Amakuru aravuga Lt Col Willy Ngoma wari Umuvugizi w’igisirikare cya AFC/M23 uherutse kwicwa arasiwe mu gitero cya Drone za FARDC hafi y’agace ka Rubaya, yamaze gushyingurwa mu mashyamba yo muri Teritwari ya Masisi.
Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Bwiza kiri no mu batangaje bwa mbere amakuru y’urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma, avuga ko umurambo w’uyu musirikare washyinguwe mu mashyamya y’i Masisi.
Iki kinyamakuru nacyo kivuga ko amakuru yatangajwe n’umunyamakuru Pero Luwara, ari uko “bitandukanye n’amakuru yavugaga ko umurambo wa Colonel Willy Ngoma wagombaga kugarurwa i Goma, amakuru aravuga ko yashyinguwe nta cyubahiro na gito ahawe kandi mu ibanga rikomeye, kuri uyu wa Gatatu mu ishyamba riri hafi ya Rubaya.”
Ni mu gihe kugeza ubu nta tangazo rinyuze mu buryo bwemewe ryari ryashyirwa hanze n’Ihuriro AFC/M23 rivuga ku rupfu rwa Lt Col Willy Ngoma.
Uyu munyamakuru Luwara wavuze ko Wily Ngoma yamaze gushyingurwa, yavuze ko “Gushyingura umurambo we mu buryo bwihuse kandi butagira icyubahiro bituma bamwe bakeka ko uwo mutwe washakaga guhita usibanganya ibimenyetso.”
Uretse abayobozi bo mu nzego nkuru za AFC/M23 barimo Umuhuzabikorwa waryo wungirije, Bertrand Bisimwa ndetse n’Umunyamabanga Uhoraho waryo, Benjamin Mbonimpa, batangaje ubutumwa bugaragaza agahinda k’urupfu rw’uyu musirikare, bamushimira ubutwari bwamuranze.
RADIOTV10










