Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Hari abahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire barira ayo kwarika

radiotv10by radiotv10
25/02/2026
in MU RWANDA
0
Rubavu: Hari abahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire barira ayo kwarika
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire bo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, batabaza basaba kwishyurwa agahimbazamusyi k’amezi atandatu batahawe, ahubwo ngo bagahagarikwa mu buryo bw’amaherere muri ako kazi.

Abo barezi bagaragaza ko bahagaritswe muri ako kazi k’ubukorerabushake nyuma y’uko hasohotse agahimbazamusyi k’amezi atandatu. Aba bo mu Murenge wa Nyamyumba, mu Karere ka Rubavu, bavuga ko batunguwe no kwisanga batari ku rutonde rw’abagombaga guhabwa amafaranga, nyuma y’amezi asaga arindwi bakora batiganda.

Mukamurehe Speciose ati “Igihe cyo guhembwa ayo mafaranga, nageze kuri SACCO nsanga nta mafaranga ariho kandi twari twafashe amadeni. Batubwiye ko amafaranga yacu yaje, ariko abaduhagarariye n’abakozi ba SACCO bafashe bene wabo bagahembwa amafaranga yacu. Hari umudamu ukora muri SACCO, umukobwa we yarahembwe kandi atarigeze akora, ndetse ubu ari kwiga muri kaminuza, naho twe dutaha aho.”

Ndangamira Alexis ati “Ndibaza uko umurenge wifata ku nyungu zabo bwite, bagahemba abatarakoze amafaranga y’abakoze.”

Nikuze Marie Rose ati “Hari n’abo ubutumwa bugufi (message) bwo kubitsa amafaranga bwagezeho, ariko bagerayo bakayasanga nta yo.”

Nyiransabimana Emeritha ati “Twajyaga tunaterana nk’umurenge, abantu batakoze neza tukabanenga. Ikintu cyatubabaje ni uko njye sinigeze ngaragara mu banenzwe, ariko kugeza ubu abo banenzwe ku karubanda ni bo barahembwe kandi ni na bo bagumye mu kazi.”

Bagaragaza ko bagerageje kwiyambaza inzego zitandukanye ngo zibafashe gukemura ikibazo, ariko bikarangira nta musaruro.

Nyiransabimana Claire ati “Twageze kwa Gitifu tumusaba imyanzuro. Yatubwiye ko abo baduwaye bamukoresheje amakosa agatuma asinya ku bintu atagombaga gusinyaho, ari na yo mpamvu yabahagaritse. Ariko tumubajije uko tuzabona amafaranga yacu, aratubwira ati ‘none ko amafaranga yamaze kuribwa muragira ngo bigende bite?’ Tumusabye kuduha agapapuro ngo tujye kurega abayariye ku karere, arakatwima, atubwira ko tugiye kubarega na we twaba tumureze kuko yasinyeho. Twagerageje no kubonana na Mayor, ariko batubwira ko nta burenganzira dufite bwo kumubona.”

Bavuga ko atari ubwa mbere ikibazo nk’iki kibaye muri uyu Murenge. Nyiransabimana Claire ati “Igihe cyose hasohotse agahimbazamusyi, iki kibazo kiragaruka. Si ubwa mbere.”

Mukamurehe Speciose ati “Uduhagarariye mu murenge witwa Nyiramategeko Louisiane, iyo agahimbazamusyi kaje buri wese agomba kumuhereza 5,000 Frw. Njyewe nari mpagarariye irerero rifite batanu, nakusanyije 20,000 Frw gusa, ayanjye arabuze ntekereza ko nzamuha ubutaha. Ubwo ni yo mpamvu yankuyemo.”

Ubwo umunyamakuru yageragezaga kuvugisha Nyiramategeko Louisiane ugarukwaho n’aba barezi, wahagarariye gahunda y’ingo mbonezamikurire mu Murenge wa Nyamyumba, yahise akupa telefoni umunyamakuru akimara kumwibwira, ndetse ntiyongera kuyitaba.

Umunyamakuru yagerageje kandi kuvugisha Umuyobozi w’Ishami ry’Ubuzima mu Karere ka Rubavu, FURAHA Jean Claude, kugira ngo amenye impamvu aba barezi batemerewe kubonana na Mayor. Yavuze ko ikibazo cyabo cyagombaga gukemurirwa mu Murenge wabo wa Nyamyumba.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamyumba, Ufitabeza Jean d’Amour, we yavuze ko hagombaga guhembwa abarezi babiri muri bane bari mu rugo mbonezamikurire, kandi ko ari byo byakozwe, nubwo atabasha gusobanura impamvu abo bandi batahawe amafaranga.

Ati “Kugeza ubu twabonye amabwiriza ko hagomba guhembwa babiri gusa. Abo babiri bari ku rutonde ni bo bahawe agahimbazamusyi. Icyakora ubutumwa bwabo twarabwakiriye, ariko si njye ubigena.”

Abarezi bahagaritswe batishyuye agahimbazamusyi k’amezi atandatu bavuga ko basaga 30. Buri wese yishyuzaga 15,000 Frw ku kwezi, bivuze ko buri umwe asaba 90,000 Frw.

Basaba kurenganurwa bagahabwa amafaranga bari bemerewe

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Are Grades the Only Way to Measure a Student’s Knowledge?

Next Post

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.