Wednesday, February 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TduRwanda2026: Umubiligi yegukanye agace ka kane nyuma y’ibiganiro byatanze umusaruro n’uwo basoreje rimwe

radiotv10by radiotv10
25/02/2026
in SIPORO
0
TduRwanda2026: Umubiligi yegukanye agace ka kane nyuma y’ibiganiro byatanze umusaruro n’uwo basoreje rimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umubiligi Matthijs De Clercq w’imyaka 20 y’amavuko ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo Team yegukanye agace ka kane ka Tour du Rwanda, abanje kugirana ibiganiro Moritz Kretschy ukinira ikipe ya NSN Development Team akamuharira kwegukana Etape, na we agatwara maillot jaune.

Uyu musore w’imyaka 20 y’amavuko, yegukanye aka gace ari kumwe n’umukinnyi ukinira Moritz Kretschy ukinira ikipe ya NSN Development Team amuharira kwegukana aka gace, nyuma yuko babiganiriyeho.

Uyu Mubiligi wegukanye aka gace ka kane, yavuze ko ubwo we na mugenzi we ukinira NSN Development Team bari bagiye kugera ahasorezwa aka gace, baganiriye akamuha inda ya bukuru ngo yegukane aka gace, na we akegukana umwambaro uyoboye isiganwa ku rutonde rusange.

Aba bombi babivuzeho mu kiganiro bagiranye na Televiziyo Rwanda, aho bemeje ko bagiranye ibiganiro koko, ubwo bari bagiye kugera ku murongo w’umweru basorejeho irushanwa.

Moritz Kretschy yavuze ko atari ashishikajwe no kwegukana aka gace, ahubwo ko we yari ashyize imbere kuba yakwambara umwambaro w’umukinnyi uyoboye isiganwa.

Bageze mu bilometero 50, Abanyarwanda Manizabayo Eric AKA Karadio na Byukusenge Patrick bari mu gikundi (Peloton) bakiyambuye, bajya imbere, ndetse bakomeza kubasiga kugeza ubwo bageraga mu bilometero 54 ubwo bafatwaga n’abakinnyi baje kubashakisha.

Ni mu gihe itsinda ry’abakinnyi 16 bari bayoboye bari bamaze gushyira ikinyoranyo cy’iminota 3’40” na peloton yari irimo abakinnyi benshi.

Bageze mu bilometero 56 nanone Manizabayo Eric uzwi nka Karadiyo, yongeye gukora atake, yikura mu gikundi yari arimo aza no gushyira amasegonda 10’’ hagati ye nacyo, ariko bageze mu bilometero 58, bahita bamufata.

Mu bilometero 59, abakinnyi 16 bari bayoboye iri siganwa, bari bamaze gushyira ikinyuranyo cy’iminota ine hagati yabo na Peloton yari ikiyobowe na Manizabayo Eric wigaragaje cyane uyu munsi.

Mu bilometero 67 itsinda ry’abakinnyi bari imbere, bari bamaze gushyira ikinyuranyo cy’iminota 4’30’’ hagati yabo na Peloton yari irimo umukinnyi uyoboye isiganwa ku rutonde rusange.

Bageze mu bilometero 85, aba bakinnyi bagize breakaway bamaze gushyira ikinyuranyo cy’iminota 5’42 hagati yabo na Peloton, ndetse iminota ikomeza kwiyongera kuko bageze mu bilometero 95 bamaze gushyiramo ikinyuranyo cy’iminota 6’.

Ubwo binjiraga mu bilometero 100, ikinyuranyo cyaje kugabanuka, dore ko hahise havuka itsinda rijya gushaka breakaway, ndetse baza kugabanya ikinyoranyo kugeza ubwo cyageraga mu munota 1’40’’ hagati yabo na breakaway.

Mu bilometero bitanu bya nyuma, iyi chasing group yashakishaga breakaway, yari imaze kugabanya ikinyuranyo kigeze mu masegonda 40’’.

Ubwo bari bagiye kugera ahasorezwa isiganwa, Umukinnyi w’Umubiligi Matthijs De Clercq w’imyaka 20 y’amavuko ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo Team, ari kumwe n’Umudage Moritz Kretschy ukinira ikipe ya NSN Development Team, bari kumwe, bagenda baganira, ndetse uyu Mudage aha inda ya bukuru uyu Mubiligi ngo yegukane agace, na we agahita yegukana umwambaro w’abayoboye ku rutonde rusange.

Mu muhanda abakinnyi bahatanye
Umunyarwanda yagerageje gukora atake zinyuranye

Ubwo Matthijs De Clercq yegukanaga aka gace

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 16 =

Previous Post

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

Next Post

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Related Posts

TduRwanda2026: Umuholandi yegukanye agace ka gatatu abanje kwanikira abandi

TduRwanda2026: Umuholandi yegukanye agace ka gatatu abanje kwanikira abandi

by radiotv10
24/02/2026
0

Umuholandi Jurgen Zomermaand w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Dévelopment Picnic PostNL team, yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda...

Ubutumwa bw’umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

Ubutumwa bw’umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

by radiotv10
24/02/2026
0

Perezida w'Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry'Umukino w'Amagare (UCI), David Lappartient yatangaje ko yababajwe n’impanuka ikomeye yabaye ubwo hatangizwaga Tour du Rwanda, yihanganisha...

TduRwanda2026: Agace ka kabiri kegukanywe n’Umunya-Espagne ukinana n’uwatwaye aka mbere

TduRwanda2026: Agace ka kabiri kegukanywe n’Umunya-Espagne ukinana n’uwatwaye aka mbere

by radiotv10
23/02/2026
0

Umunya-Espagne, Pau Martí Soriano ukinira ikipe ya NSN Cycling Team yegukanye agace ka kabiri k’isiganwa rya Tour du Rwanda, mu...

TdRwanda2026: Umunya-Israel yegukanye agace ka mbere, Umunyarwanda aza mu 10 ba mbere

TdRwanda2026: Umunya-Israel yegukanye agace ka mbere, Umunyarwanda aza mu 10 ba mbere

by radiotv10
22/02/2026
0

Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira ikipe ya NSN Cycling Team, yegukanye agace ka mbere k’irushanwa rya Tour du Rwanda ka Rukomo-...

Iby’ingenzi wamenya kuri Tour du Rwanda 2026 mbere y’uko itangira

Iby’ingenzi wamenya kuri Tour du Rwanda 2026 mbere y’uko itangira

by radiotv10
21/02/2026
0

Amasaha arabarirwa ku ntoki ngo Tour du Rwanda itangire, igiye kubanzirizwa n'ibirori byo gufungura iri rushanwa ku mugaragaro, bibera ku...

IZIHERUKA

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?
AMAHANGA

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

by radiotv10
25/02/2026
0

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

25/02/2026
Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

25/02/2026
Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

25/02/2026
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Abanyarwanda baba mu mahanga bamazwe impungenge z’uburyo bazabona Indangamuntu Nkoranabuhanga

25/02/2026
Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

25/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.