Thursday, February 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imirwano ikomeye yasize AFC/M23 yisubije ibice yari yambuwe na FARDC

radiotv10by radiotv10
26/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Imirwano ikomeye yasize AFC/M23 yisubije ibice yari yambuwe na FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryisubije tumwe mu duce two muri Teritwari ya Masisi, ryari ryambuwe n’uruhande bahanganye.

Kwisubiza utu duce, byemejwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 26 Gashyantare n’abakurikiranira hafi amakuru y’iyi mirwano imaze iminsi yongeye gukara hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye rugizwe na FARDC ifatanyije n’Ingabo z’u Burundi, FDLR, Wazalendo n’abacancuro.

Amakuru avuga ko “Muri Teritwari ya Masisi, Lokarite za Luke, Kasenyi na Katobotobo, ubu ziragenzurwa na AFC/M23.”

Kwisubiza utu duce kwa AFC/M23 bibaye nyuma yuko uruhande bahanganye rukajije ibitero byumwihariko ruri gukoreshamo indege zitagira abapilote, byatumye rufata ibice byari bimaze igihe bibohojwe n’abarwanyi b’iri huriro.

Ni imirwano yumvikanyemo guhindura isura kuva iki cyumweru cyatangira, aho FARDC n’abayifasha bakajije ibitero byagabwe mu bice byose by’urugamba, birimo n’ibyahitanye Umuvugizi w’Igisirikare cya AFC/M23, Lt Col Willy Ngoma.

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa Kane, yongeye kuvuga ko uruhande rwa Leta ya Kinshasa rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano.

Muri iri tangazo, Kanyuka yavuze ko Abanyekongo n’Umuryango Mpuzamahanga ukwiye guhanga amaso, ibiriho bikorwa n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa kuko bigize ibyaha bikomeye no kurenga ku nzira zo gushaka umuti binyuze mu nzira z’amahoro.

Yavuze ko ibi biri gukorwa n’uruhande bahanganye “bihatira AFC/M23 kwirwanaho” nubwo wo wari ukomeje kubahiriza no gushyigikira ibikubiye mu masezerano y’i Doha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Tshisekedi mu Bufaransa agenzwa n’ibirimo umukandida wa Congo uzahatana na Louise Mushikiwabo

Next Post

Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma

Related Posts

Abarimu 1800 bamaze kuva mu kazi mu mezi atandatu gusa mu Burundi

Abarimu 1800 bamaze kuva mu kazi mu mezi atandatu gusa mu Burundi

by radiotv10
26/02/2026
0

Ikibazo cy’abarimu bava mu mwuga wabo mu Gihugu cy’u Burundi gikomeje gufata intera, aho mu mezi atandatu gusa, abarenga 1...

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

by radiotv10
26/02/2026
0

Igitero cy’indege za drone cyahitanye Umuvugizi w’Igisirikare cya AFC/M23, Willy Ngoma, byamenyekanye ko cyishe abantu icyenda, gihusha Umugaba Mukuru w’aba...

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

by radiotv10
26/02/2026
0

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV agiye kugirira uruzinduko mu Bihugu bine byo muri Afurika, ari na...

Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma

Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma

by radiotv10
26/02/2026
0

Benjamin Mbonimpa, Umunyamabanga Uhoraho w’Ihuriro AFC/M23, yatangaje ko intwari zidapfa, ahubwo ko ziguma mu mitima ya benshi, ubutumwa buvuga ku...

Tshisekedi mu Bufaransa agenzwa n’ibirimo umukandida wa Congo uzahatana na Louise Mushikiwabo

Tshisekedi mu Bufaransa agenzwa n’ibirimo umukandida wa Congo uzahatana na Louise Mushikiwabo

by radiotv10
26/02/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yongeye kugirira uruzinduko mu Bufaransa, rugamije ingingo zirimo kuba iki Gihugu...

IZIHERUKA

Abarimu 1800 bamaze kuva mu kazi mu mezi atandatu gusa mu Burundi
AMAHANGA

Abarimu 1800 bamaze kuva mu kazi mu mezi atandatu gusa mu Burundi

by radiotv10
26/02/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

26/02/2026
Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

26/02/2026
Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

26/02/2026
Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma

Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma

26/02/2026
Imirwano ikomeye yasize AFC/M23 yisubije ibice yari yambuwe na FARDC

Imirwano ikomeye yasize AFC/M23 yisubije ibice yari yambuwe na FARDC

26/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma

Ubutumwa bw'undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw'agahinda k'urupfu rwa Willy Ngoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abarimu 1800 bamaze kuva mu kazi mu mezi atandatu gusa mu Burundi

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.