura urwandiko rw’inzira n’icyo gukoresha ibiyobyabwenge, akatirwa igifungo cy’imyaka itatu no kwishyura ihazabu ya miliyoni 2 Frw.

Iki gihano yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugengemu mu kwezi k’Ukuboza 2024, ni na cyo yajuririye mu Rukiko Rukuru, yagombaga kuburana ubujurire bwacyo uyu munsi.

Ubwo yazaga imbere y’Urukiko kuri uyu wa Mbere, Moses yavuze ko atiteguye kuburana kuko afite umunyamategeko umwuganira mushya ari we Me Mukeshimana Albertine wasimbuye Me Bayisabe Irene wamwunganiraga mbere.

Uregwa yavuze ko anafite uburwayi, bityo ko atabonye umwanya wo gutegurana urubanza n’uyu munyamategeko we mushya, bakaba bakeneye igihe cyo kwicarana ngo bategure urubanza.

Ibi kandi byanashimangiwe n’uyu munyamategeko wavuze ko batabonye umwanya uhagije wo kwiga dosiye no gutegura urubanza, bityo ko bakeneye umwanya.

Ubushinjacyaha na bwo buvuga ko kunganirwa k’uregwa ari uburenganzira bwe, buvuga ko mu gihe Urukiko rwabeyemera uregwa n’umunyamategeko we bahabwa umwanya. Urukiko rwahise rufata icyemezo cyo gusubira uru rubanza, rurwimurira tariki 16 Werurwe 2026.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 11 =

Previous Post

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

Next Post

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Related Posts

Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

by radiotv10
14/02/2026
0

Umuhanzi Yvan Muziki yatunguye mugenzi we Marina, amwambikira impeta y’urukundo ku rubyiniro ubwo yaririmbaga mu gitaramo yamurikiyemo album ye “Inganzo...

Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa

Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa

by radiotv10
13/02/2026
0

Umunyarwenya Manirakiza Placide uzwi nka ‘Nyamabondo’ yatangaje ko yamaze imyaka irindwi afunzwe azira amanyanga yo kwiyita Umunyamulenge, ashaka ko bimucira...

Ubutumwa bw’ibyishimo bw’umunyamakuru Robert McKenna nyuma yo kwambika impeta umukunzi we

Ubutumwa bw’ibyishimo bw’umunyamakuru Robert McKenna nyuma yo kwambika impeta umukunzi we

by radiotv10
13/02/2026
0

Umunyamakuru Robert Cyubahiro McKenna yagaragaje akanyamuneza yatewe n’intambwe yateye mu rukundo nyuma yo kwambika impeta umukunzi bitegura kurushingana. Uyu munyamakuru...

Is Valentine’s Day Only for Couples, or Can Friends Celebrate Too?

Is Valentine’s Day Only for Couples, or Can Friends Celebrate Too?

by radiotv10
13/02/2026
0

Every year on February 14th, many people think Valentine’s Day is only for couples in love. We see red roses,...

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

by radiotv10
12/02/2026
0

Umukinnyi wa filimi Kalisa Ernest wamenyekanye nka Samusure, wari umaze imyaka ine ari muri Mozambique, yagarutse mu Rwanda, yakiranwa urugwiro...

IZIHERUKA

Inzu y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose
MU RWANDA

Inzu y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

by radiotv10
16/02/2026
0

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

16/02/2026
Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

16/02/2026
Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

16/02/2026
Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

16/02/2026
Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

16/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inzu y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.