Bamwe mu bahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire bo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, batabaza basaba kwishyurwa agahimbazamusyi k’amezi atandatu batahawe, ahubwo ngo bagahagarikwa mu buryo bw’amaherere muri ako kazi.
Abo barezi bagaragaza ko bahagaritswe muri ako kazi k’ubukorerabushake nyuma y’uko hasohotse agahimbazamusyi k’amezi atandatu. Aba bo mu Murenge wa Nyamyumba, mu Karere ka Rubavu, bavuga ko batunguwe no kwisanga batari ku rutonde rw’abagombaga guhabwa amafaranga, nyuma y’amezi asaga arindwi bakora batiganda.
Mukamurehe Speciose ati “Igihe cyo guhembwa ayo mafaranga, nageze kuri SACCO nsanga nta mafaranga ariho kandi twari twafashe amadeni. Batubwiye ko amafaranga yacu yaje, ariko abaduhagarariye n’abakozi ba SACCO bafashe bene wabo bagahembwa amafaranga yacu. Hari umudamu ukora muri SACCO, umukobwa we yarahembwe kandi atarigeze akora, ndetse ubu ari kwiga muri kaminuza, naho twe dutaha aho.”
Ndangamira Alexis ati “Ndibaza uko umurenge wifata ku nyungu zabo bwite, bagahemba abatarakoze amafaranga y’abakoze.”
Nikuze Marie Rose ati “Hari n’abo ubutumwa bugufi (message) bwo kubitsa amafaranga bwagezeho, ariko bagerayo bakayasanga nta yo.”
Nyiransabimana Emeritha ati “Twajyaga tunaterana nk’umurenge, abantu batakoze neza tukabanenga. Ikintu cyatubabaje ni uko njye sinigeze ngaragara mu banenzwe, ariko kugeza ubu abo banenzwe ku karubanda ni bo barahembwe kandi ni na bo bagumye mu kazi.”
Bagaragaza ko bagerageje kwiyambaza inzego zitandukanye ngo zibafashe gukemura ikibazo, ariko bikarangira nta musaruro.
Nyiransabimana Claire ati “Twageze kwa Gitifu tumusaba imyanzuro. Yatubwiye ko abo baduwaye bamukoresheje amakosa agatuma asinya ku bintu atagombaga gusinyaho, ari na yo mpamvu yabahagaritse. Ariko tumubajije uko tuzabona amafaranga yacu, aratubwira ati ‘none ko amafaranga yamaze kuribwa muragira ngo bigende bite?’ Tumusabye kuduha agapapuro ngo tujye kurega abayariye ku karere, arakatwima, atubwira ko tugiye kubarega na we twaba tumureze kuko yasinyeho. Twagerageje no kubonana na Mayor, ariko batubwira ko nta burenganzira dufite bwo kumubona.”
Bavuga ko atari ubwa mbere ikibazo nk’iki kibaye muri uyu Murenge. Nyiransabimana Claire ati “Igihe cyose hasohotse agahimbazamusyi, iki kibazo kiragaruka. Si ubwa mbere.”
Mukamurehe Speciose ati “Uduhagarariye mu murenge witwa Nyiramategeko Louisiane, iyo agahimbazamusyi kaje buri wese agomba kumuhereza 5,000 Frw. Njyewe nari mpagarariye irerero rifite batanu, nakusanyije 20,000 Frw gusa, ayanjye arabuze ntekereza ko nzamuha ubutaha. Ubwo ni yo mpamvu yankuyemo.”
Ubwo umunyamakuru yageragezaga kuvugisha Nyiramategeko Louisiane ugarukwaho n’aba barezi, wahagarariye gahunda y’ingo mbonezamikurire mu Murenge wa Nyamyumba, yahise akupa telefoni umunyamakuru akimara kumwibwira, ndetse ntiyongera kuyitaba.
Umunyamakuru yagerageje kandi kuvugisha Umuyobozi w’Ishami ry’Ubuzima mu Karere ka Rubavu, FURAHA Jean Claude, kugira ngo amenye impamvu aba barezi batemerewe kubonana na Mayor. Yavuze ko ikibazo cyabo cyagombaga gukemurirwa mu Murenge wabo wa Nyamyumba.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamyumba, Ufitabeza Jean d’Amour, we yavuze ko hagombaga guhembwa abarezi babiri muri bane bari mu rugo mbonezamikurire, kandi ko ari byo byakozwe, nubwo atabasha gusobanura impamvu abo bandi batahawe amafaranga.
Ati “Kugeza ubu twabonye amabwiriza ko hagomba guhembwa babiri gusa. Abo babiri bari ku rutonde ni bo bahawe agahimbazamusyi. Icyakora ubutumwa bwabo twarabwakiriye, ariko si njye ubigena.”
Abarezi bahagaritswe batishyuye agahimbazamusyi k’amezi atandatu bavuga ko basaga 30. Buri wese yishyuzaga 15,000 Frw ku kwezi, bivuze ko buri umwe asaba 90,000 Frw.


Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10









