• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

radiotv10by radiotv10
26/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga
Share on FacebookShare on Twitter

Igitero cy’indege za drone cyahitanye Umuvugizi w’Igisirikare cya AFC/M23, Willy Ngoma, byamenyekanye ko cyishe abantu icyenda, gihusha Umugaba Mukuru w’aba barwanyi, Maj Gen Sultani Makenga wari umaze akanya gato avuye aho cyagabwe.

Amakuru dukesha Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, avuga ko amakuru cyahawe n’abantu bane, yemeza iby’iki gitero cyagabwe hafi y’agace ka Rubaya gakungahagaye ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, kagenzurwa na AFC/M23.

Reuters ivuga ko amakuru ikesha ubutasi, yayahawe na babiri bo muri iri Huriro rya AFC/M23, umwe w’umusirikare wo hejuru, ndetse n’umwe wo mu Muryango w’Abibumbye.

Aba bantu batanze amakuru mu buryo bwo guhishirwa imyirondoro [anonymity]. Ni mu gihe AFC/M23 itarashyira hanze itangazo rivuga iby’urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma.

Aya makuru avuga ko imirambo icyenda y’abantu bahitanywe na kiriya gitero, yakuwe aho cyabereye, ikajyanwa mu Mujyi wa Goma, umaze umwaka urimo icyicaro gikuru cya AFC/M23. Ibi byemejwe na babiri bo muri iri huriro.

Naho umusirikare mukuru yabwiye biriya Biro Ntaramakuru by’Abongereza ko imibiri irindwi yo itabashaga kumenyekana kuko yari yangiritse cyane nyuma yo kuraswa na ziriya ndege.

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga kandi na we ngo yari ari ahagawe kiriya gitero, mbere gato yuko indege zitagira abapilote ziharasa.

Gen Makenga na Willy Ngoma mu ntangiro y’iyi ntambara ubwo bari mu rugamba

Umuvugizi w’Umutwe wa Wazalendo ufatanya na FARDC muri uru rugamba, mu itangazo yashyize hanze, yatangaje ko Makenga we yahungiye mu rusengero ruri hafi y’ahagabwe iki gitero.

Bivugwa kandi ko imirwano ikomeye hagati ya M23 na FARDC ifatanyije n’impande zisanzwe ziyifasha, yakomeje no kuri uyu wa Gatatu, ikaba yiriwe iba muri Teritwari ya Masisi.

Bamwe mu bakurikiranira hafi amakuru y’imbere muri AFC/M23, kuri uyu wa Gatatu bahakanaga amakuru yari akomeje gukwirakwizwa ko Makenga na we yishwe na biriya bitero, bakavuga ko uyu musirikare we akiri muzima, ndetse ko atigeze anakomereka.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umuhuzabikorwa Wungirije wa AFC/M23, Bertrand Bisimwa kuri uyu wa Gatatu, ntiyeruye iby’urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma, gusa yavuze ko igihe cyose intwari zimenera amaraso ku rugamba nk’uru rwo kubohora Igihugu, ari izo kuzirikanwa.

Bivugwa ko Makenga yahushijwe n’iki gitero
Gihitana Lt Col Willy Ngoma

Willy Ngoma ni umusirikare wari ufite igikundiro kidasanzwe mu Banyekongo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + four =

Previous Post

Umunyamakuru w’imyidagaduro Uncle Austin yemeje ko yasezeye

Next Post

Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.