Umunya-Eritrea Henok Mulubrhan watwaye Tour du Rwanda ya 2023, wari umaze iminsi ahatana ngo yegukane etape mu ya 2026 ikamuca mu myanya y’intoki, atwaye agace ka nyuma kayo aba n’Umunyafurika umwe rukumbi wegukanyemo agace, mu gihe iri siganwa ryegukanywe n’Umudage.
Ni agace ka nyuma kakinwe kuri iki Cyumweru tariki 01 Werurwe 2026, ahakinwe ibizwi nka Circuit ku ntera y’ibilometero 83,8, abakinnyi bazenguruka mu bice binyuranye byo mu Mujyi wa Kigali.
Nyuma yo gutwara aka gace ka nyuma ahatanye mu buryo bukomeye, Henok Mulubrhan yavuze ko yabishatse inshuro nyinshi bikagenda byanga, kuko Tour du Rwanda y’uyu mwaka yari ikomeye cyane.
Yagize ati “Ndabizi Abanyarwanda bari banshyigikiye, bashakaga ko ntwara agace, nubwo bitankundiye, ariko uyu munsi ndabikoze, kandi mbishimira abakinnyi dukinana mu ikipe n’abatoza.”
Uyu Munya-Eritrea avuga ko nubwo atwaye agace ka nyuma atari umusaruro ushimishije ku Banyafurika kuko bifuzaga ko iri siganwa risigara kuri uyu Mugabane, ariko ko bitabahiriye kubera uburyo iri rushanwa ryarimo abakinnyi bakomeye.
Umunyarwanda waje hafi muri aka gace ka nyuma, ni Muhoza Eric ukinira ikipe ya Team Amani waje ku mwanya wa karindwi (7) asigwa amasegonda 04” n’uwegukanye aka gace.
Umudage Moritz Kretschy ukinira ikipe ya NSN Development Team umaze iminsi itatu yambaye Umwambaro w’Umuhongo (maillot jaune) w’umukinnyi uyoboye abandi, ni na we wegukanye Tour du Rwanda ya 2026.
Uyu Mudage utarigeze yegukana agace na kamwe, ni we wakoresheje ibihe bito kuko yakoresheje amasaha 23:08′:48′, ugereranyije n’iby’abandi, aho yafashijwe cyane na bagenzi be bo muri iyi kipe ya NSN.
Ni mu gihe Umunyarwanda waje hafi ku rutonde rusange, ari Niyonkuru Samuel wasizwe iminota 04’:38’’ n’uyu wegukanye isiganwa ryose, undi Munyarwanda waje hafi ni Mugisha Moise waje ku mwanya wa 22, aho we yasizwe iminota 08′:08”.






RADIOTV10










