Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)

radiotv10by radiotv10
01/03/2026
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Gad Rwizihirwa, yashyize hanze indirimbo nshya yise “Agati (Ubutabazi)”, igamije gukomeza no kwibutsa abizera ko n’iyo banyuze mu bihe by’amage n’ibigeragezo, isezerano ry’Imana ridacogora kandi rirasohora.

Uyu muhanzi usanzwe uzwi mu ndirimbo zirimo Humura na Genda, avuga ko igitekerezo cyo kwandika iyi ndirimbo cyaturutse ku nkuru ziri mu Byanditswe Byera, ahagaragazwa ishyanga ryagiye ricibwa intege n’ibigeragezo bikomeye ariko rikagumana isezerano ryaryo.

Mu bisobanuro atanga, agaruka ku murongo ugira uti: “Nubwo isi itugize nk’agati ko mu nyanja…”, aho asobanura ko agati ko mu nyanja ari ikintu kidafite imbaraga, gihuhwa n’umuyaga n’umuraba kandi kitari aho kigomba kuba. Kuri we, ni ishusho y’umuntu cyangwa abantu bashobora kwisanga mu buzima bugoye, basa n’abatawe cyangwa birengagijwe.

Ati “Agati ni ishusho y’intege nke z’umuntu, ariko ‘Ubutabazi’ ni igisubizo cy’Imana. N’iyo umuntu yaba ameze nk’agati katagira aho gafata, hari igihe Imana imwibuka.”

Iyi ndirimbo ifite inkomoko mu nkuru ya Bibiliya y’urugendo rwo kuva mu bucakara, ariko igahuzwa n’ubuzima bwa buri munsi bw’abantu banyura mu ntambara z’urudaca. Mu ndirimbo agira ati: “Kubw’intambara z’urudaca, Shyanga ry’Imana, mwibuke isezerano”, asobanura ko ari uguhamagarira abantu gukomera ku isezerano no kudacika intege.

Gad Rwizihirwa avuga ko ubutumwa nyamukuru yashakaga gutanga ari ukwibutsa abantu ko no mu bihe bikomeye,aho imihana iba amatongo, abanzi baforera abantu imyambi, isi ikabafata nk’agati ko mu nyanja,haracyari ijambo riza mu gicuku rikavuga riti: “Mugende kandi mwese.”

Agaragaza ko igice cya gatatu cy’iyi ndirimbo ari cyo kimukora cyane ku mutima, aho aririmba ati: “Mu gicuku cya nyuma twumvise ijambo, ati ‘Mugende kandi mwese.’” Asobanura ko igicuku ari ishusho y’igihe cy’umwijima n’akaga, ariko kikaba ari na cyo gihe Imana ivugiramo, ikazana ubutabazi mu buryo butunguranye.

Uyu muhanzi avuga ko iyi ndirimbo yayihariye by’umwihariko abantu bumva isi yabagize nk’agati ko mu nyanja, abari mu bibazo n’akarengane, abibagiwe isezerano bahawe ndetse n’ababoshwe n’ibigeragezo bananiwe kwikuramo.

Gad Rwizihirwa ashimangira ko iyi ndirimbo ishobora kugarura icyizere no gusana umutima wacitse intege, aho avuga ko iyo umuntu yumvise amagambo agira ati: “Nubwo isi itugize nk’agati ko mu nyanja… Njyewe naraye ndose ubutabazi,” ashobora kongera kumva ko n’ibihe byaba bigoye gute, igisubizo cy’Imana kiba kiri hafi.

“Agati (Ubutabazi)” ni indirimbo igamije gukomeza no guhumuriza, ishimangira ko isezerano ry’Imana ritigera rizima kabone n’iyo umuntu yaba ari mu mwijima w’ibihe bikomeye.

Gad Rwizihirwa yashyize hanze indirimbo y’Imana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − four =

Previous Post

BREAKING: AFC/M23 yashyize hanze itangazo rya mbere ryemeza urupfu rwa Col Willy Ngoma

Next Post

AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika

AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k'iya 2026 ahesha ishema Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.