• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TduRwanda2026: Umubiligi yegukanye agace ka kane nyuma y’ibiganiro byatanze umusaruro n’uwo basoreje rimwe

radiotv10by radiotv10
25/02/2026
in SIPORO
0
TduRwanda2026: Umubiligi yegukanye agace ka kane nyuma y’ibiganiro byatanze umusaruro n’uwo basoreje rimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umubiligi Matthijs De Clercq w’imyaka 20 y’amavuko ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo Team yegukanye agace ka kane ka Tour du Rwanda, abanje kugirana ibiganiro Moritz Kretschy ukinira ikipe ya NSN Development Team akamuharira kwegukana Etape, na we agatwara maillot jaune.

Uyu musore w’imyaka 20 y’amavuko, yegukanye aka gace ari kumwe n’umukinnyi ukinira Moritz Kretschy ukinira ikipe ya NSN Development Team amuharira kwegukana aka gace, nyuma yuko babiganiriyeho.

Uyu Mubiligi wegukanye aka gace ka kane, yavuze ko ubwo we na mugenzi we ukinira NSN Development Team bari bagiye kugera ahasorezwa aka gace, baganiriye akamuha inda ya bukuru ngo yegukane aka gace, na we akegukana umwambaro uyoboye isiganwa ku rutonde rusange.

Aba bombi babivuzeho mu kiganiro bagiranye na Televiziyo Rwanda, aho bemeje ko bagiranye ibiganiro koko, ubwo bari bagiye kugera ku murongo w’umweru basorejeho irushanwa.

Moritz Kretschy yavuze ko atari ashishikajwe no kwegukana aka gace, ahubwo ko we yari ashyize imbere kuba yakwambara umwambaro w’umukinnyi uyoboye isiganwa.

Bageze mu bilometero 50, Abanyarwanda Manizabayo Eric AKA Karadio na Byukusenge Patrick bari mu gikundi (Peloton) bakiyambuye, bajya imbere, ndetse bakomeza kubasiga kugeza ubwo bageraga mu bilometero 54 ubwo bafatwaga n’abakinnyi baje kubashakisha.

Ni mu gihe itsinda ry’abakinnyi 16 bari bayoboye bari bamaze gushyira ikinyoranyo cy’iminota 3’40” na peloton yari irimo abakinnyi benshi.

Bageze mu bilometero 56 nanone Manizabayo Eric uzwi nka Karadiyo, yongeye gukora atake, yikura mu gikundi yari arimo aza no gushyira amasegonda 10’’ hagati ye nacyo, ariko bageze mu bilometero 58, bahita bamufata.

Mu bilometero 59, abakinnyi 16 bari bayoboye iri siganwa, bari bamaze gushyira ikinyuranyo cy’iminota ine hagati yabo na Peloton yari ikiyobowe na Manizabayo Eric wigaragaje cyane uyu munsi.

Mu bilometero 67 itsinda ry’abakinnyi bari imbere, bari bamaze gushyira ikinyuranyo cy’iminota 4’30’’ hagati yabo na Peloton yari irimo umukinnyi uyoboye isiganwa ku rutonde rusange.

Bageze mu bilometero 85, aba bakinnyi bagize breakaway bamaze gushyira ikinyuranyo cy’iminota 5’42 hagati yabo na Peloton, ndetse iminota ikomeza kwiyongera kuko bageze mu bilometero 95 bamaze gushyiramo ikinyuranyo cy’iminota 6’.

Ubwo binjiraga mu bilometero 100, ikinyuranyo cyaje kugabanuka, dore ko hahise havuka itsinda rijya gushaka breakaway, ndetse baza kugabanya ikinyoranyo kugeza ubwo cyageraga mu munota 1’40’’ hagati yabo na breakaway.

Mu bilometero bitanu bya nyuma, iyi chasing group yashakishaga breakaway, yari imaze kugabanya ikinyuranyo kigeze mu masegonda 40’’.

Ubwo bari bagiye kugera ahasorezwa isiganwa, Umukinnyi w’Umubiligi Matthijs De Clercq w’imyaka 20 y’amavuko ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo Team, ari kumwe n’Umudage Moritz Kretschy ukinira ikipe ya NSN Development Team, bari kumwe, bagenda baganira, ndetse uyu Mudage aha inda ya bukuru uyu Mubiligi ngo yegukane agace, na we agahita yegukana umwambaro w’abayoboye ku rutonde rusange.

Mu muhanda abakinnyi bahatanye
Umunyarwanda yagerageje gukora atake zinyuranye

Ubwo Matthijs De Clercq yegukanaga aka gace

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − nine =

Previous Post

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

Next Post

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.