Tuesday, February 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya imisanzu mishya ya Mituweli na serivisi nshya zongewe ku bayivurizaho

radiotv10by radiotv10
24/02/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya imisanzu mishya ya Mituweli na serivisi nshya zongewe ku bayivurizaho
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize RSSB, cyatangaje ibyiciro bishya by’imisanzu y’ubwishingizi bwa Mituweli, aho abo mu cyiciro cya kabiri cy’abunganirwa na Leta, bazajya biyishyurira 4 000 Frw, mu gihe abo mu cya gatanu bazajya bishyura ibihumbi 20 Frw.

Ni ibyiciro byatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Gashyantare n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize RSSB, aho icya mbere bazajya bishyurirwa na Leta 100%, amafaranga 4 000 Frw.

Abo mu cyiciro cya kabiri, bazajya biyishyurira 4 000 Frw, Leta ibongerereho 1 000 Frw, mu gihe mu cyiciro cya gatatu ari na cyo cya mbere mu bazajya biyishyurira 100%, bo bazajya bishyura 5 000 Frw.

Naho abo mu cyiciro cya kane, bo bazajya biyishyurira 8 000 Frw, mu gihe abo mu cyiciro cya gatanu ari na cyo cya nyuma, bazajya bishyura ibihumbi 20 Frw.

RSSB kandi yanatangaje serivisi z’ubuvuzi zongerewe kuzajya zivurirwa kuri ubu bwishingizi bwa Mutuelle de Sante:

  • Gusimburizwa impyiko
  •  Ubuvuzi bwa kanseri
  • Ubuvuzi bw’umutima
  • Kubaga amavi
  • Kubaga umutwe w’igufa ry ukuguru
  • Kubaga urutirigongo
  • Kuyungurura amaraso
  • Kubaga ibice bikomeye hisunzwe ikoranabuhanga rigezweho
  • Insimburangingo n’inyunganirangingo
  • Guhabwa ibigize amaraso nk umushongi, udufashi n’insoro zitukura (Imwe mu miti y’ingenzi itishyurwaga na Mituweli.)

Ibyiciro n’ingano y’amafaranga abantu binjiza

Abo mu cyiciro cya mbere, ni abantu batagira icyo binjiza ku kwezi, aho bangana na 6,89% by’Abanyarwanda, mu gihe abo mu cyiciro cya kabiri, ari abinjiza umushahara uri munsi y’amafaranga ibihumbi 30 Frw ku kwezi, bo bakaba bagize 23,20% by’Abanyarwanda.

Abo mu cyiciro cya gatatu, ni abinjiza amafaranga ari hagati y’ibihumbi 30 Frw n’ibihumbi 60 Frw ku kwezi, bo bangana na 35,03 % by’Abanyarwanda bose. Ni na cyo cyiciro kirimo Abanyarwanda benshi.

Abo mu cyiciro cya kane, ni abinjiza hagati y’ibihumbi 60 Frw n’ibihumbi 120 Frw ku kwezi, bo bangana 26,86%; hakaba n’icyiciro cya gatanu kirimo abinjiza hejuru y’ibihumbi 120 Frw kukwezi, bakaba ari 8,01% by’Abanyarwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Korali Disciples ya EAR Remera yavuze intego y’indirimbo yabo nshya ‘Genda Ubabwire’ igezweho

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

by radiotv10
24/02/2026
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars yatangaje uru rwego rwamaze kumenya amakuru arebana n'urugomo...

Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

by radiotv10
24/02/2026
0

U Rwanda ruhanze amaso isuzuma mpuzamahanga ry’ubumenyi n’ubushobozi by’abanyeshuri ryitwa PISA (Programme for International Student Assessment), rizagaragaza uko ireme ry’ubumenyi...

Nyamagabe: Ubuyobozi buhaye igisubizo abatuye mu cyaro ku cyifuzo bari babugejejeho ku imurikabikorwa

Nyamagabe: Ubuyobozi buhaye igisubizo abatuye mu cyaro ku cyifuzo bari babugejejeho ku imurikabikorwa

by radiotv10
24/02/2026
0

Bamwe mu baturage batuye mu bice by’icyaro mu Karere ka Nyamagabe, barasaba ubuyobozi ko imurikabikorwa risanzwe ribera ku rwego rw’Akarere...

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

Eng.-For the First Time, Rwanda Will Know Its Position in the Quality of Education Worldwide

by radiotv10
24/02/2026
0

Rwanda is looking forward to the international assessment known as PISA (Programme for International Student Assessment), which will show how...

Think before you share: Using AI wisely in a Digital World

Think before you share: Using AI wisely in a Digital World

by radiotv10
24/02/2026
0

We are living in a fast-moving technology world where help is just one click away. Today, you can open your...

IZIHERUKA

Menya imisanzu mishya ya Mituweli na serivisi nshya zongewe ku bayivurizaho
IMIBEREHO MYIZA

Menya imisanzu mishya ya Mituweli na serivisi nshya zongewe ku bayivurizaho

by radiotv10
24/02/2026
0

Korali Disciples ya EAR Remera yavuze intego y’indirimbo yabo nshya ‘Genda Ubabwire’ igezweho

Korali Disciples ya EAR Remera yavuze intego y’indirimbo yabo nshya ‘Genda Ubabwire’ igezweho

24/02/2026
Imirwano yahinduye isura muri Congo: FARDC n’abayifasha barashinjwa gutangiza intambara yagutse

Imirwano yahinduye isura muri Congo: FARDC n’abayifasha barashinjwa gutangiza intambara yagutse

24/02/2026
Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

24/02/2026
Ubutumwa bw’umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

Ubutumwa bw’umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

24/02/2026
Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

24/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya imisanzu mishya ya Mituweli na serivisi nshya zongewe ku bayivurizaho

Korali Disciples ya EAR Remera yavuze intego y’indirimbo yabo nshya ‘Genda Ubabwire’ igezweho

Imirwano yahinduye isura muri Congo: FARDC n’abayifasha barashinjwa gutangiza intambara yagutse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.