• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyarwanda baba mu mahanga bamazwe impungenge z’uburyo bazabona Indangamuntu Nkoranabuhanga

radiotv10by radiotv10
25/02/2026
in MU RWANDA
0
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yatangaje ko Abanyarwanda baba mu mahanga bazajya gutanga ibimenyetso ndangamiterere kuri za Ambasade z’u Rwanda mu Bihugu baherereyemo, kugira ngo bazahabwe Indangamuntu Nkoranabuhanga.

Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Madamu Ingabire Paula, yitabye Inteko Ishinga Amategeko umutwe wa Sena, asobanura iby’indangamuntu y’ikoranabuhanga igiye gukoreshwa mu Rwanda mu bihe biri imbere.

Kugeza ubu, Leta y’u Rwanda, ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Indangamuntu, irimo gufata imyirondoro y’abaturage kugira ngo bahabwe indangamuntu.

Iki gikorwa cyo gufata imyirondoro y’abaturage cyahereye mu Ntara y’Amajyepfo, kikaba gikomeje mu Mujyi wa Kigali.

Senateri Dr Habineza Frank yabajije Minisitiri w’Ikoranabuhanga uko Abanyarwanda baba mu mahanga bazabona indangamuntu.

Yagize ati: “Turashaka kumva gahunda y’abantu batuye hanze y’igihugu, icyo mubateganyiriza kugira ngo bahabwe indangamuntu z’ikoranabuhanga, kuko mwibanze cyane kuri twe turi mu gihugu.”

Minisitiri Ingabire Paula yasobanuye ko bagiye gukorana na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga kugira ngo Abanyarwanda baba hanze bazafate indangamuntu kuri za ambasade.

Yagize ati: “Tuzakorana na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga kugira ngo ibipimo n’amafoto bizafatirwe kuri za ambasade. Ariko bashobora kubanza gukora iby’ibanze, bashyira imyirondoro yabo muri sisiteme ya Irembo.”

Biteganyijwe ko indangamuntu y’ikoranabuhanga izashyirwa hanze muri Nyakanga 2026. Ubu u Rwanda rugeze kuri kimwe cya kane cy’ishyirwa mu bikorwa ry’uyu mushinga.

Ni umushinga watangiye mu 2023. Ni agace k’umushinga mugari u Rwanda rufatanyijemo na Banki y’Isi, washowemo agera kuri miliyari 200 Frw.

Minisitiri yagejeje ikiganiro ku Basenateri
Ni ikiganiro cyayobwe na Perezida wa Sena

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Next Post

Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

Imyambarire y'abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.