Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma

radiotv10by radiotv10
26/02/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma
Share on FacebookShare on Twitter

Benjamin Mbonimpa, Umunyamabanga Uhoraho w’Ihuriro AFC/M23, yatangaje ko intwari zidapfa, ahubwo ko ziguma mu mitima ya benshi, ubutumwa buvuga ku rupfu rw’Umuvugizi w’Igisirikare cy’iri Huriro, Lt Col Willy Ngoma, yasezeranyije kuzahora azirikanwa, nk’intwari idasanzwe.

Ubu butumwa butangajwe na Benjamin Mbonimpa nyuma y’ubwatanzwe na Bertrand Bisimwa, Umuhuzabikorwa Wungirije wa AFC/M23, yari yatanze kuri uyu wa Gatatu, agaragaza ko nyakwigendera Willy Ngoma yameneye amaraso Igihugu cye, kandi ko ari ko urugamba rwo kwibohora rumera.

Mu butumwa bwatanzwe na Mbonimpa mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 26 Gashyantare 2026, na we yagaragaje ko intwari idapfa, ahubwo ko iguma mu mitima y’abo yitangiye.

Yagize ati “Intwari ntizipfa. Ni abo gukundwa. Wari Umusirikare w’Intwari kandi w’umuhate, tuzakomeza kukuzirikana mu mitima yacu. Uturamukirize izindi ntwari na bagenzi bacu tuzahora dukunda.”

Nubwo nta tangazo rinyuze mu nzira zemewe rirashyirwa hanze n’Ihuriro AFC/M23 rivuga iby’urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma, amakuru aturuka mu basirikare bakuru b’iri huriro, bahaye ibitangazamakuru mpuzamahanga nka Reuters, yemeza ko uyu wari Umuvugizi, yiciwe mu bitero bya Drones za FARDC byagabwe hafi y’agace ka Rubaya gakungahaye ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Willy Ngoma yishwe mu rucyerera rwo ku wa Kabiri tariki 24 Gashyantare, aho bivugwa ko abaguye muri kiriya gitero, aria bantu icyenda, mu gihe cyahushije Umugaba Mukuru wa AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, wari umaze kuva aharashwe ibisasu byahitanye abandi.

Benjamin Mbonimpa, Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23 yunamiye Lt Col Willy Ngoma
Lt Col Willy Ngoma yishwe n’ibitero bya FARDC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 14 =

Previous Post

Imirwano ikomeye yasize AFC/M23 yisubije ibice yari yambuwe na FARDC

Next Post

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.