Monday, February 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

radiotv10by radiotv10
23/02/2026
in MU RWANDA
0
Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi
Share on FacebookShare on Twitter

Inzu y’igorofa y’umuryango utuye mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, yafashwe n’inkongi y’umuriro, nyuma yo gukubitwa n’inkuba.

Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 23 Gashyantare 2026 mu Mudugudu wa Rugari mu Kagari ka Nonko mu Murenge wa Nyarugunga.

Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire wavuze ko inkongi y’umuriro yibasiye iyi nyubako, bikekwa ko yatewe n’inkuba yakubise.

Yavuze ko igice cyangiritse ari icyo hejuru gisanzwe gifatirwamo amafunguro n’umuryango utuye muri iyi nzu, ku buryo nta muntu wahagiriye ikibazo.

Iyi nkongi kandi yangije ibikoresho byarimo, birimo imyambaro, ibiryamirwa ndetse n’ibindi bikoresho bakoreshaga mu gihe cyo gufata amafunguro, kimwe n’ikigega, bikaba byahiye.

Ni mu gihe kandi ishami rya Polisi y’u Rwanda ryihutiye kuzimya iyi nkongi, yari yamaze gufata igice cyo hejuru cy’iyi nyubako.

Muri iyi minsi hamaze iminsi humvikana ibiza bikomeje gusiga ingaruka zirimo no gutwara ubuzima bw’abantu, aho kuri iki Cyumweru tariki 22 Gashyantare, ibiza byatewe n’imvura nyinshi, byatumye umukingo uridukira inzu yari irimo Richard Kamanzi, wahoze afite ipeti rya CSP (Chief Superintendent of Police) muri Polisi y’u Rwanda wari mu kiruhuko, agahita ahasiga ubuzima.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere Rwanda Meteo, giherutse gutangaza ko igice cya gatatu cy’ukwezi kwa kabiri kizagwamo imvura nyinshi, ugereranyije n’iyari isanzwe igwa muri iki gihe.

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi kandi iherutse kuburira Abaturarwanda kwitwararika ko imvura iri kugwa muri iki gihe irimo inkuba, bityo ko abantu bakwiye kwirinda gukora ingendo mu gihe imvura iri kugwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 19 =

Previous Post

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Related Posts

Nyuma yuko inzoga z’inkorano zikomeje guhitana bamwe mu Rwanda inzego zazihagurukiye

Nyuma yuko inzoga z’inkorano zikomeje guhitana bamwe mu Rwanda inzego zazihagurukiye

by radiotv10
23/02/2026
0

Nyuma yuko abatuye mu Murenge wa Jenda batabaje bavuga ko barembejwe n’inzoga z’inkorano zirimo iyamamaye cyane ku izina ry’Igisabasaba ubuyobozi...

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

by radiotv10
23/02/2026
0

Richard Kamanzi, wahoze afite ipeti rya CSP (Chief Superintendent of Police) muri Polisi y'u Rwanda wari mu kiruhuko, yitabye Imana...

Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga

Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga

by radiotv10
23/02/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza, baravuga ko ikorwa ry’umuhanda uhuza uwa kaburimbo munini ugana...

Kayonza: Bari mu rujijo nyuma yo kumara 1/2 cy’umwaka badahembwa

Kayonza: Bari mu rujijo nyuma yo kumara 1/2 cy’umwaka badahembwa

by radiotv10
23/02/2026
0

Abagize itsinda Tube Heza rikora isuku ku muhanda wa kaburimbo ku gice cy’Umurenge wa Kabare mu Karere ka Kayoza, bavuga...

What to activate in yourself to make 2026 your best year yet

What to activate in yourself to make 2026 your best year yet

by radiotv10
23/02/2026
0

We are only a few days away from entering the new month of March, and maybe you have already noticed...

IZIHERUKA

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi
MU RWANDA

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

by radiotv10
23/02/2026
0

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

23/02/2026
Nyuma yuko inzoga z’inkorano zikomeje guhitana bamwe mu Rwanda inzego zazihagurukiye

Nyuma yuko inzoga z’inkorano zikomeje guhitana bamwe mu Rwanda inzego zazihagurukiye

23/02/2026
Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

23/02/2026
Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

23/02/2026
Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga

Nyanza: Bavuze uko igikorwa remezo cy’ingirakamaro cyabasigiye akaga

23/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Nyuma yuko inzoga z’inkorano zikomeje guhitana bamwe mu Rwanda inzego zazihagurukiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.