Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyarwanda baba mu mahanga bamazwe impungenge z’uburyo bazabona Indangamuntu Nkoranabuhanga

radiotv10by radiotv10
25/02/2026
in MU RWANDA
0
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yatangaje ko Abanyarwanda baba mu mahanga bazajya gutanga ibimenyetso ndangamiterere kuri za Ambasade z’u Rwanda mu Bihugu baherereyemo, kugira ngo bazahabwe Indangamuntu Nkoranabuhanga.

Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Madamu Ingabire Paula, yitabye Inteko Ishinga Amategeko umutwe wa Sena, asobanura iby’indangamuntu y’ikoranabuhanga igiye gukoreshwa mu Rwanda mu bihe biri imbere.

Kugeza ubu, Leta y’u Rwanda, ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Indangamuntu, irimo gufata imyirondoro y’abaturage kugira ngo bahabwe indangamuntu.

Iki gikorwa cyo gufata imyirondoro y’abaturage cyahereye mu Ntara y’Amajyepfo, kikaba gikomeje mu Mujyi wa Kigali.

Senateri Dr Habineza Frank yabajije Minisitiri w’Ikoranabuhanga uko Abanyarwanda baba mu mahanga bazabona indangamuntu.

Yagize ati: “Turashaka kumva gahunda y’abantu batuye hanze y’igihugu, icyo mubateganyiriza kugira ngo bahabwe indangamuntu z’ikoranabuhanga, kuko mwibanze cyane kuri twe turi mu gihugu.”

Minisitiri Ingabire Paula yasobanuye ko bagiye gukorana na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga kugira ngo Abanyarwanda baba hanze bazafate indangamuntu kuri za ambasade.

Yagize ati: “Tuzakorana na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga kugira ngo ibipimo n’amafoto bizafatirwe kuri za ambasade. Ariko bashobora kubanza gukora iby’ibanze, bashyira imyirondoro yabo muri sisiteme ya Irembo.”

Biteganyijwe ko indangamuntu y’ikoranabuhanga izashyirwa hanze muri Nyakanga 2026. Ubu u Rwanda rugeze kuri kimwe cya kane cy’ishyirwa mu bikorwa ry’uyu mushinga.

Ni umushinga watangiye mu 2023. Ni agace k’umushinga mugari u Rwanda rufatanyijemo na Banki y’Isi, washowemo agera kuri miliyari 200 Frw.

Minisitiri yagejeje ikiganiro ku Basenateri
Ni ikiganiro cyayobwe na Perezida wa Sena

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + nineteen =

Previous Post

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Next Post

Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

Imyambarire y'abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.