Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika

radiotv10by radiotv10
01/03/2026
in SIPORO
0
AMAKURU MASHYA: Umunya-Eritrea Henok ufite ibigwi mur TduRwanda yegukanye agace ka nyuma k’iya 2026 ahesha ishema Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Eritrea Henok Mulubrhan watwaye Tour du Rwanda ya 2023, wari umaze iminsi ahatana ngo yegukane etape mu ya 2026 ikamuca mu myanya y’intoki, atwaye agace ka nyuma kayo aba n’Umunyafurika umwe rukumbi wegukanyemo agace, mu gihe iri siganwa ryegukanywe n’Umudage.

Ni agace ka nyuma kakinwe kuri iki Cyumweru tariki 01 Werurwe 2026, ahakinwe ibizwi nka Circuit ku ntera y’ibilometero 83,8, abakinnyi bazenguruka mu bice binyuranye byo mu Mujyi wa Kigali.

Nyuma yo gutwara aka gace ka nyuma ahatanye mu buryo bukomeye, Henok Mulubrhan yavuze ko yabishatse inshuro nyinshi bikagenda byanga, kuko Tour du Rwanda y’uyu mwaka yari ikomeye cyane.

Yagize ati “Ndabizi Abanyarwanda bari banshyigikiye, bashakaga ko ntwara agace, nubwo bitankundiye, ariko uyu munsi ndabikoze, kandi mbishimira abakinnyi dukinana mu ikipe n’abatoza.”

Uyu Munya-Eritrea avuga ko nubwo atwaye agace ka nyuma atari umusaruro ushimishije ku Banyafurika kuko bifuzaga ko iri siganwa risigara kuri uyu Mugabane, ariko ko bitabahiriye kubera uburyo iri rushanwa ryarimo abakinnyi bakomeye.

Umunyarwanda waje hafi muri aka gace ka nyuma, ni Muhoza Eric ukinira ikipe ya Team Amani waje ku mwanya wa karindwi (7) asigwa amasegonda 04” n’uwegukanye aka gace.

Umudage Moritz Kretschy ukinira ikipe ya NSN Development Team umaze iminsi itatu yambaye Umwambaro w’Umuhongo (maillot jaune) w’umukinnyi uyoboye abandi, ni na we wegukanye Tour du Rwanda ya 2026.

Uyu Mudage utarigeze yegukana agace na kamwe, ni we wakoresheje ibihe bito kuko yakoresheje amasaha 23:08′:48′, ugereranyije n’iby’abandi, aho yafashijwe cyane na bagenzi be bo muri iyi kipe ya NSN.

Ni mu gihe Umunyarwanda waje hafi ku rutonde rusange, ari Niyonkuru Samuel wasizwe iminota 04’:38’’ n’uyu wegukanye isiganwa ryose, undi Munyarwanda waje hafi ni Mugisha Moise waje ku mwanya wa 22, aho we yasizwe iminota 08′:08”.

Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva ni we watangije aka gace ka nyuma

Nyabugogo byari bishyushye abantu ari uruvanganzoka

Ubwo abakinnyi barebaga imbere yabo umurongo basorezaho irushanwa
Henok yegukanye aka gace abikoreye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)

Next Post

Why Iran Often Stands Alone and Why Many Arab States Align with the U.S. and Israel

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Why Iran Often Stands Alone and Why Many Arab States Align with the U.S. and Israel

Why Iran Often Stands Alone and Why Many Arab States Align with the U.S. and Israel

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.