Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryisubije tumwe mu duce two muri Teritwari ya Masisi, ryari ryambuwe n’uruhande bahanganye.
Kwisubiza utu duce, byemejwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 26 Gashyantare n’abakurikiranira hafi amakuru y’iyi mirwano imaze iminsi yongeye gukara hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye rugizwe na FARDC ifatanyije n’Ingabo z’u Burundi, FDLR, Wazalendo n’abacancuro.
Amakuru avuga ko “Muri Teritwari ya Masisi, Lokarite za Luke, Kasenyi na Katobotobo, ubu ziragenzurwa na AFC/M23.”
Kwisubiza utu duce kwa AFC/M23 bibaye nyuma yuko uruhande bahanganye rukajije ibitero byumwihariko ruri gukoreshamo indege zitagira abapilote, byatumye rufata ibice byari bimaze igihe bibohojwe n’abarwanyi b’iri huriro.
Ni imirwano yumvikanyemo guhindura isura kuva iki cyumweru cyatangira, aho FARDC n’abayifasha bakajije ibitero byagabwe mu bice byose by’urugamba, birimo n’ibyahitanye Umuvugizi w’Igisirikare cya AFC/M23, Lt Col Willy Ngoma.
Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa Kane, yongeye kuvuga ko uruhande rwa Leta ya Kinshasa rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano.
Muri iri tangazo, Kanyuka yavuze ko Abanyekongo n’Umuryango Mpuzamahanga ukwiye guhanga amaso, ibiriho bikorwa n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa kuko bigize ibyaha bikomeye no kurenga ku nzira zo gushaka umuti binyuze mu nzira z’amahoro.
Yavuze ko ibi biri gukorwa n’uruhande bahanganye “bihatira AFC/M23 kwirwanaho” nubwo wo wari ukomeje kubahiriza no gushyigikira ibikubiye mu masezerano y’i Doha.
RADIOTV10







