Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

radiotv10by radiotv10
26/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga
Share on FacebookShare on Twitter

Igitero cy’indege za drone cyahitanye Umuvugizi w’Igisirikare cya AFC/M23, Willy Ngoma, byamenyekanye ko cyishe abantu icyenda, gihusha Umugaba Mukuru w’aba barwanyi, Maj Gen Sultani Makenga wari umaze akanya gato avuye aho cyagabwe.

Amakuru dukesha Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, avuga ko amakuru cyahawe n’abantu bane, yemeza iby’iki gitero cyagabwe hafi y’agace ka Rubaya gakungahagaye ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, kagenzurwa na AFC/M23.

Reuters ivuga ko amakuru ikesha ubutasi, yayahawe na babiri bo muri iri Huriro rya AFC/M23, umwe w’umusirikare wo hejuru, ndetse n’umwe wo mu Muryango w’Abibumbye.

Aba bantu batanze amakuru mu buryo bwo guhishirwa imyirondoro [anonymity]. Ni mu gihe AFC/M23 itarashyira hanze itangazo rivuga iby’urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma.

Aya makuru avuga ko imirambo icyenda y’abantu bahitanywe na kiriya gitero, yakuwe aho cyabereye, ikajyanwa mu Mujyi wa Goma, umaze umwaka urimo icyicaro gikuru cya AFC/M23. Ibi byemejwe na babiri bo muri iri huriro.

Naho umusirikare mukuru yabwiye biriya Biro Ntaramakuru by’Abongereza ko imibiri irindwi yo itabashaga kumenyekana kuko yari yangiritse cyane nyuma yo kuraswa na ziriya ndege.

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga kandi na we ngo yari ari ahagawe kiriya gitero, mbere gato yuko indege zitagira abapilote ziharasa.

Gen Makenga na Willy Ngoma mu ntangiro y’iyi ntambara ubwo bari mu rugamba

Umuvugizi w’Umutwe wa Wazalendo ufatanya na FARDC muri uru rugamba, mu itangazo yashyize hanze, yatangaje ko Makenga we yahungiye mu rusengero ruri hafi y’ahagabwe iki gitero.

Bivugwa kandi ko imirwano ikomeye hagati ya M23 na FARDC ifatanyije n’impande zisanzwe ziyifasha, yakomeje no kuri uyu wa Gatatu, ikaba yiriwe iba muri Teritwari ya Masisi.

Bamwe mu bakurikiranira hafi amakuru y’imbere muri AFC/M23, kuri uyu wa Gatatu bahakanaga amakuru yari akomeje gukwirakwizwa ko Makenga na we yishwe na biriya bitero, bakavuga ko uyu musirikare we akiri muzima, ndetse ko atigeze anakomereka.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umuhuzabikorwa Wungirije wa AFC/M23, Bertrand Bisimwa kuri uyu wa Gatatu, ntiyeruye iby’urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma, gusa yavuze ko igihe cyose intwari zimenera amaraso ku rugamba nk’uru rwo kubohora Igihugu, ari izo kuzirikanwa.

Bivugwa ko Makenga yahushijwe n’iki gitero
Gihitana Lt Col Willy Ngoma

Willy Ngoma ni umusirikare wari ufite igikundiro kidasanzwe mu Banyekongo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − seven =

Previous Post

Umunyamakuru w’imyidagaduro Uncle Austin yemeje ko yasezeye

Next Post

Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.