Thursday, February 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

radiotv10by radiotv10
26/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga
Share on FacebookShare on Twitter

Igitero cy’indege za drone cyahitanye Umuvugizi w’Igisirikare cya AFC/M23, Willy Ngoma, byamenyekanye ko cyishe abantu icyenda, gihusha Umugaba Mukuru w’aba barwanyi, Maj Gen Sultani Makenga wari umaze akanya gato avuye aho cyagabwe.

Amakuru dukesha Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, avuga ko amakuru cyahawe n’abantu bane, yemeza iby’iki gitero cyagabwe hafi y’agace ka Rubaya gakungahagaye ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, kagenzurwa na AFC/M23.

Reuters ivuga ko amakuru ikesha ubutasi, yayahawe na babiri bo muri iri Huriro rya AFC/M23, umwe w’umusirikare wo hejuru, ndetse n’umwe wo mu Muryango w’Abibumbye.

Aba bantu batanze amakuru mu buryo bwo guhishirwa imyirondoro [anonymity]. Ni mu gihe AFC/M23 itarashyira hanze itangazo rivuga iby’urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma.

Aya makuru avuga ko imirambo icyenda y’abantu bahitanywe na kiriya gitero, yakuwe aho cyabereye, ikajyanwa mu Mujyi wa Goma, umaze umwaka urimo icyicaro gikuru cya AFC/M23. Ibi byemejwe na babiri bo muri iri huriro.

Naho umusirikare mukuru yabwiye biriya Biro Ntaramakuru by’Abongereza ko imibiri irindwi yo itabashaga kumenyekana kuko yari yangiritse cyane nyuma yo kuraswa na ziriya ndege.

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga kandi na we ngo yari ari ahagawe kiriya gitero, mbere gato yuko indege zitagira abapilote ziharasa.

Gen Makenga na Willy Ngoma mu ntangiro y’iyi ntambara ubwo bari mu rugamba

Umuvugizi w’Umutwe wa Wazalendo ufatanya na FARDC muri uru rugamba, mu itangazo yashyize hanze, yatangaje ko Makenga we yahungiye mu rusengero ruri hafi y’ahagabwe iki gitero.

Bivugwa kandi ko imirwano ikomeye hagati ya M23 na FARDC ifatanyije n’impande zisanzwe ziyifasha, yakomeje no kuri uyu wa Gatatu, ikaba yiriwe iba muri Teritwari ya Masisi.

Bamwe mu bakurikiranira hafi amakuru y’imbere muri AFC/M23, kuri uyu wa Gatatu bahakanaga amakuru yari akomeje gukwirakwizwa ko Makenga na we yishwe na biriya bitero, bakavuga ko uyu musirikare we akiri muzima, ndetse ko atigeze anakomereka.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umuhuzabikorwa Wungirije wa AFC/M23, Bertrand Bisimwa kuri uyu wa Gatatu, ntiyeruye iby’urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma, gusa yavuze ko igihe cyose intwari zimenera amaraso ku rugamba nk’uru rwo kubohora Igihugu, ari izo kuzirikanwa.

Bivugwa ko Makenga yahushijwe n’iki gitero
Gihitana Lt Col Willy Ngoma

Willy Ngoma ni umusirikare wari ufite igikundiro kidasanzwe mu Banyekongo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Tshisekedi mu Bufaransa agenzwa n’ibirimo umukandida wa Congo uzahatana na Louise Mushikiwabo

Next Post

Eng.-Rwanda receives 164 additional refugees evacuated from Libya

Related Posts

Tshisekedi mu Bufaransa agenzwa n’ibirimo umukandida wa Congo uzahatana na Louise Mushikiwabo

Tshisekedi mu Bufaransa agenzwa n’ibirimo umukandida wa Congo uzahatana na Louise Mushikiwabo

by radiotv10
26/02/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yongeye kugirira uruzinduko mu Bufaransa, rugamije ingingo zirimo kuba iki Gihugu...

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

by radiotv10
26/02/2026
0

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV agiye kugirira uruzinduko mu Bihugu bine byo muri Afurika, ari na...

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

by radiotv10
25/02/2026
0

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal, yageze i Burundi aho yagiriye uruzinduko, bivugwa ko rugamije kuganira na Perezida Evariste Ndayishimiye...

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

by radiotv10
25/02/2026
0

Mu butumwa budatomora ku bijyanye n’urupfu rw’Umuvugizi w’igisirikare cya AFC/M23, Lt Col Willy Ngoma, Umuhuzabikorwa Wungirije w’iri Huriro, Bertrand Bisimwa...

Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

by radiotv10
25/02/2026
0

Muri Ghana hakomeje kuvugwa inkuru yateje impaka, y’urusengero rwagagayemo abakristu b’abagore bambaye utwenda tw'imbere tuzwi nka Bikini twambarwa n'abatembereye ku...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo
MU RWANDA

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

by radiotv10
26/02/2026
0

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

Eng.-Rwanda receives 164 additional refugees evacuated from Libya

26/02/2026
Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

26/02/2026
Tshisekedi mu Bufaransa agenzwa n’ibirimo umukandida wa Congo uzahatana na Louise Mushikiwabo

Tshisekedi mu Bufaransa agenzwa n’ibirimo umukandida wa Congo uzahatana na Louise Mushikiwabo

26/02/2026
Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

26/02/2026
U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

26/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

Eng.-Rwanda receives 164 additional refugees evacuated from Libya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

Eng.-Rwanda receives 164 additional refugees evacuated from Libya

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.