Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Intambara ya Israel na Iran yafashe indi ntera mu buryo bwagutse

radiotv10by radiotv10
02/03/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Intambara ya Israel na Iran yafashe indi ntera mu buryo bwagutse
Share on FacebookShare on Twitter

Israel yagabye ibindi bitero by’indege kuri Iran, ndetse itangira no kugaba ibitero ku barwanyi ba Hezbollah bashyigikiwe na Iran muri Libani ku wa Mbere, mu gihe Tehran na yo yatangaje ko yagabye ibitero bya misile, ivuga ko byafunguye amarembo y’intambara yeruye kuri Israel.

Israel yatangaje ko iri kugaba ibitero ku hantu hafitanye isano n’abarwanyi ba Hezbollah bo muri Libani, umwe mu bafatanyabikorwa bakomeye ba Tehran mu Burasirazuba bwo Hagati, nyuma y’uko Hezbollah ivuze ko yagabye ibitero bya misile na drones byerekeza kuri Israel, mu rwego rwo kwihorera ku iyicwa ry’Umuyobozi Mukuru w’Idini muri Iran, Ali Khamenei.

Ikigo cy’itangazamakuru cya Leta ya Libani, NNA, cyatangaje ko imibare ya mbere igaragaza ko abantu 31 bishwe, mu gihe abasaga 149 bakomeretse muri ibyo bitero. Israel yavuze ko byibasiye ibice by’amajyepfo ya Beirut bigenzurwa na Hezbollah, ndetse yongeraho ko yanagabye ibitero ku barwanyi bakuru b’uwo mutwe.

Israel kandi yanagabye ibindi bitero kuri Iran. Humvikanye ibiturika mu bice bitandukanye bya Tehran, aho ibitero byagabwe ku mujyi wa Sanandaj, mu ntara y’Uburengerazuba bwa Kurdistan muri Iran, byahitanye nibura abantu batatu, nk’uko byatangajwe n’ibitangazamakuru bya Leta.

Hagati aho, nyuma y’aho saa moya za mu gitondo (05:00 GMT) kuri uyu wa Mbere, mu mijyi ya Israel ya Tel Aviv na Jerusalem, hatanzwe impuruza ziburira abaturage ko hari igitero gishya cya Iran gishobora kwibasira ibice bitandukanye by’iyo mijyi.

Umutwe udasanzwe w’ingabo za Iran (Islamic Revolutionary Guards Corps) wahise usohora itangazo rivuga ko misile zarashwe zibasiye inyubako za guverinoma ya Israel i Tel Aviv, ndetse n’ibigo bya gisirikare n’iby’umutekano biri i Haifa no mu bice by’uburasirazuba bwa Jerusalem. Rivuga ko ibyo bitero bizakomeza kwaguka kandi ko impuruza ziburira ibitero bya misile muri Israel “zitazigera zihagarara.”

Ni mu gihe kuri iki Cyumweru tariki ya 1 Werurwe 2026, Perezida Donald Trump yavuze ko ibitero bya gisirikare bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibya Israel kuri Iran bishobora gukomeza nibura mu byumweru bine biri imbere.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Icyo urupfu rwa Col Willy Ngoma rushobora gusigira AFC/M23 mu rugamba irimo-Abasesenguzi

Next Post

Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa

Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.