Mu butumwa budatomora ku bijyanye n’urupfu rw’Umuvugizi w’igisirikare cya AFC/M23, Lt Col Willy Ngoma, Umuhuzabikorwa Wungirije w’iri Huriro, Bertrand Bisimwa yatangaje ko urugamba rw’impinduramatwara igihe cyose rugira intwari zimena amaraso zikitangira kubohora Igihugu.
Ni ubutumwa Bertrand Bisimwa yatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa X mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Gashyantare nyuma y’umunsi umwe havugwa urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma.
Bertrand Bisimwa yagize ati “Impinduramatwara igerwaho n’intwari, igihe cyose zitanga ubuzima bwazo zitizigama kugira ngo zibohore Igihugu ziharanira ahazaza heza habereye abazabakomokaho, umusingi wa Leta irinda abaturage bayo nta vangura.”
Ubu butumwa butanzwe na Bertrand Bisimwa wigeze kuba Perezida wa M23 itarivanga na AFC, buje nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Gashyantare havuzwe urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma wavugiye igisirikare cya AFC/M23 kuva hakiriho umutwe wa M23.

Ni ubutumwa bubaye ubwa mbere mu bayobozi bo hejuru ba AFC/M23 busa n’ubuvuga kuri uru rupfu rwa Willy Ngoma wari umwe mu basirikare bafite igikundiro mu barwanyi b’iri huriro no mu Banyekongo benshi.
Ihuriro AFC/M23, kugeza ubu ntirashyira hanze itangazo ryemeza iby’urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma, mu gihe yemezwa n’ibitangazamakuru byinshi birimo na mpuzamahanga nk’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reutes byatangaje ko aya makuru byayemerewe n’abayobozi muri iri Huriro.
Amakuru avuga ko Lt Col Willy Ngoma yivuganywe n’ibitero by’indege zitagira abapilote (Drones) bya FARDC byagabwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri ahagana saa cyenda z’igitondo mu gace ka Rubaya kazwiho kuba gakungahaye ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu butumwa cyari cyanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, cyemeje urupfu rwa Willy Ngoma, nubwo iri tangazo ryaje gukurwaho nyuma y’umwanya muto rigiye hanze.

RADIOTV10










