Monday, February 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%

radiotv10by radiotv10
16/02/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Mbere, ubukangurambaga bwa Ejo Heza na Gerayo Amahoro bwakomereje mu Karere ka Nyamasheke, buhuza abatwara abagenzi kuri Moto, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize RSSB ndetse n’ubuyobozi bw’Akarere.

Abamotari baganirijwe ku kamaro ko kuzigamira ahazaza binyuze muri gahunda ya Ejo Heza, ibafasha guteganyiriza ejo hazaza habo n’imiryango yabo. Banibukijwe kandi kwirinda amakosa ashobora guteza impanuka zo mu muhanda, kubahiriza amategeko y’umuhanda no kwirinda ibyaha.

Abamotari bagaragaje ko ubu bukangurambaga bubahaye ubumenyi bufatika bubafasha kurushaho gukora kinyamwuga, kurinda ubuzima bwabo n’ubw’abagenzi batwara, ndetse no guteganyiriza ejo hazaza heza.

Umuyobozi ushinzwe ubukangurambaga muri Ejo Heza, Kayumba Bernard, yibukije abamotari akamaro ko guteganyiriza ejo hazaza no kugira umuco wo kwizigamira hakiri kare.

Mu ijambo rye, yabasabye kudategereza izabukuru cyangwa ibihe bikomeye ngo babone gutangira kwizigamira, ahubwo ko bakwiye kubigira umuco wa buri munsi, n’iyo yaba ari amafaranga make. Yashimangiye ko kwizigamira muri Ejo Heza ari intambwe ikomeye yo kubaka ejo hazaza hizewe no kurinda imiryango yabo ibihe bitunguranye.

Yagize ati: “Kwizigamira si iby’abakozi ba Leta cyangwa abifite gusa; ni gahunda ya buri Munyarwanda wese ushaka ejo hazaza heza. N’iyo waba winjiza make, ushobora gutangira buhoro buhoro ukagera kuri byinshi.”

Yagarutse ku mwihariko wa Ejo Heza, agaragaza ko amafaranga umunyamuryango azigama yungukirwa inyungu ya 12%, bigatuma ayo yazigamye akomeza kwiyongera uko igihe kigenda. Yanibukije kandi ko mu gihe umunyamuryango yitabye Imana, amafaranga yose yazigamye ahabwa abazungura be hamwe n’inyungu yayo yose, bikarinda umuryango guhura n’ibibazo by’amikoro.

Mu rwego rwo gushishikariza abamotari kurushaho gusobanukirwa gahunda ya Ejo Heza, Kayumba Bernard yanatanze ibihembo ku bashubije neza ibibazo byabajijwe kuri iyi gahunda, ndetse anaha igihembo cy’umwihariko ku munyemuryango wizigamiye amafaranga menshi kurusha abandi. Ibi byashimangiye ko kwizigamira bishoboka kandi bigira inyungu ifatika.

Abamotari bishimiye ubutumwa bahawe n’ibihembo batashye, biyemeza gukomeza kwizigamira no gukangurira bagenzi babo kwitabira Ejo Heza, bagamije kubaka ejo hazaza heza no gutwara amahoro ku muhanda.

Ubukangurambaga bwa Ejo Heza burakomeje kandi buteganyijwe kugera mu turere twose tw’Igihugu, mu rwego rwo gufasha Abaturarwanda bose gusobanukirwa akamaro ko kwizigamira no guteganyiriza ejo hazaza habo. 

Emmanuel HAKIZIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + nineteen =

Previous Post

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Related Posts

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

by radiotv10
16/02/2026
0

Urubanza ruregwamo Major Jean Claude Habineza ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 485 Frw, uburana hamwe n’umusivile Bavakure Ndekwe Felix, rwasubitswe nyuma yuko...

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

by radiotv10
16/02/2026
0

Indege ya Sosiyete y’Indege yo muri Kenya (Kenya Airways) yari ivuye i Nairobi yerecyeje i Kigali mu Rwanda, yasubiyeyo nyuma...

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

by radiotv10
16/02/2026
0

Umukobwa ukekwaho kwiyahura mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gatsibo nyuma yo kujya gusura umusore bakundanaga ngo bazishimane ku...

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

by radiotv10
16/02/2026
0

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu ikorerwamo ibikorwa by’ubucuruzi, irashya irakongo n'ibyarimo byose....

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

by radiotv10
16/02/2026
0

Nyuma yo kumara igihe bategereje ikorwa ry’umhanda Ntendezi-Karengera Nyakabuye uhuza uturere twa Nyamasheke na Rusizi, Bamwe mu baturage bo mu...

IZIHERUKA

Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%
IMIBEREHO MYIZA

Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%

by radiotv10
16/02/2026
0

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

16/02/2026
Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

16/02/2026
Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

16/02/2026
Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

16/02/2026
Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

16/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.