• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma

radiotv10by radiotv10
26/02/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma
Share on FacebookShare on Twitter

Benjamin Mbonimpa, Umunyamabanga Uhoraho w’Ihuriro AFC/M23, yatangaje ko intwari zidapfa, ahubwo ko ziguma mu mitima ya benshi, ubutumwa buvuga ku rupfu rw’Umuvugizi w’Igisirikare cy’iri Huriro, Lt Col Willy Ngoma, yasezeranyije kuzahora azirikanwa, nk’intwari idasanzwe.

Ubu butumwa butangajwe na Benjamin Mbonimpa nyuma y’ubwatanzwe na Bertrand Bisimwa, Umuhuzabikorwa Wungirije wa AFC/M23, yari yatanze kuri uyu wa Gatatu, agaragaza ko nyakwigendera Willy Ngoma yameneye amaraso Igihugu cye, kandi ko ari ko urugamba rwo kwibohora rumera.

Mu butumwa bwatanzwe na Mbonimpa mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 26 Gashyantare 2026, na we yagaragaje ko intwari idapfa, ahubwo ko iguma mu mitima y’abo yitangiye.

Yagize ati “Intwari ntizipfa. Ni abo gukundwa. Wari Umusirikare w’Intwari kandi w’umuhate, tuzakomeza kukuzirikana mu mitima yacu. Uturamukirize izindi ntwari na bagenzi bacu tuzahora dukunda.”

Nubwo nta tangazo rinyuze mu nzira zemewe rirashyirwa hanze n’Ihuriro AFC/M23 rivuga iby’urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma, amakuru aturuka mu basirikare bakuru b’iri huriro, bahaye ibitangazamakuru mpuzamahanga nka Reuters, yemeza ko uyu wari Umuvugizi, yiciwe mu bitero bya Drones za FARDC byagabwe hafi y’agace ka Rubaya gakungahaye ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Willy Ngoma yishwe mu rucyerera rwo ku wa Kabiri tariki 24 Gashyantare, aho bivugwa ko abaguye muri kiriya gitero, aria bantu icyenda, mu gihe cyahushije Umugaba Mukuru wa AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, wari umaze kuva aharashwe ibisasu byahitanye abandi.

Benjamin Mbonimpa, Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23 yunamiye Lt Col Willy Ngoma
Lt Col Willy Ngoma yishwe n’ibitero bya FARDC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 9 =

Previous Post

Imirwano ikomeye yasize AFC/M23 yisubije ibice yari yambuwe na FARDC

Next Post

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.