Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Gad Rwizihirwa, yashyize hanze indirimbo nshya yise “Agati (Ubutabazi)”, igamije gukomeza no kwibutsa abizera ko n’iyo banyuze mu bihe by’amage n’ibigeragezo, isezerano ry’Imana ridacogora kandi rirasohora.
Uyu muhanzi usanzwe uzwi mu ndirimbo zirimo Humura na Genda, avuga ko igitekerezo cyo kwandika iyi ndirimbo cyaturutse ku nkuru ziri mu Byanditswe Byera, ahagaragazwa ishyanga ryagiye ricibwa intege n’ibigeragezo bikomeye ariko rikagumana isezerano ryaryo.
Mu bisobanuro atanga, agaruka ku murongo ugira uti: “Nubwo isi itugize nk’agati ko mu nyanja…”, aho asobanura ko agati ko mu nyanja ari ikintu kidafite imbaraga, gihuhwa n’umuyaga n’umuraba kandi kitari aho kigomba kuba. Kuri we, ni ishusho y’umuntu cyangwa abantu bashobora kwisanga mu buzima bugoye, basa n’abatawe cyangwa birengagijwe.
Ati “Agati ni ishusho y’intege nke z’umuntu, ariko ‘Ubutabazi’ ni igisubizo cy’Imana. N’iyo umuntu yaba ameze nk’agati katagira aho gafata, hari igihe Imana imwibuka.”
Iyi ndirimbo ifite inkomoko mu nkuru ya Bibiliya y’urugendo rwo kuva mu bucakara, ariko igahuzwa n’ubuzima bwa buri munsi bw’abantu banyura mu ntambara z’urudaca. Mu ndirimbo agira ati: “Kubw’intambara z’urudaca, Shyanga ry’Imana, mwibuke isezerano”, asobanura ko ari uguhamagarira abantu gukomera ku isezerano no kudacika intege.
Gad Rwizihirwa avuga ko ubutumwa nyamukuru yashakaga gutanga ari ukwibutsa abantu ko no mu bihe bikomeye,aho imihana iba amatongo, abanzi baforera abantu imyambi, isi ikabafata nk’agati ko mu nyanja,haracyari ijambo riza mu gicuku rikavuga riti: “Mugende kandi mwese.”
Agaragaza ko igice cya gatatu cy’iyi ndirimbo ari cyo kimukora cyane ku mutima, aho aririmba ati: “Mu gicuku cya nyuma twumvise ijambo, ati ‘Mugende kandi mwese.’” Asobanura ko igicuku ari ishusho y’igihe cy’umwijima n’akaga, ariko kikaba ari na cyo gihe Imana ivugiramo, ikazana ubutabazi mu buryo butunguranye.
Uyu muhanzi avuga ko iyi ndirimbo yayihariye by’umwihariko abantu bumva isi yabagize nk’agati ko mu nyanja, abari mu bibazo n’akarengane, abibagiwe isezerano bahawe ndetse n’ababoshwe n’ibigeragezo bananiwe kwikuramo.
Gad Rwizihirwa ashimangira ko iyi ndirimbo ishobora kugarura icyizere no gusana umutima wacitse intege, aho avuga ko iyo umuntu yumvise amagambo agira ati: “Nubwo isi itugize nk’agati ko mu nyanja… Njyewe naraye ndose ubutabazi,” ashobora kongera kumva ko n’ibihe byaba bigoye gute, igisubizo cy’Imana kiba kiri hafi.
“Agati (Ubutabazi)” ni indirimbo igamije gukomeza no guhumuriza, ishimangira ko isezerano ry’Imana ritigera rizima kabone n’iyo umuntu yaba ari mu mwijima w’ibihe bikomeye.


RADIOTV10











