Wednesday, February 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyarwanda baba mu mahanga bamazwe impungenge z’uburyo bazabona Indangamuntu Nkoranabuhanga

radiotv10by radiotv10
25/02/2026
in MU RWANDA
0
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yatangaje ko Abanyarwanda baba mu mahanga bazajya gutanga ibimenyetso ndangamiterere kuri za Ambasade z’u Rwanda mu Bihugu baherereyemo, kugira ngo bazahabwe Indangamuntu Nkoranabuhanga.

Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Madamu Ingabire Paula, yitabye Inteko Ishinga Amategeko umutwe wa Sena, asobanura iby’indangamuntu y’ikoranabuhanga igiye gukoreshwa mu Rwanda mu bihe biri imbere.

Kugeza ubu, Leta y’u Rwanda, ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Indangamuntu, irimo gufata imyirondoro y’abaturage kugira ngo bahabwe indangamuntu.

Iki gikorwa cyo gufata imyirondoro y’abaturage cyahereye mu Ntara y’Amajyepfo, kikaba gikomeje mu Mujyi wa Kigali.

Senateri Dr Habineza Frank yabajije Minisitiri w’Ikoranabuhanga uko Abanyarwanda baba mu mahanga bazabona indangamuntu.

Yagize ati: “Turashaka kumva gahunda y’abantu batuye hanze y’igihugu, icyo mubateganyiriza kugira ngo bahabwe indangamuntu z’ikoranabuhanga, kuko mwibanze cyane kuri twe turi mu gihugu.”

Minisitiri Ingabire Paula yasobanuye ko bagiye gukorana na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga kugira ngo Abanyarwanda baba hanze bazafate indangamuntu kuri za ambasade.

Yagize ati: “Tuzakorana na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga kugira ngo ibipimo n’amafoto bizafatirwe kuri za ambasade. Ariko bashobora kubanza gukora iby’ibanze, bashyira imyirondoro yabo muri sisiteme ya Irembo.”

Biteganyijwe ko indangamuntu y’ikoranabuhanga izashyirwa hanze muri Nyakanga 2026. Ubu u Rwanda rugeze kuri kimwe cya kane cy’ishyirwa mu bikorwa ry’uyu mushinga.

Ni umushinga watangiye mu 2023. Ni agace k’umushinga mugari u Rwanda rufatanyijemo na Banki y’Isi, washowemo agera kuri miliyari 200 Frw.

Minisitiri yagejeje ikiganiro ku Basenateri
Ni ikiganiro cyayobwe na Perezida wa Sena

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 4 =

Previous Post

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

Next Post

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Related Posts

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

by radiotv10
25/02/2026
0

Nizeyimana Didier uzwi nka Muchoma na Barafinda Sekikubo Fred na bagenzi babo baregwa ibyaha birimo gukwirakwiza amakuru y’ibihuha ashobora guteza...

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

by radiotv10
25/02/2026
0

Uhagarariye u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America, Mathilde Mukantabana yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo rya Perezida Donald Trump ryagarutse...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

by radiotv10
25/02/2026
0

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, zikorera mu gace ka Bria, zahaye ubuvuzi...

Rubavu: Hari abahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire barira ayo kwarika

Rubavu: Hari abahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire barira ayo kwarika

by radiotv10
25/02/2026
0

Bamwe mu bahoze ari abarezi mu ngo mbonezamikurire bo mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, batabaza basaba kwishyurwa...

Are Grades the Only Way to Measure a Student’s Knowledge?

Are Grades the Only Way to Measure a Student’s Knowledge?

by radiotv10
25/02/2026
0

In today’s education system, many people believe that grades tell everything about a student. If the marks are high, the...

IZIHERUKA

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo
MU RWANDA

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

by radiotv10
25/02/2026
0

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

25/02/2026
Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

25/02/2026
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Abanyarwanda baba mu mahanga bamazwe impungenge z’uburyo bazabona Indangamuntu Nkoranabuhanga

25/02/2026
Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

25/02/2026
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique zagobotse abagororwa zibaha ubuvuzi ku buntu

25/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.