Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije agace ka Buhimba muri Teritwari ya Walikare muri Kivu ya Ruguru, nyuma y’imirwano ikomeye yabahuje n’uruhande bahanganye.
Aka gace ka Buhimba kari muri Gurupoma ya Waloa Yungu, kisubijwe na AFC/M23, nyuma yuko abarwanyi bayo bagabye igitero baturutse mu gace ka Kilongo muri Segiteri ya Osso Banyungu muri Teritwari ya Masisi.
Nyuma y’amasaha menshi y’imirwano ikomeye, FARDC yakuyemo akayo karenge isubira inyuma yerekeza i Ngenge, agace kari mu burengerazuba bwa Buhimba.
Iyi mirwano yasize bamwe mu baturage bavuye mu byabo, bahungira mu gace ka Waloa Yungu mu gihe hari n’abandi bahungiye mu mashyamba, abandi berekeza i Kimua.
Nanone kandi ibikorwa byo gutanga ubutabazi ku babukeneye, byazahaye kubera ibibazo by’umutekano bivugwa muri aka gace no mu nkengero zako.
AFC/M23 yisubije aka gace mu gihe imirwano hagati y’abarwanyi bayo n’uruhande bahanganye ikomeje gukaza umurego, mu bice byinshi byiganjemo ibyo ku mupaka uhuza Teritwari ya Walikale na Masisi.
Iyi mirwano yahinduye isura nyuma yuko uruhande rwa Leta ya Kinshasa rukomeje kurenga ku gahenge rukagaba ibitero mu bice bituwemo n’abaturage, ndetse no ku birindiro bya AFC/M23, birimo n’ibitero biherutse guhitana Col Willy Ngoma wari Umuvugizi w’Igisirikare cy’iri Huriro.
Abasesenguzi mu bya politiki bavuga ko uku kurenga ku gahenge kwakozwe n’uruhande rwa Leta ya Kinshasa, guha imbaraga AFC/M23 ku buryo na yo ishobora guhaguruka igakomeza irwana igana imbere ikaba yanigarurira ibindi bice.
RADIOTV10








