Thursday, February 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma

radiotv10by radiotv10
26/02/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma
Share on FacebookShare on Twitter

Benjamin Mbonimpa, Umunyamabanga Uhoraho w’Ihuriro AFC/M23, yatangaje ko intwari zidapfa, ahubwo ko ziguma mu mitima ya benshi, ubutumwa buvuga ku rupfu rw’Umuvugizi w’Igisirikare cy’iri Huriro, Lt Col Willy Ngoma, yasezeranyije kuzahora azirikanwa, nk’intwari idasanzwe.

Ubu butumwa butangajwe na Benjamin Mbonimpa nyuma y’ubwatanzwe na Bertrand Bisimwa, Umuhuzabikorwa Wungirije wa AFC/M23, yari yatanze kuri uyu wa Gatatu, agaragaza ko nyakwigendera Willy Ngoma yameneye amaraso Igihugu cye, kandi ko ari ko urugamba rwo kwibohora rumera.

Mu butumwa bwatanzwe na Mbonimpa mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 26 Gashyantare 2026, na we yagaragaje ko intwari idapfa, ahubwo ko iguma mu mitima y’abo yitangiye.

Yagize ati “Intwari ntizipfa. Ni abo gukundwa. Wari Umusirikare w’Intwari kandi w’umuhate, tuzakomeza kukuzirikana mu mitima yacu. Uturamukirize izindi ntwari na bagenzi bacu tuzahora dukunda.”

Nubwo nta tangazo rinyuze mu nzira zemewe rirashyirwa hanze n’Ihuriro AFC/M23 rivuga iby’urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma, amakuru aturuka mu basirikare bakuru b’iri huriro, bahaye ibitangazamakuru mpuzamahanga nka Reuters, yemeza ko uyu wari Umuvugizi, yiciwe mu bitero bya Drones za FARDC byagabwe hafi y’agace ka Rubaya gakungahaye ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Willy Ngoma yishwe mu rucyerera rwo ku wa Kabiri tariki 24 Gashyantare, aho bivugwa ko abaguye muri kiriya gitero, aria bantu icyenda, mu gihe cyahushije Umugaba Mukuru wa AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, wari umaze kuva aharashwe ibisasu byahitanye abandi.

Benjamin Mbonimpa, Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23 yunamiye Lt Col Willy Ngoma
Lt Col Willy Ngoma yishwe n’ibitero bya FARDC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

Related Posts

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

by radiotv10
26/02/2026
0

Igitero cy’indege za drone cyahitanye Umuvugizi w’Igisirikare cya AFC/M23, Willy Ngoma, byamenyekanye ko cyishe abantu icyenda, gihusha Umugaba Mukuru w’aba...

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

by radiotv10
26/02/2026
0

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV agiye kugirira uruzinduko mu Bihugu bine byo muri Afurika, ari na...

Tshisekedi mu Bufaransa agenzwa n’ibirimo umukandida wa Congo uzahatana na Louise Mushikiwabo

Tshisekedi mu Bufaransa agenzwa n’ibirimo umukandida wa Congo uzahatana na Louise Mushikiwabo

by radiotv10
26/02/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yongeye kugirira uruzinduko mu Bufaransa, rugamije ingingo zirimo kuba iki Gihugu...

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

by radiotv10
25/02/2026
0

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal, yageze i Burundi aho yagiriye uruzinduko, bivugwa ko rugamije kuganira na Perezida Evariste Ndayishimiye...

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

by radiotv10
25/02/2026
0

Mu butumwa budatomora ku bijyanye n’urupfu rw’Umuvugizi w’igisirikare cya AFC/M23, Lt Col Willy Ngoma, Umuhuzabikorwa Wungirije w’iri Huriro, Bertrand Bisimwa...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma
AMAHANGA

Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma

by radiotv10
26/02/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

26/02/2026
Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

26/02/2026
Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

26/02/2026
Tshisekedi mu Bufaransa agenzwa n’ibirimo umukandida wa Congo uzahatana na Louise Mushikiwabo

Tshisekedi mu Bufaransa agenzwa n’ibirimo umukandida wa Congo uzahatana na Louise Mushikiwabo

26/02/2026
U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

26/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.