Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TduRwanda2026: Umubiligi yegukanye agace ka kane nyuma y’ibiganiro byatanze umusaruro n’uwo basoreje rimwe

radiotv10by radiotv10
25/02/2026
in SIPORO
0
TduRwanda2026: Umubiligi yegukanye agace ka kane nyuma y’ibiganiro byatanze umusaruro n’uwo basoreje rimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umubiligi Matthijs De Clercq w’imyaka 20 y’amavuko ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo Team yegukanye agace ka kane ka Tour du Rwanda, abanje kugirana ibiganiro Moritz Kretschy ukinira ikipe ya NSN Development Team akamuharira kwegukana Etape, na we agatwara maillot jaune.

Uyu musore w’imyaka 20 y’amavuko, yegukanye aka gace ari kumwe n’umukinnyi ukinira Moritz Kretschy ukinira ikipe ya NSN Development Team amuharira kwegukana aka gace, nyuma yuko babiganiriyeho.

Uyu Mubiligi wegukanye aka gace ka kane, yavuze ko ubwo we na mugenzi we ukinira NSN Development Team bari bagiye kugera ahasorezwa aka gace, baganiriye akamuha inda ya bukuru ngo yegukane aka gace, na we akegukana umwambaro uyoboye isiganwa ku rutonde rusange.

Aba bombi babivuzeho mu kiganiro bagiranye na Televiziyo Rwanda, aho bemeje ko bagiranye ibiganiro koko, ubwo bari bagiye kugera ku murongo w’umweru basorejeho irushanwa.

Moritz Kretschy yavuze ko atari ashishikajwe no kwegukana aka gace, ahubwo ko we yari ashyize imbere kuba yakwambara umwambaro w’umukinnyi uyoboye isiganwa.

Bageze mu bilometero 50, Abanyarwanda Manizabayo Eric AKA Karadio na Byukusenge Patrick bari mu gikundi (Peloton) bakiyambuye, bajya imbere, ndetse bakomeza kubasiga kugeza ubwo bageraga mu bilometero 54 ubwo bafatwaga n’abakinnyi baje kubashakisha.

Ni mu gihe itsinda ry’abakinnyi 16 bari bayoboye bari bamaze gushyira ikinyoranyo cy’iminota 3’40” na peloton yari irimo abakinnyi benshi.

Bageze mu bilometero 56 nanone Manizabayo Eric uzwi nka Karadiyo, yongeye gukora atake, yikura mu gikundi yari arimo aza no gushyira amasegonda 10’’ hagati ye nacyo, ariko bageze mu bilometero 58, bahita bamufata.

Mu bilometero 59, abakinnyi 16 bari bayoboye iri siganwa, bari bamaze gushyira ikinyuranyo cy’iminota ine hagati yabo na Peloton yari ikiyobowe na Manizabayo Eric wigaragaje cyane uyu munsi.

Mu bilometero 67 itsinda ry’abakinnyi bari imbere, bari bamaze gushyira ikinyuranyo cy’iminota 4’30’’ hagati yabo na Peloton yari irimo umukinnyi uyoboye isiganwa ku rutonde rusange.

Bageze mu bilometero 85, aba bakinnyi bagize breakaway bamaze gushyira ikinyuranyo cy’iminota 5’42 hagati yabo na Peloton, ndetse iminota ikomeza kwiyongera kuko bageze mu bilometero 95 bamaze gushyiramo ikinyuranyo cy’iminota 6’.

Ubwo binjiraga mu bilometero 100, ikinyuranyo cyaje kugabanuka, dore ko hahise havuka itsinda rijya gushaka breakaway, ndetse baza kugabanya ikinyoranyo kugeza ubwo cyageraga mu munota 1’40’’ hagati yabo na breakaway.

Mu bilometero bitanu bya nyuma, iyi chasing group yashakishaga breakaway, yari imaze kugabanya ikinyuranyo kigeze mu masegonda 40’’.

Ubwo bari bagiye kugera ahasorezwa isiganwa, Umukinnyi w’Umubiligi Matthijs De Clercq w’imyaka 20 y’amavuko ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo Team, ari kumwe n’Umudage Moritz Kretschy ukinira ikipe ya NSN Development Team, bari kumwe, bagenda baganira, ndetse uyu Mudage aha inda ya bukuru uyu Mubiligi ngo yegukane agace, na we agahita yegukana umwambaro w’abayoboye ku rutonde rusange.

Mu muhanda abakinnyi bahatanye
Umunyarwanda yagerageje gukora atake zinyuranye

Ubwo Matthijs De Clercq yegukanaga aka gace

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

Next Post

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.