Wednesday, February 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

radiotv10by radiotv10
25/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America, Mathilde Mukantabana yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo rya Perezida Donald Trump ryagarutse ku bikorwa by’ingenzi n’imigabo n’imigambi y’ubuyobozi bwe.

Ni ijambo rizwi nka ‘Union Address’ Trump yatangiye imbere y’Inteko Ishinga Amategeko, ryagarutse ku bikorwa bishyizwe imbere n’ubutegetsi bwe, ndetse yanagarutse ku bikorwa iki Gihugu giherutse gukora.

Ambasade y’u Rwanda, yatangaje ko “uyu munsi Ambasaderi w’u Rwanda, Mathilde Mukantabana yitabiriye Ijambo rya Union Address ryatanzwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, imbere y’Inteko rusange y’Inteko Ishinga Amategeko ya US, aho yari ahagarariye abahagarariye Abadipolomate.”

Muri iri jambo ryamaze isaha 1 n’iminota 37, Perezida Donald Trump yavuze ko Igihugu cye kiri mu bihe byiza by’ubukungu, ibyo yise “golden age of America”, kurusha “uko byahoze mbere” anashimangira ko icyemezo cyo kuzamura imisoro, kizagumaho.

Muri iri jambo, kandi Trump yaboneyeho no gushimira bamwe mu bashyitsi bitabiriye iki gikorwa, nk’ikipe ya Leta Zunze Ubumwe za America yegukanye umudari wa Zahbu muri Olympic champion, ndetse anashimira Erika Kirk, umugore wa nyakwigendera Charlie Kirk wishwe arashwe.

Yanashimiye kandi umupilote w’indege ya kajugujugu wakomerekeye muri operasiyo y’igisirikare cya US cyo kujya gufata Perezida wa Venezuela, Nicolás Maduro cyabaye muri Mutarama uyu mwaka.

Ku bijyanye n’abinjira n’abasohoka muri America, Trump yashimangiye ko umupaka wo mu majyepfo y’iki Gihugu urinzwe, ariko yirinda kugira icyo avuga ko iyicwa ry’Abanyamerika biciwe mu myigaragambyo yamagana ibifatwa nk’ibitero ku bimukira.

Ku bijyanye n’amakimbirane akomeje gututumba hagati ya US na Iran, Trump yavuze ko yakwifuje ko hakoreshwa inzira z’ibiganiro, ariko ko adashobora kwemerera kiriya Gihugu gutunga ibitwaro bya kirimbuzi.

Trump yagaragaje imigabo n’imigambi y’Igihugu cye
Bamwe mu banyacyubahiro bitabiriye uyu muhango

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

Next Post

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Related Posts

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

by radiotv10
25/02/2026
0

Nizeyimana Didier uzwi nka Muchoma na Barafinda Sekikubo Fred na bagenzi babo baregwa ibyaha birimo gukwirakwiza amakuru y’ibihuha ashobora guteza...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Abanyarwanda baba mu mahanga bamazwe impungenge z’uburyo bazabona Indangamuntu Nkoranabuhanga

by radiotv10
25/02/2026
0

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yatangaje ko Abanyarwanda baba mu mahanga bazajya gutanga ibimenyetso ndangamiterere kuri za Ambasade z’u...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

by radiotv10
25/02/2026
0

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, zikorera mu gace ka Bria, zahaye ubuvuzi...

Rubavu: Hari abahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire barira ayo kwarika

Rubavu: Hari abahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire barira ayo kwarika

by radiotv10
25/02/2026
0

Bamwe mu bahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire bo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, batabaza basaba kwishyurwa...

Are Grades the Only Way to Measure a Student’s Knowledge?

Are Grades the Only Way to Measure a Student’s Knowledge?

by radiotv10
25/02/2026
0

In today’s education system, many people believe that grades tell everything about a student. If the marks are high, the...

IZIHERUKA

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo
MU RWANDA

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

by radiotv10
25/02/2026
0

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Abanyarwanda baba mu mahanga bamazwe impungenge z’uburyo bazabona Indangamuntu Nkoranabuhanga

25/02/2026
Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

25/02/2026
Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

25/02/2026
Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

25/02/2026
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

25/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Abanyarwanda baba mu mahanga bamazwe impungenge z’uburyo bazabona Indangamuntu Nkoranabuhanga

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.