Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad na bagenzi be batatu, bahamijwe ibyaha bifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano yasakajwe, bakatirwa gufungwa imyaka itatu, mu gihe Pazzo Man uri mu batawe muri yombi ku ikubitiro, we yagizwe umwere.
Ni icyemezo cyasomwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Gashyantare 2026, rwahamije kandi ibyaha abandi babiri; Kalisa John uzwi nka K John ndetse na Kwizera Nestor uzwi nka Pappy Nesta.
Kuri Djihad, Urukiko rwavuze ko kuba yari afite urubuga rwa WhatsApp yahuriragamo abantu barenga 900, yanyuzwagamo ayo mashusho, kandi ari we warushinze, yatanze urubuga rwakorewemo ibyaha.
Nanone kandi kuba uyu Djihad kuba yarafashe agace gato (screenshot) y’ariya mashusho akayashyira kuri status ya Whatsapp, bigaragaza umugambi yari afite wo gusakaza ariya mashusho.
Naho kuri Ishimwe Francois Xavier, Urukiko rwavuze ko kuba yari afite ariya mashusho muri telefoni ye, ndetse akajya ayasakaza mu mbuga za WhatsApp, ari icyaha cyo gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, bityo ko kimuhama.
Ni mu gihe Kwizera Nestor na we yatse ariya mashusho, ubundi akayoherereza K John, barakoze icyaha, ndetse uyu Kalisa John na we akaba yarayeretse abandi, na bo bahamywa icyaha, bakatirwa kiriya gifungo cy’imyaka itatu ihazabu ya miliyoni 3 Frw kuri buri wese muri aba bane bahamijwe icyaha.
Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man wanatawe muri yombi ku nshuro ya mbere, yagizwe umwere kuko Ubushinjacyaha butagaragaje uko amashusho ya Yampano yageze muri Telefone y’uyu Patrick.
Urukiko rwavuze kandi ko Ubushinjcyaha butagaragaje umuntu uyu Patrick yaba yaroherereje ariya mashusho, ndetse ko hari umunyamakuru wayamusabye, akamuhakanira ko ntayo afite.
RADIOTV10










